Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

2022 ishobora kuzasiga Abanyarwanda 600.000 mu bukene n’imibereho igakomeza kugorana mu myaka 20

radiotv10by radiotv10
25/01/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
2022 ishobora kuzasiga Abanyarwanda 600.000 mu bukene n’imibereho igakomeza kugorana mu myaka 20
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, IMF, kigaragaza ko muri uyu mwaka ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka ku kigero cya 7%, ariko kikavuga ko hakenewe ingamba zikomeye kuko hatagize igikorwa, Abanyarwanda ibihumbi 600 bashobora kuzisanga mu bukene muri uyu mwaka ndetse n’imibereho igakomeza kuba ingume mu myaka 20 iri imbere.

Iyi mibare y’IKigega mpuzaqmahanga cy’imari, IMF, yashyizwe ahagaragara muri uku kwezi kwa Mutarama 2022, igaragaza ko umwaka wa 2021 wasize umusaruro mbumbe w’u Rwanda  uzamutse ku kigero cya 10.2% bivuye ku ihungabana rya 3.4% ryo muri 2020.

IMF kandi itangaza ko uyu mwaka wa 2022 uzasiga ubukungu bw’u Rwanda buzamutse ku kigero cya 7.2%.

Gusa kugeza ubu Abanyarwanda baracyari mu ngaruka z’icyorezo cya COVID-19 kubera Abantu babuze imirimo, ubukene buriyongera mu byiciro byiganjemo abagore n’urubyiruko.

IMF itangaza ko hatagize igikorwa, uyu mwaka wazasiga Abanyarwanda bangana n’ibihumbi 600 bisanze mu bukene bakiyongera ku bihumbi 500 bagaragajwe n’uyu muryango muri 2020.

Iki kigega kinagaragaza impungenge ko izo ngamba zidafashwe mu maguru mashya, Abanyarwanda bashobora kugorwa n’imibereho kugeza mu myaka 20 iri imbere.

Abacuruzi bato barirengagijwe

Dr. Fidele Mutembelezi wigisha ubukungu muri kaminuza, avuga ko amafaranga yahawe abikorera mu rwego rwo kubafasha kwigobotora ingaruka batewe na COVID-19 yagombaga no guhabwa abacuruzi bato.

Ati “Ni cyo gituma nyine ubu mu Rwanda ikintu bita ubushobozi bwo kujya ku Isoko ari ikibazo. Ariya mafaranga ntabwo ari macye nubwo utavuga ko ari menshi kuko akenewe ni menshi kuko ibibazo ari byinshi, mu buryo bwo kuyanga hakwiye no gutekerezwa ku bigo bito n’ibiciriritse kuko icyo gihe kirimo abantu benshi cyane kandi bagizweho ingaruka na COVID-19.”

Dr. Fidele Mutembelezi avuga iki gice kiramutse na cyo gifashijwe, byaha ubushobozi rubanda rwa giseseka bakabasha kujya ku masoko ndetse n’amafaranga akarushaho gutembera mu Gihugu.

Yangaragaje ko koroshya mu bijyanye n’imisoro na byo bishobora kugira uruhare mu kuzamura ubukungu kuko hari ibikorwa byamaze igihe kinini bidakora cyangwa n’ubu bigifunze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Cameroon: Abantu 8 barimo uw’imyaka 6 bishwe n’umubyigano bashaka kureba umupira

Next Post

Umubyeyi wa Yves Mutabazi atanze ubutumwa bukomeye bwinjemo Imana

Related Posts

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

The Ministry of Education in partnership with MTN Rwanda, today officially launched the Digital Skills for Digital Jobs (DSDJ) initiative,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubyeyi wa Yves Mutabazi atanze ubutumwa bukomeye bwinjemo Imana

Umubyeyi wa Yves Mutabazi atanze ubutumwa bukomeye bwinjemo Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.