Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusesabagina agumishirijweho igifungo cy’imyaka 25, Sankara agabanyirizwa igihano

radiotv10by radiotv10
04/04/2022
in MU RWANDA
0
Rusesabagina agumishirijweho igifungo cy’imyaka 25, Sankara agabanyirizwa igihano
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ubujurire rwaburanishije ubujurire mu rubanza ruregwamo Rusesabagina Paul na bagenzi be, rwagumishijeho igifungo cy’imyaka 25 yakatiwe n’Urukiko Rukuru, rugabanyiriza Nsabimana Callixte Sankara rumuhanisha igifungo cy’imyaka 15.

Urukiko rw’Ubujurire rwavuze ko nk’uko Urukiko Rukuru rwabyemeje ko Rusesabagina yemeye icyaha mu buryo budashidikanywaho nta shingiro bifite icyakora ko kuba akurikiranywe mu nkiko bwa mbere “nta mpamvu uru rukiko rubona yakongererwa ibihano kuko igihano yahawe cy’igifungo cy’imyaka 25 kijyanye n’uburemere bw’icyaha yakoze.”

Kuri Nsabimana Callixte Sankara, Urukiko rw’Ubujurire rwavuze ko kuba na we ari ubwa mbere yari akurikiranyweho icyaha kandi akaba yaremeye ibyaha kuva yafatwa akanabisabira imbabazi, yafashije ubutabera, bityo ko agabanyirizwa ibihano aho gukatirwa igifungo cy’imyaka 20, akatirwa igifungo cy’imyaka 15.

Kuri Nizeyimana Marc, Urukiko rwavuze ko kuba yarahakanye mu buryo budasubirwaho ibyaha yahamijwe atari akwiye kugabanyirizwa ibihano kuko hari ibyo yemeye mu rubanza rwo mu mizi, icyakora harebwe imikorere y’ibyaha yahamijwe ndetse na we kuba ari ubwa mbere akurikiranywe, igihano yakatiwe ku rwego rwa mbere cy’igifungo cy’imyaka 20 kigomba kugumaho.

Naho Nsengimana Herman wari wakatiwe igifungo cy’imyaka 5, Urukiko rw’Ubujurire rwamuhanishije igifungo cy’imyaka irindwi (7).

Ibihano byahanishijwe abandi:

  1. Mukandutiye Angelina: 20
  2. Bizimana Cassien: 20
  3. Matakamba Jean Berchimans: 20
  4. Shabani Emmanuel: 20
  5. Ntibiramira Innocent: 20
  6. Byukusenge Jean Claude: 20
  7. Nsabimana Jean Damascene: 20
  8. Nikuzwe Simeon: 10
  9. Iyamuremye Emmanuel: 5
  10. Kwitonda Andree: 5
  11. Nshimiyimana Emmanuel: 3
  12. Hakizimana Theogene: 5
  13. Nsanzubukire Felicien: 5
  14. Munyaneza Anastase: 5
  15. Mukandutiye Angelina: 20
  16. Niyirora Marcel: 5
  17. Ndagimana Jean Chretien: 3
  18. Ntabanganyimana Joseph: 3

 

Ibyagarutsweho mu isoma ry’urubanza

Urukiko rw’Ubujurire rwagarutse ku byaburanyweho muri uru rubanza rw’ubujurire, rwavuze ko Ubushinjacyaha bwanenze kuba Urukiko Rukuru rwarashingiye ku kuba Rusesabagina yaremeye icyaha mu iperereza rukamugabanyiriza ibihano, bidahagije mu buryo budashidikanywaho mu gihe atitabye Urukiko ngo abishimangire mu iburanisha ryo mu mizi.

Urukiko rw’Ubujurire ruvuga ko ibyo ubwabyo atari ikosa kuko umucamanza yemerewe kugenzura ukwirega kwakorewe mu iperereza akaguha agaciro akurikije ireme ryako ahubwo ko ikibazo ari ibyatangajwe na Rusesabagina wasobanuye uko bashinze MRCD-FLN ndetse ko hari amafaranga yayoherereje ariko agahakana ko hari ibikorwa by’iterabwoba yakoze.

