• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Bamporiki yibiye ibanga Miss Ingabire Grace rizatuma acyura ikamba rya Miss World

radiotv10by radiotv10
18/11/2021
in IMYIDAGADURO
0
Bamporiki yibiye ibanga Miss Ingabire Grace rizatuma acyura ikamba rya Miss World

Yamwakiriye mu biro bye bagirana amugira inama

Share on FacebookShare on Twitter

Hon Bamporiki Edouard uyu munsi wakiriye Miss Ingabire Grace ugiye kwitabira irushanwa rya Miss World akanamuha n’ibendera ry’u Rwanda, yamusabye kuzagenda yumva ko yambaye umwambaro w’u Rwanda rwose ndetse amusaba kuzabwira abategura ririya rushwana ry’umukobwa uhiga abandi mu bwiza ku Isi ko kuba bamuha ikamba ari bo bizaba bifitiye akamaro.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Umuco n’Urubyiruko ushinzwe Umuco, Bamporiki Edouard, yavuze ko mu kiganiro yagiranye na Miss Ingabire Grace, yamwibukije kuzagendana indangagaciro nyarwanda.

Bamporiki kandi yamusabye kugera ahagaze mu mwambari wa Gihanga wahanuye bene Kanyarwanda ko “ugiye mu mahanga aho ageze ahagira u Rwanda kandi akarutarama, hanyuma rukagira imbuto n’amaboko ruvanye aho.”

Uyu munyarwandakazi ufite ikamba ry’umukobwa uhiga abandi mu bwiza, mu muco no mu bwenge, agiye guhatana muri Miss World mu gihe u Rwanda ubu ari Igihugu gihanzwe amaso na benshi kubera ubwiza bwacyo n’iterambere gikomeje kugeraho.

Bamporiki kandi yibiye ibanga Miss Igabire Grace ry’uburyo agomba kuzitwara muri ririya rushanwa kandi akegukana ikamba.

Ati “Namubwiye ko akwiye kuzababwira ko kumuha ikamba ari bo byungura kurusha we, kuko u Rwanda rwari igihugu umuntu wese adashaka kumenya, rwari Igihugu kidatabara, ariko uyu munsi ni Igihugu buri wese yishimiye ndetse gitabara, ibi bikaba umusaruro w’imiyoborere myiza.”

Miss Ingabire Grace ugomba guhaguruka mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Ugushyingo 2021, yizeje Abanyarwanda kuzabaserukira neza ku buryo yumva yizeye kuzabazanira ikamba.

Yamwakiriye mu biro bye bagirana amugira inama
Yamwibiye ibanga ry’uburyo agomba kuzitwara akegukana ikamba
Yamushyikirije ibendera ry’u Rwanda
Ingabire Grace na we avuga ko agiye abizi ko ahagarariye u Rwanda rwose

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 16 =

Previous Post

Abana bafite ubumuga bwo kutabona bari gufashwa kugendana n’abandi mu muco wo gusoma

Next Post

Muhanga: Abacururiza mu isoko rishya ngo buri kwezi bakwa 30.000Frw adafitiwe ibisobanuro

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Muhanga: Abacururiza mu isoko rishya ngo buri kwezi bakwa 30.000Frw adafitiwe ibisobanuro

Muhanga: Abacururiza mu isoko rishya ngo buri kwezi bakwa 30.000Frw adafitiwe ibisobanuro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.