Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

2022 ishobora kuzasiga Abanyarwanda 600.000 mu bukene n’imibereho igakomeza kugorana mu myaka 20

radiotv10by radiotv10
25/01/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
2022 ishobora kuzasiga Abanyarwanda 600.000 mu bukene n’imibereho igakomeza kugorana mu myaka 20
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, IMF, kigaragaza ko muri uyu mwaka ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka ku kigero cya 7%, ariko kikavuga ko hakenewe ingamba zikomeye kuko hatagize igikorwa, Abanyarwanda ibihumbi 600 bashobora kuzisanga mu bukene muri uyu mwaka ndetse n’imibereho igakomeza kuba ingume mu myaka 20 iri imbere.

Iyi mibare y’IKigega mpuzaqmahanga cy’imari, IMF, yashyizwe ahagaragara muri uku kwezi kwa Mutarama 2022, igaragaza ko umwaka wa 2021 wasize umusaruro mbumbe w’u Rwanda  uzamutse ku kigero cya 10.2% bivuye ku ihungabana rya 3.4% ryo muri 2020.

IMF kandi itangaza ko uyu mwaka wa 2022 uzasiga ubukungu bw’u Rwanda buzamutse ku kigero cya 7.2%.

Gusa kugeza ubu Abanyarwanda baracyari mu ngaruka z’icyorezo cya COVID-19 kubera Abantu babuze imirimo, ubukene buriyongera mu byiciro byiganjemo abagore n’urubyiruko.

IMF itangaza ko hatagize igikorwa, uyu mwaka wazasiga Abanyarwanda bangana n’ibihumbi 600 bisanze mu bukene bakiyongera ku bihumbi 500 bagaragajwe n’uyu muryango muri 2020.

Iki kigega kinagaragaza impungenge ko izo ngamba zidafashwe mu maguru mashya, Abanyarwanda bashobora kugorwa n’imibereho kugeza mu myaka 20 iri imbere.

Abacuruzi bato barirengagijwe

Dr. Fidele Mutembelezi wigisha ubukungu muri kaminuza, avuga ko amafaranga yahawe abikorera mu rwego rwo kubafasha kwigobotora ingaruka batewe na COVID-19 yagombaga no guhabwa abacuruzi bato.

Ati “Ni cyo gituma nyine ubu mu Rwanda ikintu bita ubushobozi bwo kujya ku Isoko ari ikibazo. Ariya mafaranga ntabwo ari macye nubwo utavuga ko ari menshi kuko akenewe ni menshi kuko ibibazo ari byinshi, mu buryo bwo kuyanga hakwiye no gutekerezwa ku bigo bito n’ibiciriritse kuko icyo gihe kirimo abantu benshi cyane kandi bagizweho ingaruka na COVID-19.”

Dr. Fidele Mutembelezi avuga iki gice kiramutse na cyo gifashijwe, byaha ubushobozi rubanda rwa giseseka bakabasha kujya ku masoko ndetse n’amafaranga akarushaho gutembera mu Gihugu.

Yangaragaje ko koroshya mu bijyanye n’imisoro na byo bishobora kugira uruhare mu kuzamura ubukungu kuko hari ibikorwa byamaze igihe kinini bidakora cyangwa n’ubu bigifunze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Cameroon: Abantu 8 barimo uw’imyaka 6 bishwe n’umubyigano bashaka kureba umupira

Next Post

Umubyeyi wa Yves Mutabazi atanze ubutumwa bukomeye bwinjemo Imana

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubyeyi wa Yves Mutabazi atanze ubutumwa bukomeye bwinjemo Imana

Umubyeyi wa Yves Mutabazi atanze ubutumwa bukomeye bwinjemo Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.