Amakipe atatu muri ane agomba gukina imikino ya nyuma ya kamarampaka mu bagabo no mu bagore yamenyekanye, hasigara ikipe imwe mu bagore igomba kuva hagati ya Police WVC na Kepler WVC.
APR WVC niyo yabonye itike y’umukino wa nyuma mbere y’izindi nyuma yo gutsinda RRA WVC umukino wa gatatu wikurikiranya ku maseti atatu ku busa.
Mu mikino ya kimwe cya kabiri y’umunsi wa gatatu yabereye muri Petit Stade kuri uyu wa gatandatu taliki ya 21 Werurwe 2026, amakipe yari akomeje gutanguranwa kugera kuri finale mu mikino itanu ( best of five).
Mu bagabo, amakipe abiri azakina umukino wa nyuma yamenyekanye. REG VC yageze kuri finale itsinze Kepler VC amaseti 3-1 yuzuza umukino wa gatatu itsinda, mu gihe Kepler VC itatsinze umukino n’umwe.
REG VC izakina kuri Finale na Police VC nayo yatsinze Gisagara VC umukino wa gatatu, bisabye amaseti atanu.
Umukino wa Police WVC na Kepler WVC mu bagore niwo ukomeje kuba ingorabahizi kuko nta kipe irabona itike.
Mu mukino wa gatatu, Police WVC yigaranzuye Kepler WVC iyitsinda amaseti atatu ku busa, igira umukino wa kabiri itsinze kuri umwe wa Kepler WVC.
Ku wa gatatu w’icyumweru gitaha, aya makipe azakina umukino wa kane, mu gihe Police WVC yazawutsinda yazahita igera kuri finale, Kepler WVC yazatsinda hazitabazwa umukino wa gatanu kuko amakipe yombi azaba amaze gutsinda imikino 2.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10











