Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Yananiranywe n’umugore asubiye iwabo baramwamagana ahita ajya kuba mu ishyamba n’umwana w’imyaka 3

radiotv10by radiotv10
04/05/2022
in MU RWANDA
0
Yananiranywe n’umugore asubiye iwabo baramwamagana ahita ajya kuba mu ishyamba n’umwana w’imyaka 3
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Kagari ka Samiyonga mu Murenge wa Muganza, mu Karere ka Nyaruguru yagiye kuba mu rutare ruri mu ishyamba nyuma yo kunaniranwa n’umugore bafitanye umwana umwe, yanasubira iwabo bakamwagana.

Uyu mugabo uba mu rutare ruri mu ishyamba riherereye mu Mudugudu wa Kigwene, mu Kagari ka Samiyonga mu Murenge wa Muganza, yabwiye RADIOTV10 ko yahisemo kujya kuba muri uru rutare ari amaburakindi kuko yari abuze aho yerecyeza.

Avuga ko yananiranywe n’umugore babanaga bapfuye ubukene, akamutana umwana umwe w’umukobwa babyaranye.

Ati “Nagiye kuba mu rugo n’umwana, ngezeyo bandeba nabi bakajya bantuka, bambaza impamvu nazanye umugore nkananirwa kumutunga […] umubyeyi arambwira ati ‘ugomba kujya gushaka aho kuba’ nanjye kubera ko nta handi nari kubasha kuba, nahisemo kujya kuba mu rutare n’umwana wanjye.”

Uyu mubyeyi unengwa kuba yarajyanye uyu mwana we w’umukobwa w’imyaka itatu kubana mu ishyamba, avuga ko ntakindi yari gukora.

Ati “Impungenge zo ntizabura ariko ntakundi nabigenza ni bwo buzima abayemo nk’uko nanjye mbubayemo.”

Bamwe mu baturanyi b’uyu mugabo bavuga ko afite uburwayi bwo mu mutwe, gusa bamwe bakavuga ko ntakibazo afite.

Umwe mu baturanyi yagize ati “Bamwe bavuga ko yasaze ariko si ugusara ahubwo ni ibibazo by’ubukeneye.”

Uyu muturanyi akomeza avuga ko uyu mugabo yagize ikibazo cy’ubukene kikaniyongeraho ibibazo yari amaze kugira akabura icyo afata n’icyo areka.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Samiyonga, Ntakirutimana Etienne yabwiye RADIOTV10 yavuze ko ubuyobozi bumaze iminsi buzi iki kibazo ndetse ko bagerageje gukura uyu mugabo muri iri shyamba ariko abayobozi bamara kuhava agahita asubirayo n’umwana we.

Uyu muyobozi avuga ko uyu mugabo afite ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe bakurikije ibikorwa akora mu rusisiro atuyemo.

Ntakirutimana Etienne yagize ati “Turateganya ko turi bumujyane kwa muganga noneho abashinzwe ubuzima bwo mu mutwe bakabanza bakareba niba ntakibazo afite ubundi tukagakomeza tumufasha.”

Mu kuganira n’uyu mugabo ukiri muto, we avuga ko ntakibazo cyo mu mutwe afite ahubwo ko kuba yaremeye kuza kuba aha hantu byatewe no kubura aho yerecyeza.

Avuga ko umugore yamutanye umwana, yajya n’iwabo bakamwirukana
Bamwe mu baturanyi bavuga ko yarwaye mu mutwe
We avuga ko byose ari ibibazo ndetse hiyongereye ubuken
Ubu aba mu rutare
Ni ho atekera akanaharara
Yagondagonze akazu k’ibyatsi mu musozi uri ku manga

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 13 =

Previous Post

Rubavu: Umunyamerikakazi wari wibwe igikapu kirimo ibifite agaciro ka 1.300.000Frw yagisubijwe

Next Post

Polisi yahagaritse uwari uvanye magendu muri DRC agiparika imodoka ahita abangira amaguru ingata

Related Posts

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

IZIHERUKA

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora
IMIBEREHO MYIZA

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

16/12/2025
Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

16/12/2025
Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

16/12/2025
AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi yahagaritse uwari uvanye magendu muri DRC agiparika imodoka ahita abangira amaguru ingata

Polisi yahagaritse uwari uvanye magendu muri DRC agiparika imodoka ahita abangira amaguru ingata

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.