Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

2022 ishobora kuzasiga Abanyarwanda 600.000 mu bukene n’imibereho igakomeza kugorana mu myaka 20

radiotv10by radiotv10
25/01/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
2022 ishobora kuzasiga Abanyarwanda 600.000 mu bukene n’imibereho igakomeza kugorana mu myaka 20
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, IMF, kigaragaza ko muri uyu mwaka ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka ku kigero cya 7%, ariko kikavuga ko hakenewe ingamba zikomeye kuko hatagize igikorwa, Abanyarwanda ibihumbi 600 bashobora kuzisanga mu bukene muri uyu mwaka ndetse n’imibereho igakomeza kuba ingume mu myaka 20 iri imbere.

Iyi mibare y’IKigega mpuzaqmahanga cy’imari, IMF, yashyizwe ahagaragara muri uku kwezi kwa Mutarama 2022, igaragaza ko umwaka wa 2021 wasize umusaruro mbumbe w’u Rwanda  uzamutse ku kigero cya 10.2% bivuye ku ihungabana rya 3.4% ryo muri 2020.

IMF kandi itangaza ko uyu mwaka wa 2022 uzasiga ubukungu bw’u Rwanda buzamutse ku kigero cya 7.2%.

Gusa kugeza ubu Abanyarwanda baracyari mu ngaruka z’icyorezo cya COVID-19 kubera Abantu babuze imirimo, ubukene buriyongera mu byiciro byiganjemo abagore n’urubyiruko.

IMF itangaza ko hatagize igikorwa, uyu mwaka wazasiga Abanyarwanda bangana n’ibihumbi 600 bisanze mu bukene bakiyongera ku bihumbi 500 bagaragajwe n’uyu muryango muri 2020.

Iki kigega kinagaragaza impungenge ko izo ngamba zidafashwe mu maguru mashya, Abanyarwanda bashobora kugorwa n’imibereho kugeza mu myaka 20 iri imbere.

Abacuruzi bato barirengagijwe

Dr. Fidele Mutembelezi wigisha ubukungu muri kaminuza, avuga ko amafaranga yahawe abikorera mu rwego rwo kubafasha kwigobotora ingaruka batewe na COVID-19 yagombaga no guhabwa abacuruzi bato.

Ati “Ni cyo gituma nyine ubu mu Rwanda ikintu bita ubushobozi bwo kujya ku Isoko ari ikibazo. Ariya mafaranga ntabwo ari macye nubwo utavuga ko ari menshi kuko akenewe ni menshi kuko ibibazo ari byinshi, mu buryo bwo kuyanga hakwiye no gutekerezwa ku bigo bito n’ibiciriritse kuko icyo gihe kirimo abantu benshi cyane kandi bagizweho ingaruka na COVID-19.”

Dr. Fidele Mutembelezi avuga iki gice kiramutse na cyo gifashijwe, byaha ubushobozi rubanda rwa giseseka bakabasha kujya ku masoko ndetse n’amafaranga akarushaho gutembera mu Gihugu.

Yangaragaje ko koroshya mu bijyanye n’imisoro na byo bishobora kugira uruhare mu kuzamura ubukungu kuko hari ibikorwa byamaze igihe kinini bidakora cyangwa n’ubu bigifunze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 9 =

Previous Post

Cameroon: Abantu 8 barimo uw’imyaka 6 bishwe n’umubyigano bashaka kureba umupira

Next Post

Umubyeyi wa Yves Mutabazi atanze ubutumwa bukomeye bwinjemo Imana

Related Posts

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga guswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

IZIHERUKA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha
MU RWANDA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubyeyi wa Yves Mutabazi atanze ubutumwa bukomeye bwinjemo Imana

Umubyeyi wa Yves Mutabazi atanze ubutumwa bukomeye bwinjemo Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.