• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

radiotv10by radiotv10
20/11/2025
in SIPORO
0
23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani.

Abakinnyi b’u Rwanda bahagurutse ku wa Kabiri tariki ya 18 Ugushyingo 2025, bakaba baragiye bayobowe na Perezida wa Federasiyo y’umukino w’amagare mu Rwanda, Samson NDAYISHIMIYE.

Mu byiciro bizakina muri iyi shampiyona, harimo icyiciro cy’abakuru mu bahungu n’abakobwa (Men and Women Elites), hari kandi abatarengeje imyaka 23 mu bahungu n’abakobwa (Men and Women U23), hari kandi icyiciro cya Juniors na Youth mu bahungu n’abakobwa.

Kuri uyu wa Kane, MASENGESHO Yvonne ni we ubimburira abandi bose mu cyiciro cya Junior, aho azakina mu basiganwa n’igihe ku giti cyabo (Individual Time Trial bita ITT). Kuri uwo munsi kandi, abandi bazasiganwa ni NTIRENGANYA Moïse na ISHIMWE Bryan mu cyiciro cya MEN JUNIOR. Hari kandi mu bakobwa batarengeje imyaka 23 ndetse n’abakuru bazasiganwa muri ITT barimo MWAMIKAZI Jazilla, NTAKIRUTIMANA Marthe, NIRERE Xaverine na INGABIRE Diane, mu gihe mu bahungu batarengeje imyaka 23 n’abakuru bazahagararira u Rwanda muri ITT kuri uyu wa 4 barimo NIYONKURU Samuel, TUYIZERE Etienne, NSENGIYUMVA Shemu na MUGISHA Moïse.

Iyi Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare igiye kuba ku nshuro ya 20, ikaba izitabirwa n’ibihugu 20 bitandukanye byo ku mugabane wa Afurika. Kenya ikaba igiye kuyakira ku nshuro ya 2 yikurikiranya, dore ko n’umwaka ushize wa 2024 yari yabereye muri iki gihugu mu gace ka Eldoret.

U Rwanda ni kimwe mu bihugu byigeze kwakira iri rushanwa, dore ko 2010 na 2018 ryabereye i Kigali.

Kuva ryatangira muri 2001, UHIRIWE BYIZA RENUS na ARERUYA Joseph ni bo bakinnyi b’Abanyarwanda begukanye imidali ya zahabu mu gusiganwa mu muhanda (Road Race) mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 23.
Muri iki cyiciro kandi, abarimo UHIRIWE BYIZA RENUS nanone, MUGISHA Moïse, NDAYISENGA Valens na ARERUYA Joseph begukanye imidali ya zahabu mu basiganwa n’igihe ku giti cyabo (ITT).

Iri rushanwa riheruka kubera muri Kenya umwaka ushize, ryari ryegukanwe n’Umunya-Eritrea Mulubrhan Henok muri Road Race, ndetse n’Umunya-Uganda Charles KAGIMU muri ITT.

Iyi shampiyona iratangira none
U Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23
HENOK MULUBRHAN watwaye shampiyona y’umwaka ushize

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Saving culture: Why it matters and how it benefits us all

Next Post

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby'ingenzi byaranze itangwa ry'ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'amaguru muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.