Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye amakuru mashya ku bagenzi bari muri ya ndege

radiotv10by radiotv10
20/04/2022
in MU RWANDA
0
Indege ya RwandAir yagiriye ikibazo muri Uganda ubwo yagwaga
Share on FacebookShare on Twitter

Indege ya RwandAir yagiriye ikibazo ku kibuga cy’Indege cya Entebbe muri Uganda ubwo yari iri kugwa igasa nk’itaye inzira, hamenyekanye ko yari irimo abagenzi bagera muri 60 barimo abashyitsi bitabiriye ibirori by’isabukuru ya Gen Muhoozi Kainerugaba.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Sosiyete y’u Rwanda y’ubwikorezi bwo mu Kirere (RwandAir) mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, ryavugaga ko indege imwe y’iyi sosiyete yari iri kugwa ku Kibuga Mpuzamahanga cya Entebbe yagize ikibazo igasa n’inyerera.

Iri tangazo ryavugaga ko abagenzi bari bayirimo ndetse n’abakozi b’iyi sosiyete bose ntawagize ikibazo.

Iyi ndege yari iturutse i Nairobi muri Kenya, yagize iki kibazo saa kumi n’imwe na mirongo itatu n’umwe za mu gitondo (05:31’).

Itangazo rya RwandAir rivuga ko iki kibazo cyatewe n’ikibazo cy’ikirere kitarinkifashe neza, hakaba hari andi makuru yavuzwe ko umupilote w’iyi ndege atabashaga kubona kubera urumuri rucye rw’amatara ari kuri iki kibuga.

Amakuru dukesha Nation.Africa, ni uko iyi ndege yarimo abantu 60 barimo abashyitsi 20 b’abakobwa bitabiriye isabukuru ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba baturutse i Kigali.

Iki kinyamakuru kivuga ko aba bakobwa bitabiriye ibi birori ku butumire bwa Muhoozi uzagira isabukuru ku y’imyaka 48 ku ya 24 Mata.

Muhoozi ukomeje kugaruka cyane ku isabukuru ye, yari yatangaje ko ibi birori bye bizanitabirwa na Mutesi Jolly ufite ikamba rya Miss Rwanda 2016, gusa uyu mukobwa akaba yamwiseguyeho ko atazabasha kwitabira.

Bamwe mu bakoresha urubuga rwa Twitter mu Rwanda no muri Uganda banenze Mutesi Jolly kuba atitabiriye ubutumire bw’uyu musirikare ukomeye ndetse akanamuhakanira abinyujije kuri Twitter hafatwa nko ku karubanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 4 =

Previous Post

Miss Jolly aranengerwa guhakanira Muhoozi ko atazitabira ibirori bye akanabikorera ku karubanda

Next Post

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yinjiye mu mwuga w’Itangazamakuru

Related Posts

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana
MU RWANDA

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

05/11/2025
AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

04/11/2025
Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yinjiye mu mwuga w’Itangazamakuru

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda yinjiye mu mwuga w’Itangazamakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.