Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Yananiranywe n’umugore asubiye iwabo baramwamagana ahita ajya kuba mu ishyamba n’umwana w’imyaka 3

radiotv10by radiotv10
04/05/2022
in MU RWANDA
0
Yananiranywe n’umugore asubiye iwabo baramwamagana ahita ajya kuba mu ishyamba n’umwana w’imyaka 3
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Kagari ka Samiyonga mu Murenge wa Muganza, mu Karere ka Nyaruguru yagiye kuba mu rutare ruri mu ishyamba nyuma yo kunaniranwa n’umugore bafitanye umwana umwe, yanasubira iwabo bakamwagana.

Uyu mugabo uba mu rutare ruri mu ishyamba riherereye mu Mudugudu wa Kigwene, mu Kagari ka Samiyonga mu Murenge wa Muganza, yabwiye RADIOTV10 ko yahisemo kujya kuba muri uru rutare ari amaburakindi kuko yari abuze aho yerecyeza.

Avuga ko yananiranywe n’umugore babanaga bapfuye ubukene, akamutana umwana umwe w’umukobwa babyaranye.

Ati “Nagiye kuba mu rugo n’umwana, ngezeyo bandeba nabi bakajya bantuka, bambaza impamvu nazanye umugore nkananirwa kumutunga […] umubyeyi arambwira ati ‘ugomba kujya gushaka aho kuba’ nanjye kubera ko nta handi nari kubasha kuba, nahisemo kujya kuba mu rutare n’umwana wanjye.”

Uyu mubyeyi unengwa kuba yarajyanye uyu mwana we w’umukobwa w’imyaka itatu kubana mu ishyamba, avuga ko ntakindi yari gukora.

Ati “Impungenge zo ntizabura ariko ntakundi nabigenza ni bwo buzima abayemo nk’uko nanjye mbubayemo.”

Bamwe mu baturanyi b’uyu mugabo bavuga ko afite uburwayi bwo mu mutwe, gusa bamwe bakavuga ko ntakibazo afite.

Umwe mu baturanyi yagize ati “Bamwe bavuga ko yasaze ariko si ugusara ahubwo ni ibibazo by’ubukeneye.”

Uyu muturanyi akomeza avuga ko uyu mugabo yagize ikibazo cy’ubukene kikaniyongeraho ibibazo yari amaze kugira akabura icyo afata n’icyo areka.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Samiyonga, Ntakirutimana Etienne yabwiye RADIOTV10 yavuze ko ubuyobozi bumaze iminsi buzi iki kibazo ndetse ko bagerageje gukura uyu mugabo muri iri shyamba ariko abayobozi bamara kuhava agahita asubirayo n’umwana we.

Uyu muyobozi avuga ko uyu mugabo afite ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe bakurikije ibikorwa akora mu rusisiro atuyemo.

Ntakirutimana Etienne yagize ati “Turateganya ko turi bumujyane kwa muganga noneho abashinzwe ubuzima bwo mu mutwe bakabanza bakareba niba ntakibazo afite ubundi tukagakomeza tumufasha.”

Mu kuganira n’uyu mugabo ukiri muto, we avuga ko ntakibazo cyo mu mutwe afite ahubwo ko kuba yaremeye kuza kuba aha hantu byatewe no kubura aho yerecyeza.

Avuga ko umugore yamutanye umwana, yajya n’iwabo bakamwirukana
Bamwe mu baturanyi bavuga ko yarwaye mu mutwe
We avuga ko byose ari ibibazo ndetse hiyongereye ubuken
Ubu aba mu rutare
Ni ho atekera akanaharara
Yagondagonze akazu k’ibyatsi mu musozi uri ku manga

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − two =

Previous Post

Rubavu: Umunyamerikakazi wari wibwe igikapu kirimo ibifite agaciro ka 1.300.000Frw yagisubijwe

Next Post

Polisi yahagaritse uwari uvanye magendu muri DRC agiparika imodoka ahita abangira amaguru ingata

Related Posts

MTN Rwanda Strengthens Digital Safety with Child Online Protection Initiative.

MTN Rwanda Strengthens Digital Safety with Child Online Protection Initiative.

by radiotv10
22/12/2025
0

MTN Rwandacell Plc (MTN Rwanda) is pleased to announce the launch of a Child Online Protection tool designed to help...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

by radiotv10
22/12/2025
0

In today’s Rwanda, a new generation is quietly redefining success. Young people are dreaming bigger than ever, building careers in...

IZIHERUKA

MTN Rwanda Strengthens Digital Safety with Child Online Protection Initiative.
IMIBEREHO MYIZA

MTN Rwanda Strengthens Digital Safety with Child Online Protection Initiative.

by radiotv10
22/12/2025
0

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi yahagaritse uwari uvanye magendu muri DRC agiparika imodoka ahita abangira amaguru ingata

Polisi yahagaritse uwari uvanye magendu muri DRC agiparika imodoka ahita abangira amaguru ingata

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MTN Rwanda Strengthens Digital Safety with Child Online Protection Initiative.

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.