Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Miss Jolly aranengerwa guhakanira Muhoozi ko atazitabira ibirori bye akanabikorera ku karubanda

radiotv10by radiotv10
20/04/2022
in IMYIDAGADURO
0
Miss Jolly aranengerwa guhakanira Muhoozi ko atazitabira ibirori bye akanabikorera ku karubanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Miss Mutesi Jolly yiseguye kuri Gen Muhoozi Kainerugaba amumenyesha ko atazitabira ibirori by’isabukuru ye, bamwe bamunenze kuba ubu butumwa bumuhakanira yabushyize ku karubanda ndetse no kuba atitabiriye ibi birori by’umuntu ukomeye.

Lt Gen Muhoozi, umuhungu wa Perezida Museveni, umaze iminsi agaruka ku birori by’isabukuru ye, atangaza bamwe mu bazabyitabira, ku wa Mbere yari yatangaje ko Miss Jolly Mutesi ari mu bazifatanya na we muri iyi sabukuru.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter ye, Muhoozi yari yagize ati “Jolly Mutesi wabaye Miss Rwanda, inshuti yanjye ya cyera azaba ari mu isabukuru! Tuzagira ibihe byiza.”

Uyu munyarwandakazi wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2016, yasubije Muhoozi kuri ubu butumwa na we yifashishije Twitter, amwiseguraho ko atazabasha kwitabira ibi birori.

Yagize ati “Ni iby’agaciro kuri njye muvandimwe wanjye ariko ntabwo nzabasha kwitabira isabukuru y’uyu mwaka, nzaza mu yitaha.”

Bamwe mu bakurikira uyu mukobwa, bamunenze, bavuga ko atari akwiye guhakanira umuyobozi ukomeye nk’uyu abinyujije kuri Twitter.

Uwitwa Ndacyayisaba yagize ati “Ibi bigaragaza ikinyabupfura gicye no kwiyumva. Kuki utamwandikiye ubutumwa bw’ibana [DM/Direct Message]? Ukeka ko ari umuntu wa giseseka.”

Uwitwa Hatali Gilbert na we yagize ati “Nkurikije ibihe ibihugu byombi birimo byo kuzahura umubano wari kwigora ukujyayo, guhakanira umuyobozi ku karubanda nta burere burimo. Twari twishimiye buriya butumire ariko uradutengushye.”

Uwitwa David Byiringiro na we ati “Uko niko umuntu wazamutse mubicu cyane atangira kumanuka atabizi, Jolly Mutesi iyo usanga General mu gikari ukamubwira ko utazaboneka byari kuba umuco mwiza w’Umunyarwandakazi. Abagabo baguhe amahoro burya si wowe ni iminsi.”

Hari n’abashyigikiye iki cyemezo cya Miss Jolly, bavuze ko kuba yahakaniye Muhoozi, ari uko azaba ari mu bindi.

Uwitwa Engineer ati “Icyo mbona ni uko Jolly agira ingengabihe y’ibikorwa bye, si wamukobwa ubonera igihe ushakiye. Kuki abandi bakobwa batakwigiraho ko mbona udasamara! Rwose urasobanutse cyane, abatemera si uko batabona ukuri ahubwo Baba baganira.”

Kuba hari abamunenze guhakanira Muhoozi ku karubanda, bamwe babishyigikiye bavuga ko uyu musirikare na we yari yanditse buriya butumwa kuri Twitter.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + eighteen =

Previous Post

U Rwanda rwemeye ko ruri mu biganiro na Denmark bigamije kurwoherereza abimukira

Next Post

Hamenyekanye amakuru mashya ku bagenzi bari muri ya ndege

Related Posts

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
20/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

IZIHERUKA

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye
IBYAMAMARE

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indege ya RwandAir yagiriye ikibazo muri Uganda ubwo yagwaga

Hamenyekanye amakuru mashya ku bagenzi bari muri ya ndege

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.