Thursday, July 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Akari ku mutima wa Fireman nyuma yo guhanagurwaho icyaha cyari cyatumye akatirwa imyaka 3

radiotv10by radiotv10
19/11/2021
in IMYIDAGADURO
0
Akari ku mutima wa Fireman nyuma yo guhanagurwaho icyaha cyari cyatumye akatirwa imyaka 3
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’Umuraperi Francis Uwimana uzwi nka Fireman wagizwe umwere ku cyaha cyo gukubita no gukomeretsa cyari cyatumye akatirwa igifungo cy’imyaka itatu, yavuze ko yishimiye guhanagurwaho kiriya cyaha.

Muri Gashyantare uyu mwaka wa 2021, Urukiko rwa Gisirikare rwari rwahamije Fireman icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake rumukarita gufungwa imyaka itatu ariko ahita ajurira kiriya Cyemezo mu Rukiko Rukuru.

Ubushinjacyaha na bwo bwari bwahise bujurira buvuga ko abaregwa barimo Fireman bakatiwe igihano gito ugereranyije n’icyaha bakoze.

Urukiko Rukuru rwasomye umwanzuro warwo kuri uyu wa Kane tariki 18 Ugushyingo 2021, rwahanaguyeho icyaha abarimo uyu muraperi.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, Fireman yavuze ko yishimiye kiriya Cyemezo cy’Urukiko Rukuru, ati “Ni ibyishimo kandi n’iby’agaciro kuba nahawe ubutabera. Ndashima Abanyarwanda bose.”

Uyu muraperi yavuze ko ubu ashyize imbere ibikorwa bya muzika ku buryo ubu agiye kubikora atikandagira yumva ko hari icyaha akurikiranywehp

Fireman wigeze kujyanwa mu kigo ngororamuco cya Iwawa, ni na ho yakekwagaho gukorera kiriya cyaha yahanaguweho aho Ubushinjacyaha bwavugaga ko we n’abandi bantu barimo abasirikare bakubise umwe mu bagororerwaga hariya bikamuviramo ubumuga buhoraho.

Fireman yari aherutse gushyira hanze indirimbo yise Ubuhamya yakoranye na P Fla babanye muri Tuff Gang.

Iyi ndirimbo yumvikanamo amagambo y’amaganya menshi akomoza kuri ruriya rubanza yari amazemo iminsi, hari aho aririmba agira ati “Uzambere umuhamya nibiba ngombwa, kuko mbona nshobora kurushwa ibimenyetso kandi mbona aribyo bita ubutabera…”

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Hari abagiterwa ipfunwe no kugura udukingirizo: Abakobwa bo ngo ni sakirirego

Next Post

Nyabihu: Abagabo 2 bakurikiranyweho kwiba ibyapa byo ku muhanda bakajya kubigurisha mu Nyuma

Related Posts

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

by radiotv10
30/06/2025
0

Imyidagaduro yo mu Rwanda idasiba kuvugwamo ibyayo, ubu hagezweho iby’urugo rw’Umunyezamu Kimenyi Yves na Muyango Claudine, ruvugwamo umwuka utari mwiza...

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

by radiotv10
30/06/2025
0

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Chryso Ndasingwa ugiye gukorana ubukwe na mugenzi we Sharon Gatete, avuga ko urukundo...

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

by radiotv10
27/06/2025
0

Umunyamakuru Paul Rutikanga wamenyekanye asoma amakuru kuri Tereviziyo Rwanda, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we bamaze igihe bakundana. Isezerano ryasize Paul...

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

by radiotv10
26/06/2025
0

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent wamamaye nka ‘Yago Pon Dat’ yemeje ko yatandukanye n’umukobwa babyaranye banabanaga, avuga ko yamusize akanajya...

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

by radiotv10
23/06/2025
0

Umuhanzi Chryso Ndasingwa uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, agiye gukora ubukwe na Sharon Gatete na we usanzwe...

IZIHERUKA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu
AMAHANGA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

02/07/2025
Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

02/07/2025
AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyabihu: Abagabo 2 bakurikiranyweho kwiba ibyapa byo ku muhanda bakajya kubigurisha mu Nyuma

Nyabihu: Abagabo 2 bakurikiranyweho kwiba ibyapa byo ku muhanda bakajya kubigurisha mu Nyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.