• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

radiotv10by radiotv10
15/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda, ari ukwiganirira, kuko na we azi neza ko ari nko kwirahuriraho umuriro. Ati “wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?”

Hon. Evode Uwizeyimana yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Televiziyo Rwanda, cyagarukaga ku bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, aho u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha bumaze igihe buha Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iki Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda kandi, girutse gushinja Ingabo z’u Rwanda ngo kurasa ku butaka bwacyo, ibirego byamaganiwe kure n’u Rwanda.

Mu bihe binyuranye kandi, Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yavuze ko yifuza gutera u Rwanda, aho hari n’ubwo yabivugiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu kiganiro yagiranye na BBC muri Werurwe uyu mwaka, Perezida Ndayishimiye yagize ati “Turabizi ko u Rwanda ruri kugerageza kudutera ruciye ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rubicishije mu mutwe wa RED-Tabara. Ariko twebwe tubabwira ko niba bashaka gutera Bujumbura baciye muri Congo, natwe Kigali si kure duciye mu Kirundo.”

Hon. Evode Uwizeyimana, muri iki kiganiro yagiranye na RBA, yavuze ko ibi byagiye bitangazwa na Ndayishimiye, byabaga ari ukwiganirira, kuko abizi ko bitashoboka.

Ati “Ngira ngo ni ukwiganirira […] wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco? [yabazaga umunyamakuru]. Nigeze kubwira abantu ko wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe. Icyo ni ikinyarwanda, ikindi kinyarwanda kiravuga ngo ‘Impfizi y’intamenya irigata ubugi bw’intorezo’ icyo na cyo ni Ikinyarwanda. Ubwo ufite icyo agomba gukura mu byo mvuze ubwo yagitwaye.”

Hon. Evode Uwizeyimana avuga ko ibirego byongeye kuzamurwa n’u Burundi, ari ukwikura mu isoni z’ikimwaro cyo kuba abasirikare babwo bakubiswe inshuro na AFC/M23 mu bufatanye bwa kiriya Gihugu n’ingabo za DRC.

Avuga kandi ko u Burundi bwahombye byinshi kuba Uvira iherutse gufatwa n’Ihuriro AFC/M23, uretse kuba ingabo zabwo zarahatsindiwe, ariko no kuba uyu Mujyi ubu ugenzurwa n’uwo bwita umwanzi, bibushyira mu kangaratete.

Atanga urugero rwo kuba uyu Mujyi wari ufatiye runini u Burundi, kuko ari inzira bwakoreshaga, yaba mu bufasha buha FARDC, ndetse no mu buhahirane.

Ati “Ikigaragara ni uko, ubuhahirane, imibereho y’abaturage batuye Bujumbura uko bahahirana n’aba Uvira, njye ntekereza yuko uriya mujyi uvuze ikintu kinini ku Burundi.”

Nanone kandi hari ingabo zasigaye mu misozi miremire yo muri Kivu y’Epfo, ubu zigoswe na AFC/M23 ku buryo kubona inzira izicyura bigoye, kuko byasaba kugirana ibiganiro n’iri Huriro.

Ati “Navuga nti ‘uyu munsi, u Burundi bufite umuturanyi [iwabo bayita umubanyi] mushya kandi badakunda’ ni umubanyi wahageze ku gatuza batabishaka kuko baramurwanyije birabananira, arabatsinda arabirukana.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Next Post

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.