Urukiko kandi rwagarutse ku kuba Rusesabagina yaravuze ko niba hari ibikorwa byakozwe na MRCD-FLN abyicuza akanabisabira imbabazi, ruvuga ko ari ukwiyerurutsa kuko atigeze yemera ko yaba we cyanwa FLN babigizemo uruhare.

Umucamanza ati “Kubera iyo mpamvu, Urukiko rurasanga ukwemera kwe kutari gushingirwaho agabanyirizwa ibihano.”

Kuba Rusesabagina yaragabanyirijwe ibihano kuko ari ubwa mbere akoze ibyaha, Ubushinjacyaha bwajuriye buvuga ko Urukiko Rukuru rwirengagije uburemere bw’ibyaha n’ingaruka byagize ku buzima bw’abantu barimo n’abapfuye.

Umucamanza w’Urukiko rw’Ubujurire, yavuze ko hari impamvu nyoroshyacyaha zishobora gutuma umucamanza agabanya igihano zirimo imyitwarire y’uregwa mbere yo gufungwa.

Umucamanza yavuze ko kuba ari ubwa mbere Rusesabagina Paul yari akoze icyaha ari impamvu nyoroshyacyaha bityo ko ubujurire bw’Ubushinjacyaha kuri iyi ngingo nta shingiro bufite.

Urukiko rwavuze ko nta kosa ryakozwe n’Urukiko Rukuru mu kugabanyirizwa ibihano abaregwa bikajya munsi y’ibihano bito biteganywa n’amategeko.

Naho Nsabimana Callixte alias Sankara yajuririye igihano cy’igifungo cy’imyaka 20, atari uko yagabanyirijwe igihano ahubwo ko atagabanyirijwe igihano mu buryo bwose bushoboka.

Sankara kandi yavugaga ko iyi myaka aramutse ayimaze muri Gereza yazasohoka ari mu zabukuru kandi ko yemeye ibyaha akanabisabira imbabazi ndetse akanafasha ubutabera bityo ko akwiye kugabanyirizwa igihano mu buryo bushoboka wenda agahanishwa igifungo cy’imyaka itanu.

Urukiko rw’Ubujurire ruvuga ko Umucamanza mu bwisanzure bwe atanga igihano agendeye ku buzima bw’uregwa mbere yo gukora icyaha ndetse ashingiye ku mpamvu nyoroshyacyaha.

Ruvuga ko kuri Callixte Sankara, Urukiko Rukuru rwashingiye ku mpamvu nyoroshyacyaha zose zo kuba yaremeye ibyaha ndetse akanorohereza Ubutabera.

Urukiko rw’Ubujurire ruvuga ko izindi mpamvu yatanze zirimo kuba yaracitse ku icumu, kuba afite umukunzi wo hanze, kuba afite indwara y’umuvuduko, atari impamvu nyoroshyacyaha.

Icyakora ngo Urukiko Rukuru ntirwahaye agaciro impamvu zirimo kuba yaremeye ibyaha akorohereza ubutabera no gufasha inzego gufata ibyemezo byo gukumira ibyaha by’iterabwoba bityo ko bigize impamvu zo kuba yakongera kugabanyirizwa igihano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − four =

Previous Post

Yves Mutabazi wigeze kuburira i Dubai yemeje ko afite ibibazo byo mu mutwe

Next Post

Banki y’inzego z’umutekano mu Rwanda yungutse miliyari 17,7Frw mu mwaka umwe

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Banki y’inzego z’umutekano mu Rwanda yungutse miliyari 17,7Frw mu mwaka umwe

Banki y’inzego z’umutekano mu Rwanda yungutse miliyari 17,7Frw mu mwaka umwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.