Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusesabagina agumishirijweho igifungo cy’imyaka 25, Sankara agabanyirizwa igihano

radiotv10by radiotv10
04/04/2022
in MU RWANDA
0
Rusesabagina agumishirijweho igifungo cy’imyaka 25, Sankara agabanyirizwa igihano
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ubujurire rwaburanishije ubujurire mu rubanza ruregwamo Rusesabagina Paul na bagenzi be, rwagumishijeho igifungo cy’imyaka 25 yakatiwe n’Urukiko Rukuru, rugabanyiriza Nsabimana Callixte Sankara rumuhanisha igifungo cy’imyaka 15.

Urukiko rw’Ubujurire rwavuze ko nk’uko Urukiko Rukuru rwabyemeje ko Rusesabagina yemeye icyaha mu buryo budashidikanywaho nta shingiro bifite icyakora ko kuba akurikiranywe mu nkiko bwa mbere “nta mpamvu uru rukiko rubona yakongererwa ibihano kuko igihano yahawe cy’igifungo cy’imyaka 25 kijyanye n’uburemere bw’icyaha yakoze.”

Kuri Nsabimana Callixte Sankara, Urukiko rw’Ubujurire rwavuze ko kuba na we ari ubwa mbere yari akurikiranyweho icyaha kandi akaba yaremeye ibyaha kuva yafatwa akanabisabira imbabazi, yafashije ubutabera, bityo ko agabanyirizwa ibihano aho gukatirwa igifungo cy’imyaka 20, akatirwa igifungo cy’imyaka 15.

Kuri Nizeyimana Marc, Urukiko rwavuze ko kuba yarahakanye mu buryo budasubirwaho ibyaha yahamijwe atari akwiye kugabanyirizwa ibihano kuko hari ibyo yemeye mu rubanza rwo mu mizi, icyakora harebwe imikorere y’ibyaha yahamijwe ndetse na we kuba ari ubwa mbere akurikiranywe, igihano yakatiwe ku rwego rwa mbere cy’igifungo cy’imyaka 20 kigomba kugumaho.

Naho Nsengimana Herman wari wakatiwe igifungo cy’imyaka 5, Urukiko rw’Ubujurire rwamuhanishije igifungo cy’imyaka irindwi (7).

Ibihano byahanishijwe abandi:

  1. Mukandutiye Angelina: 20
  2. Bizimana Cassien: 20
  3. Matakamba Jean Berchimans: 20
  4. Shabani Emmanuel: 20
  5. Ntibiramira Innocent: 20
  6. Byukusenge Jean Claude: 20
  7. Nsabimana Jean Damascene: 20
  8. Nikuzwe Simeon: 10
  9. Iyamuremye Emmanuel: 5
  10. Kwitonda Andree: 5
  11. Nshimiyimana Emmanuel: 3
  12. Hakizimana Theogene: 5
  13. Nsanzubukire Felicien: 5
  14. Munyaneza Anastase: 5
  15. Mukandutiye Angelina: 20
  16. Niyirora Marcel: 5
  17. Ndagimana Jean Chretien: 3
  18. Ntabanganyimana Joseph: 3

 

Ibyagarutsweho mu isoma ry’urubanza

Urukiko rw’Ubujurire rwagarutse ku byaburanyweho muri uru rubanza rw’ubujurire, rwavuze ko Ubushinjacyaha bwanenze kuba Urukiko Rukuru rwarashingiye ku kuba Rusesabagina yaremeye icyaha mu iperereza rukamugabanyiriza ibihano, bidahagije mu buryo budashidikanywaho mu gihe atitabye Urukiko ngo abishimangire mu iburanisha ryo mu mizi.

