Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwari Umuyobozi muri MINIJUST yatorewe kuba Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali

radiotv10by radiotv10
25/03/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umujyi wa Kigali wabonye Abajyanama basimbura abarimo Nadine wagizwe umuyobozi wa NCDA

Urujeni Martine yagaragaje imigabo n'imigambi bye

Share on FacebookShare on Twitter

Urujeni Martine wari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ushinzwe kwegereza ubutabera abaturage, yatorewe kuba Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali Ushinzwe Ubukungu n’Imibereho Myiza y’Abaturage.

Urujeni Martine yatorewe uyu mwanya nyuma y’uko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Werurwe 2022 atorewe kwinjira muri Njyanama y’Umujyi wa Kigali ku majwi 116.

Yinjiranye muri Njyanama y’Umujyi wa Kigali na Bizimana Hamiss we watowe ku majwi 84, bombi bakaba basimburaga abahoze muri Njyanama y’Umujyi wa Kigali baherutse guhabwa izindi nshingano.

  • Umujyi wa Kigali wabonye Abajyanama bashya basimbura abagiye mu zindi nshingano

Aba bajyanama bashya basimbuye Umutoni Gatsinzi Nadine wagizwe Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no kurengera Umwana (NCDA) na Mutsinzi Antoine, uherutse gutorerwa kuba Umuyobozi Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu Karere ka Rulindo.

Urujeni Martine na Bizimana Hamiss bakimara gutorerwa kwinjira muri Njyanama y’Umujyi wa Kigali, bahise banahatanira umwanya w’Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali Ushinzwe Ubukungu n’Imibereho Myiza y’Abaturage wagombaga gusimbura Umutoni Gatsinzi Nadine.

Aya matora yariho abakandida babiri (Urujeni na Bizimana) yegukanywe na Urujeni Martine wagize amajwi 298 mu bantu 397 bari bagize inteko itora.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa yahise aha ikaze uyu muyobozi mushya umwungirije ndetse n’Umujyanama mushya Bizimana Hamiss binjiranyemo.

Pudence Rubingisa yavuze ko aba bayobozi bashya ari izindi ngufu ngufu nshya Umujyi wa Kigali wungutse mu gukomeza guharanira iterambere ry’abawutuye.

Minisitiri ari kumwe n’Abajyanama bose b’Umujyi wa Kigali
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yaje muri aya matora
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yitabiriye amatora
Yahaye ikaze umuyobozi mushya umwungirije
Urujeni Martine yabisinyiye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 10 =

Previous Post

Guverineri Habitegeko yaririmbye igisope, Min. Gatabazi ati “Wauuu”

Next Post

Urugendo rwo gushaka Rudasumbwa w’u Rwanda rwatangiye…Abasore 5 bazahagararira Iburasirazuba (AMAFOTO)

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urugendo rwo gushaka Rudasumbwa w’u Rwanda rwatangiye…Abasore 5 bazahagararira Iburasirazuba (AMAFOTO)

Urugendo rwo gushaka Rudasumbwa w’u Rwanda rwatangiye…Abasore 5 bazahagararira Iburasirazuba (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.