Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Zari wabyaranye na Diamond yahishuye ko amakariso yambara imwe ayigura 1.000.000 Frw

radiotv10by radiotv10
06/12/2021
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Zari wabyaranye na Diamond yahishuye ko amakariso yambara imwe ayigura 1.000.000 Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore Zarinah Hassan uzwi nka Zari akaba afitanye abana babiri n’umuhanzi w’ikirangirire Diamond Platnumz, yahishuye ko amakariso yambara imwe ayigura Miliyoni 1 Frw.

Uyu mugore ukunze kwiyita Boss Lady, yatangaje ibi nyuma y’uko abaye itaramira ku mbuga nkoranyambaga n’abamunengaga kuba akunze kugaragara yambaye ikariso y’umukara, bavuga ko ashobora kuba agira imwe.

Iyi kariso y’umukara ya Zari yagaragaye ubwo yariho abyina mu birori byo kwizihiza isabukuru y’amavuko y’imyaka 41 bikaza kugera aho ikanzu itaraka ubundi akenda k’imbere kakagararagara.

Bamwe bahise bamunnyega ko iteka akunze kugaragara yambaye ikariso y’umukara, bibaza niba ari yo agira gusa mu gihe bizwi ko uyu mugore atunze amafaranga atagira ingano.

Mu kiganiro yagiranye na Ayo TV yo muri Tanzania, bagarutse kuri ibi byo kuba hari abavuze ko agira ikariso, avuga ko atagira ikariso imwe ahubwo ko agira nyinshi.

Yahise ahishura ko iyo yari yambaye kiriya gihe yayiguze miliyoni 3,5 y’amashilingi ya Uganda cyangwa 980 USD hafi miliyoni 1 Frw.

Mu mvugo yumvikanamo ubwishongore, Zari yagize ati “Ndi umugore w’umukire murabizi, ntabwo ndi gushyenga ariko murabizi ko ubuzima bw’umukire hari igihe na bwo buba buhenze.”

Kuri iriya kariso y’umukara, yagize ati “Mfite nyinshi z’umukara, bamwe bagira ngo ngira imwe ariko imwe nyigura 980 USD.”

Zari uzwiho kubaho mu buzima buhenze, ni umwe mu bagore bakunze kubigaragaza ku mbuga nkoranyambaga aho ashyiraho amafoto agaragaza yifotoreje mu nzu nziza ndetse n’imodoka z’akataraboneka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + eighteen =

Previous Post

Ariel Wayz yongeye kurikoroza kubera imyanya y’ibanga ye yongeye gushyira ku karubanda

Next Post

AMAFOTO: APR nyuma yo gusezererwa yahise igaruka i Kigali ihagera ntakanyamuneza

Related Posts

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

Umuhanzikazi uzwi mu Rwanda yavuze ku ifungwa ry’Itorero ryari rimaze kugira abayoboke benshi

by radiotv10
12/05/2025
0

Nyuma yuko Itorero ‘Grace Room Minisitries’ riyoborwa n’Umuvugavutumwa Pastor Julienne Kabanda, ryambuwe uburenganzira bwo gukora, umuhanzikazi Aline Gahongayire yagaragaje agahinda...

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

by radiotv10
06/05/2025
0

Umuhanzikazi w’ikirangirire, Robyn Rihanna Fenty wamamaye nka Rihanna, we n’umugabo we A$AP Rocky baritegura kwibaruka umwana wa gatatu, uje agwa...

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

by radiotv10
06/05/2025
0

Turahirwa Moses uzwi mu ruganda rwo guhanga imideri wanashinze inzu ya Moshions, akaba aherutse kongera gutabwa muri yombi ku nshuro...

Seven tips for a happy marriage

Seven tips for a happy marriage

by radiotv10
05/05/2025
0

There are so many ways one could sustain a relationship with their partner to build a happy marriage and a...

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Amagambo aryohereye Umuhanzikazi Vestine yakoresheje ataka umugabo we yanagaragaje itariki y’ubukwe bwabo

by radiotv10
05/05/2025
0

Umuhanzikazi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine, yashyize hanze itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we w'Umunya-Burkina Faso Ouedraogo, yongera...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: APR nyuma yo gusezererwa yahise igaruka i Kigali ihagera ntakanyamuneza

AMAFOTO: APR nyuma yo gusezererwa yahise igaruka i Kigali ihagera ntakanyamuneza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.