Urukiko rw’Ubujurire ruvuga ko ibyo ubwabyo atari ikosa kuko umucamanza yemerewe kugenzura ukwirega kwakorewe mu iperereza akaguha agaciro akurikije ireme ryako ahubwo ko ikibazo ari ibyatangajwe na Rusesabagina wasobanuye uko bashinze MRCD-FLN ndetse ko hari amafaranga yayoherereje ariko agahakana ko hari ibikorwa by’iterabwoba yakoze.

Urukiko kandi rwagarutse ku kuba Rusesabagina yaravuze ko niba hari ibikorwa byakozwe na MRCD-FLN abyicuza akanabisabira imbabazi, ruvuga ko ari ukwiyerurutsa kuko atigeze yemera ko yaba we cyanwa FLN babigizemo uruhare.

Umucamanza ati “Kubera iyo mpamvu, Urukiko rurasanga ukwemera kwe kutari gushingirwaho agabanyirizwa ibihano.”

Kuba Rusesabagina yaragabanyirijwe ibihano kuko ari ubwa mbere akoze ibyaha, Ubushinjacyaha bwajuriye buvuga ko Urukiko Rukuru rwirengagije uburemere bw’ibyaha n’ingaruka byagize ku buzima bw’abantu barimo n’abapfuye.

Umucamanza w’Urukiko rw’Ubujurire, yavuze ko hari impamvu nyoroshyacyaha zishobora gutuma umucamanza agabanya igihano zirimo imyitwarire y’uregwa mbere yo gufungwa.

Umucamanza yavuze ko kuba ari ubwa mbere Rusesabagina Paul yari akoze icyaha ari impamvu nyoroshyacyaha bityo ko ubujurire bw’Ubushinjacyaha kuri iyi ngingo nta shingiro bufite.

Urukiko rwavuze ko nta kosa ryakozwe n’Urukiko Rukuru mu kugabanyirizwa ibihano abaregwa bikajya munsi y’ibihano bito biteganywa n’amategeko.

Naho Nsabimana Callixte alias Sankara yajuririye igihano cy’igifungo cy’imyaka 20, atari uko yagabanyirijwe igihano ahubwo ko atagabanyirijwe igihano mu buryo bwose bushoboka.

Sankara kandi yavugaga ko iyi myaka aramutse ayimaze muri Gereza yazasohoka ari mu zabukuru kandi ko yemeye ibyaha akanabisabira imbabazi ndetse akanafasha ubutabera bityo ko akwiye kugabanyirizwa igihano mu buryo bushoboka wenda agahanishwa igifungo cy’imyaka itanu.

Urukiko rw’Ubujurire ruvuga ko Umucamanza mu bwisanzure bwe atanga igihano agendeye ku buzima bw’uregwa mbere yo gukora icyaha ndetse ashingiye ku mpamvu nyoroshyacyaha.

Ruvuga ko kuri Callixte Sankara, Urukiko Rukuru rwashingiye ku mpamvu nyoroshyacyaha zose zo kuba yaremeye ibyaha ndetse akanorohereza Ubutabera.

Urukiko rw’Ubujurire ruvuga ko izindi mpamvu yatanze zirimo kuba yaracitse ku icumu, kuba afite umukunzi wo hanze, kuba afite indwara y’umuvuduko, atari impamvu nyoroshyacyaha.

Icyakora ngo Urukiko Rukuru ntirwahaye agaciro impamvu zirimo kuba yaremeye ibyaha akorohereza ubutabera no gufasha inzego gufata ibyemezo byo gukumira ibyaha by’iterabwoba bityo ko bigize impamvu zo kuba yakongera kugabanyirizwa igihano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Yves Mutabazi wigeze kuburira i Dubai yemeje ko afite ibibazo byo mu mutwe

Next Post

Banki y’inzego z’umutekano mu Rwanda yungutse miliyari 17,7Frw mu mwaka umwe

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Banki y’inzego z’umutekano mu Rwanda yungutse miliyari 17,7Frw mu mwaka umwe

Banki y’inzego z’umutekano mu Rwanda yungutse miliyari 17,7Frw mu mwaka umwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.