Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Volleyball: Ikipe ya Polisi y’u Rwanda nyuma gutera mpaga y’Abajepe muri Congo yanyagiye indi

radiotv10by radiotv10
17/04/2024
in SIPORO
0
Volleyball: Ikipe ya Polisi y’u Rwanda nyuma gutera mpaga y’Abajepe muri Congo yanyagiye indi
Share on FacebookShare on Twitter

Police VC iri mu makipe ahagarariye u Rwanda mu irushanwa Nyafurika rya ‘African volleyball Clubs Championship’, yanyagiye amaseti 3-0 ikipe ya UZ Wolves VC yo muri Zimbabwe, biyihesha instinzi ya kabiri nyuma yo gutera mpaga Volleyball Club Garde Republicaine yo muri DRC.

Ikipe ya Police VC, muri iri rushanwa rya’African volleyball Clubs Championship’, ku wa Mbere yagombaga guhura na Volleyball Club Garde Republicaine isanzwe ari iy’umutwe w’Igisirikare urinda abayobozi bakuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko ntiyitabira uyu mukino.

Nyuma y’uko iyi kipe ihagarariye u Rwanda, ibonye intsinzi iteye mpaga iyi yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mukino wagombaga kuba ku wa Mbere tariki 15 Mata 2024, kuri uyu wa Kabiri yatsinze amaseti 3-0 ikipe ya Wolves VC ya Kaminuza ya Zimbabwe.

Ikipe ya Police VC yinjiye neza mu mukino nubwo iseti ya mbere yabashije kuyitsinda bigoranye kuko yarangiye ku manota 26 kuri 24 ya UZ Wolves VC.

Amaseti abiri yakurikiyeho Police VC yagaragaje ko irusha ikipe bahanganye kuko iseti ya kabiri yarangiye itsinze UZ Wolves VC ku manota 25-22, iza kwegukana n’iya gatatu ku manota 25-14, bituma yegukana intsinzi ku maseti 3-0.

Umutoza w’ikipe ya Police VC, Musoni Fred, yavuze ko icyamufashije kwegukana intsinzi ku mukino w’uyu munsi, ari uko yagerageje gukora impinduka mu bakinnyi yari yakinishije mu mukino wa mbere batsinzwemo na Kenya Ports Authority.

Yagize ati “Uyu mukino ntiwari woroshye nubwo tubashije kwegukana intsinzi. Twagerageje gukoresha amayeri yose kugira ngo dutsinde umukino arimo kongera imbaraga mu ikipe no gukosora amakosa yatumye dutsindwa umukino wa mbere kandi hari icyizere cy’uko tuzakomeza kwitwara neza no mu mikino yose isigaye.”

Muri iri rushanwa riri kuba ku nshuro ya 45, rihuza amakipe yitwaye neza mu Bihugu bya Afurika, ryitabiriwe n’agera kuri 21 agabanyije mu matsinda 7, u Rwanda rukaba ruhagarariwe n’amakipe abiri ari yo; Police VC na Gisagara VC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 4 =

Previous Post

Ubu mba mfunze- King James bwa mbere asobanuye iby’ubuhemu ashinjwa n’icyamufashije ubwo yitabaga RIB

Next Post

Imvura idasanzwe yaguye mu Bihugu by’Abarabu yahungabanyije byinshi

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imvura idasanzwe yaguye mu Bihugu by’Abarabu yahungabanyije byinshi

Imvura idasanzwe yaguye mu Bihugu by’Abarabu yahungabanyije byinshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.