• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Musanze: Ufite ubumuga yatawe n’umugabo amusigira abana babiri none bacumbitse mu kiraro

radiotv10by radiotv10
28/03/2022
in Uncategorized
0
Musanze: Ufite ubumuga yatawe n’umugabo amusigira abana babiri none bacumbitse mu kiraro
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage ufite ubumuga bw’ingingo wo mu Kagari ka Murago mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, yagiye gucumbika mu kiraro nyuma yo gutabwa n’umugabo we babyaranye abana babiri none imibereho yabo iteye impungenge.

Akimanizanye Providence uba mu Mudugudu wa Rwinzovu muri aka Kagari ka Murago, avuga ko yari umugore wa kabiri nyuma y’uko ubuzima bumukomeranye kuko atagira epfo na ruguru ngo akemera kubana n’uwo mugabo wamusize mu bibazo biruta ibyo yamusanzemo.

Uyu muturage twasanze aba mu kiraro na cyo gishobora kugwa n’isaha n’isaha, yabwiye Umunyamakuru wa RADIOTV10, avuga ko iyi nzu abamo yari isanzwe ari iy’abarinzi b’imyaka.

Akimanizanye Providence avuga ko imibereho ntayo

Ubwo umunyamakuru yamusuraga, imvura yari iri kujojoba aho iki kiraro cyavaga mu buryo bugaragara ku buryo n’iyo yabonye aho aca incuro, adashobora kubona aho atekera ibyo yabonye.

Ati “Rimwe ndabibona ubundi nkaburara, mbese iyo nabonye utwa nimugoroba ubwo mba natomboye iyo nagize amahirwe Imana ikamfasha imvura ntigwe ngo mbone aho ntutekera ngo mbure n’aho ndyama.”

Abaturanyi b’uyu mubyeyi, na bo bemeza ko imibereho ye ibateye impungenge kuko uretse no kuba aba mu kiraro ariko atabasha no kubona icyo kurya no kugaburira abana be.

Umwe mu baturanyi be yagize ati “Abana n’ubumuga ariko ntakintu tubona afashwa n’ikiraro abamo bamutije kirava imibereho ntakigenda.”

Umunyamabanga Nshingwabikowa w’Umurenge wa Gataraga, Herman Micomyiza yavuze ko batari bazi ko hari umuturage wo muri uyu Murenge ufite ikibazo nk’icyo.

Yagize ati “Turi buze gukurikirana tumenye impamvu ariko icyo twemera ni uko nta Munyarwanda muri iki gihe ukwiye kuba ahantu hagayitse nk’aho, turashaka ko tuhamukura tumushakire aho kuba hazima.”

N’iki kiraro babamo nacyo kirashaje

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 11 =

Previous Post

‘Inyogoye’ yakoze ubukwe bw’agatangaza bwaririmbyemo umuhanzi ukomeye (AMAFOTO)

Next Post

Urushyi Will Smith yakubitiye Chris Rock mu birori rukivugiza rwabaye Inkuru y’Isi yose

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Urushyi Will Smith yakubitiye Chris Rock mu birori rukivugiza rwabaye Inkuru y’Isi yose

Urushyi Will Smith yakubitiye Chris Rock mu birori rukivugiza rwabaye Inkuru y’Isi yose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.