Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Abantu 68 biganjemo abagabo baketsweho Ingengabitekerezo ya Jenoside mu cyumweru cyo Kwibuka28

radiotv10by radiotv10
14/04/2022
in Uncategorized
0
Polisi iri gukurikirana ikibazo cy’Inka y’uwarokotse yatemwe n’abataramenyekana
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko mu cyumweru cyahariwe Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi, hagaragaye abantu 68 baketsweho icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside barimo abagabo bangana na 64,7%.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierr yabitangarije Radio 10 mu kiganiro Zinduka cyatambutse kuri uyu wa Kane tariki 14 Mata 2022.

Dr Murangira wagarukaga ku ishusho y’icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside mu cyumweru cyahariwe Kwibuka, yavuze ko kuva tariki 07 kugeza tariki 13 Mata 2022, RIB yakiriye dosiye 53 bikurikiranywemo abantu 68 barimo 43 bakurikiranywe bafunzwe, abandi batatu bakaba bari gukurikiranwa bari hanze naho 13 bakaba bagishakiswa mu gihe hari n’abandi icyenda (9) bataramenyekana.

Yavuze ko abagabo ari bo biganje mu bakekwaho iki cyaha cy’ingengabitekerezo kuko abagaragaye muri iki cyumweru ari 44 bangana na 64,7% mu gihe abagore ari 15 bangana na 22,1% mu gihe abandi bangana na 13,2% bataramenyekana.

Abo mu cyiciro cy’abafite imyaka iri hagati ya 31 na 46 y’amavuko, ni bo benshi bagize 36,7%, abafite imyaka iri hagati ya 15 na 30 bo bangana 26,4%, abari hejuru y’imyaka 47 bo bakaba ari 23,5%.

Yavuze ko ugereranyije mu myaka itandatu itambutse, dosiye zigaragara mu cyumweru cyo kwibuka, icy’uyu mwaka yagabanutse ku kigero cya 53,5%, ni ukuvuga igabanuka ry’amadosiye 61.

Yagize ati “Usanga nko muri 2017 amadosiye yari 114, muri 2018 ajya kuri 72, muri 2019 ajya kuri 72, muri 2020 ajya kuri 52, muri 2021 birazamuka gato bijya kuri 83, ubu 2022 ni 53.”

Yanagaragaje uko amadosiye yagiye aboneka mu gihe cy’umwaka wose aho muri 2017, hari habonetse amadosiye 358, muri 2018 haboneka amadosiye 383, muri 2019 haboneka amadosiye 404, muri 2020 haboneka amadosiye 377, muri 2021 haboneka 389.

Avuga habayeho gufatira hamwe mu myaka itanu, hagaragaye amadosiye 1 911 y’ingengabitekerezo ya Jenoside akaba yariyongereyeho ku kigero cy’ 8,6% bingana na 31.

Yagize ati “Impamvu yo kwiyongera muri rusange, iyo dukora isesengura biterwa n’impamvu nyinshi, nk’impamvu ya mbere, abantu baragenda basobanukirwa, nko mu myaka yabanje nk’iyo hari umuntu wakoraga igikorwa kijyanye n’ingengabitekerezo ya Jenoside mu magambo cyangwa se n’ikindi gikorwa, wabaza abantu bakigira nyoninyinshi ntibakubwire ariko ubu bamaze gusobanukirwa ko ingengabitekerezo ya Jenoside ingaruka igera kuri bose.”

Yakomeje agaragaza ingero zerekana ko abantu bamaze gusobanukira ububi bw’ingengabitekerezo ya Jenoside, ati “Turabona abana barega ababyeyi babo ku by’amagambo bavuga.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + eighteen =

Previous Post

Musanze: Itsinda ry’abakorwa rirashinjwa gutega abagenzi rikabambura ribanje kubashyira ku munigo

Next Post

Rwamagana: Ibuka irifuza ko mu isomo ry’amateka ya Jenoside hajya haza uwarokotse akaganiriza abanyeshuri

Related Posts

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

by radiotv10
28/01/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi nyuma yo gutumiza inama y’igitaraganya yahuje inzego zikomeye muri iki Gihugu...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Ibuka irifuza ko mu isomo ry’amateka ya Jenoside hajya haza uwarokotse akaganiriza abanyeshuri

Rwamagana: Ibuka irifuza ko mu isomo ry’amateka ya Jenoside hajya haza uwarokotse akaganiriza abanyeshuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.