Wednesday, April 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Yambaye Ibendera ry’u Rwanda Miss Ingabire Grace yagiye guhatanira ikamba muri Miss World

radiotv10by radiotv10
20/11/2021
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Yambaye Ibendera ry’u Rwanda Miss Ingabire Grace yagiye guhatanira ikamba muri Miss World
Share on FacebookShare on Twitter

Miss Ingabire Grace ufite ikamba rya Miss Rwanda 2021, yerecyeje i Puerto Rico guhatana mu irushanwa rya Miss World.

Miss Ingabire wabanje guhura n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ushinzwe Umuco, Hon Bamporiki Edouard akanamushyikiriza ibendera ry’u Rwanda, yafashe rutemikirere kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Ugushyingo 2021.

Ku kibuga cy’indege, Miss Ingabire Grace yagaragaye yambaye ibendera ry’u Rwanda aho yanasabwe kugenda yumva ko ahagarariye Abanyarwanda bose

Yaherekejwe na bagenzi be begukanye amakamba muri Miss Rwanda, barimo Nimwiza Meghan na Miss Iradukunda Liliane.

Ubwo Hon Bamporiki yashyikirizaga ibendera Miss Igabire Grace kuri uyu wa Kane tariki 18 Ugushyingo 2021, yamwibiye ibanga rizatuma atahukana ikamba rya Miss World.

Yagize ati “Akwiye kuzababwira ko kumuha ikamba ari bo byungura kurusha we, kuko u Rwanda rwari igihugu umuntu wese adashaka kumenya, rwari Igihugu kidatabara, ariko uyu munsi ni Igihugu buri wese yishimiye ndetse gitabara, ibi bikaba umusaruro w’imiyoborere myiza.”

Miss Ingabire Grace na we wavuze ko azazirikana ishema ry’u Rwanda ubwo azaba ari guhatana muri ririya rushanwa, yavuze ko agiye azirikana ko Igihugu ahagarariye gifite ibigwi bityo ko yizeye kutazagitetereza.

Miss Ingabire Grace yavuze ko nubwo atakwegukana ikamba muri ririya rushanwa ariko azagira umwanya mwiza ngo uretse ko no kuryegukana bishoboka.

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Nyabihu: Abagabo 2 bakurikiranyweho kwiba ibyapa byo ku muhanda bakajya kubigurisha mu Nyuma

Next Post

Nyarugenge: Umugabo ushinja nyiri inzu akodesha kumusambanyiriza umugore yamukubise anavuga ko atazishyura ubukode

Related Posts

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

Impanuro ‘Rutangarwamaboko’ yageneye Umuyobozi wafashe icyemezo cyo kurandura ibishyimbo by’umuturage

Impanuro ‘Rutangarwamaboko’ yageneye Umuyobozi wafashe icyemezo cyo kurandura ibishyimbo by’umuturage

by radiotv10
31/03/2026
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yavuze ko umuyobozi waranduye ibishyimbo by’umuturage, yakoze ibitari iby’i Rwanda, ariko ko mbere yo kubikora...

Touadéra wa Centrafrique nyuma y’irahira yakiriye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda wahagarariye Perezida Kagame

Touadéra wa Centrafrique nyuma y’irahira yakiriye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda wahagarariye Perezida Kagame

by radiotv10
31/03/2026
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida Faustin-Archange Touadéra wongeye gutorerwa...

Why Self-Evaluation Matters: Unlock Your Growth and Transform Your Life

Why Self-Evaluation Matters: Unlock Your Growth and Transform Your Life

by radiotv10
31/03/2026
0

There comes a point where you realize that life moves fast, and if you don’t pause once in a while,...

Mobile Money Rwanda Ltd Unveils ‘MoFlex’: A Revolutionary microloan solution

Mobile Money Rwanda Ltd Unveils ‘MoFlex’: A Revolutionary microloan solution

by radiotv10
30/03/2026
0

Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda), in partnership with Ecobank Rwanda Plc and YABX Technologies (Netherlands) B.V , is pleased...

IZIHERUKA

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza
IBYAMAMARE

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

AFC/M23 yatangaje uko byifashe mu mirwano iyihanganishije n’abarimo FARDC na FDLR

31/03/2026
Harumvikana gushidikanya ku gihe intambara ya Iran izarangirira

Harumvikana gushidikanya ku gihe intambara ya Iran izarangirira

31/03/2026
Gen.Muhoozi yatanze itegeko ryo kurekura umwe mu Bajenerali babiri baherutse gutabwa muri yombi

Gen.Muhoozi yatanze itegeko ryo kurekura umwe mu Bajenerali babiri baherutse gutabwa muri yombi

31/03/2026
Impanuro ‘Rutangarwamaboko’ yageneye Umuyobozi wafashe icyemezo cyo kurandura ibishyimbo by’umuturage

Impanuro ‘Rutangarwamaboko’ yageneye Umuyobozi wafashe icyemezo cyo kurandura ibishyimbo by’umuturage

31/03/2026
BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

31/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyarugenge: Umugabo ushinja nyiri inzu akodesha kumusambanyiriza umugore yamukubise anavuga ko atazishyura ubukode

Nyarugenge: Umugabo ushinja nyiri inzu akodesha kumusambanyiriza umugore yamukubise anavuga ko atazishyura ubukode

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

AFC/M23 yatangaje uko byifashe mu mirwano iyihanganishije n’abarimo FARDC na FDLR

Harumvikana gushidikanya ku gihe intambara ya Iran izarangirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.