Monday, July 27, 2026
RW|EN
MU RWANDA

Perezidansi yamaganye amakuru y’ibihuha yitiriwe Perezida Kagame ku by’u Burusiya

Perezidansi yamaganye amakuru y’ibihuha yitiriwe Perezida Kagame ku by’u Burusiya

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, biratangaza ko ubutumwa bw’ubucurano bwitiriwe Perezida Paul Kagame ku ntambara iri kubera muri Ukraine, atari impamo.

Ku mbuga nkoranyambaga, hagaragaye ubutumwa bugagaraza ko bwashyizwe kuri Twitter na Perezida Pau Kagame, bugaruka ku Ntambara yashojwe n’u Burusiya muri Ukraine.

Ubu butumwa bwitiriwe Perezida Kagame Paul, bwasabaga Perezida Putin w’u Burusiya guhagarika iyi ntambara ngo cyangwa Ingabo z’u Rwanda zikajya guhangana n’ize.

Aya makuru yanyomojwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda ko ari ikinyoma (Fake News) ko ubu butumwa butigeze bushyirwa kuri Twitter na perezida Paul Kagame.

Umuvugisi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Stephanie Nyombayire yashyize kuri Twitter ye ifoto y’ubu butumwa bw’Ikinyoma, ashyiraho ubutumwa amenyesha abantu ko ari amakuru y’ikinyoma.

Benshi banenze abahimbye ubu butumwa bwitiriwe Perezida Paul Kagame, bavuga ko bidakwiye gukora igikorwa nk’iki cyo guhimbira Umukuru w’Igihugu.

Ubu butumwa bucurwa hifashishijwe ikoranabuhanga, bwitiriwe Perezida Kagame ko yabushyize kuri Twitter ye mu gihe ubutumwa aheruka gushyiraho, ari ifoto yashyizeho ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ari kumwe n’umwuzukuru we, yanakunzwe na benshi.

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =