Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye amakuru mashya ku bagenzi bari muri ya ndege

radiotv10by radiotv10
20/04/2022
in MU RWANDA
0
Indege ya RwandAir yagiriye ikibazo muri Uganda ubwo yagwaga
Share on FacebookShare on Twitter

Indege ya RwandAir yagiriye ikibazo ku kibuga cy’Indege cya Entebbe muri Uganda ubwo yari iri kugwa igasa nk’itaye inzira, hamenyekanye ko yari irimo abagenzi bagera muri 60 barimo abashyitsi bitabiriye ibirori by’isabukuru ya Gen Muhoozi Kainerugaba.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Sosiyete y’u Rwanda y’ubwikorezi bwo mu Kirere (RwandAir) mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, ryavugaga ko indege imwe y’iyi sosiyete yari iri kugwa ku Kibuga Mpuzamahanga cya Entebbe yagize ikibazo igasa n’inyerera.

Iri tangazo ryavugaga ko abagenzi bari bayirimo ndetse n’abakozi b’iyi sosiyete bose ntawagize ikibazo.

Iyi ndege yari iturutse i Nairobi muri Kenya, yagize iki kibazo saa kumi n’imwe na mirongo itatu n’umwe za mu gitondo (05:31’).

Itangazo rya RwandAir rivuga ko iki kibazo cyatewe n’ikibazo cy’ikirere kitarinkifashe neza, hakaba hari andi makuru yavuzwe ko umupilote w’iyi ndege atabashaga kubona kubera urumuri rucye rw’amatara ari kuri iki kibuga.

Amakuru dukesha Nation.Africa, ni uko iyi ndege yarimo abantu 60 barimo abashyitsi 20 b’abakobwa bitabiriye isabukuru ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba baturutse i Kigali.

Iki kinyamakuru kivuga ko aba bakobwa bitabiriye ibi birori ku butumire bwa Muhoozi uzagira isabukuru ku y’imyaka 48 ku ya 24 Mata.

Muhoozi ukomeje kugaruka cyane ku isabukuru ye, yari yatangaje ko ibi birori bye bizanitabirwa na Mutesi Jolly ufite ikamba rya Miss Rwanda 2016, gusa uyu mukobwa akaba yamwiseguyeho ko atazabasha kwitabira.

Bamwe mu bakoresha urubuga rwa Twitter mu Rwanda no muri Uganda banenze Mutesi Jolly kuba atitabiriye ubutumire bw’uyu musirikare ukomeye ndetse akanamuhakanira abinyujije kuri Twitter hafatwa nko ku karubanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Miss Jolly aranengerwa guhakanira Muhoozi ko atazitabira ibirori bye akanabikorera ku karubanda

Next Post

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yinjiye mu mwuga w’Itangazamakuru

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yinjiye mu mwuga w’Itangazamakuru

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yinjiye mu mwuga w’Itangazamakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.