Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amajyepfo: Abarokotse bavuga ko ubuyobozi bubahatira kwiyunga n’ababahotera aho kubajyana mu butabera

radiotv10by radiotv10
24/04/2022
in MU RWANDA
0
Amajyepfo: Abarokotse bavuga ko ubuyobozi bubahatira kwiyunga n’ababahotera aho kubajyana mu butabera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu barokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi batuye mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko n’ubwo hari byinshi bimaze gukorwa mu rwego rwo guhabwa ubutabera ariko hakiri imbaraga nke mu guhana ababakorera ibikorwa bibi by’ingengabitekerezo kuko hari ababikorerwa bakabahatira kwiyunga.

Aba barokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi bo mu Ntara y’Amajyepfo, bagaragaza ko hari bamwe babahohotera mu buryo bunyuranye nko kubabwira amagambo ashengura umutima cyangwa kwangiza ibikorwa byabo nko gutema amatungo yabo no kurandura imyaka yabo.

Bavuga ko hari ubwo bagaragariza inzego ibi bibazo ariko ntibubihe ubureme bikwiye nyamara ngo hari ibimenyetso byigaragaza.

Umwe yagize ati “Ni gute ushobora gusanga ihene yawe bayitemye wagiye kuyizirika hanze cyangwa se ugasanga intsina zawe bazigushe kiracyari ntoya, kandi abayobozi tukabibabwira ariko bikarangira gutyo n’uwo muntu ntazamenyekane.”

Uyu muturage warokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, avuga ko hari bamwe mu bagenzi babo babayeho mu bwoba kubera ibi bikorwa bibi bakorerwa ariko ababibakoreye ntibabiryozwe, bakavuga ko bishobora kuzatuma banakorerwa ibirenze ibi kuko ababikoze baba batagizweho ingaruka n’ibyo bakoze.

Ati “Tubayeho mu bwoba ariko kandi twizeye ko na Leta yacu idukunda iratuzi. Ibyo bintu bajye babikurikirana. Turacyafite abantu bafite udusigisigi kandi abayobozi bamwe wabibabwira bagasa nk’ababirenzago. Nibareke tube umwe kuko ibyavuye muri Jenoside ntawe bitagizeho ingaruka.”

Icyakora aba baturage bavuga ko Abanyarwanda benshi bamaze gusobanukirwa ububi bw’ingengabitekerezo ku buryo iyo hagize uvuga amagambo yumvikanamo ingengabitekerezo ya Jenoside, bahagurukira rimwe bakamwamagana.

Undi muturage ati “Nk’ubu hari uherutse kumbwira ibintu, ariko natunguwe no kuba abantu barahise bamwira ngo ‘ayo makuru uyakuye he ubundi?’ nashimishijwe nuko bagenzi be bamubwiye bati ‘ayo makuru uyakuye he?, uyazanye ute?’ bose abakuru n’abato n’urubyiruko baramubwira bati ‘ibyo uvuze wabisubiramo?’.”

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry aherutse kubwira Radio 10 ko mu cyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi, uru rwego rwakiriye dosiye 53 z’ingengabitekerezo ya Jenoside zikurikiranywemo abantu 68.

Dr Murangira yavuze ko abagabo ari bo biganje mu bakekwaho iki cyaha cy’ingengabitekerezo kuko abagaragaye muri kiriya cyumweru, 44 ari igitsinagabo bangana na 64,7% mu gihe abagore bari 15 bangana na 22,1% mu gihe abandi bangana na 13,2% bari bataramenyekana.

Pacifique NTAKIRUTIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Rutsiro: Batatu bikoreye imyenda ya magendu bafashwe bari kwihishahisha mu kivunge

Next Post

Ambasaderi w’Umuryango w’u Burayi yatunguye benshi agaragaza ko we n’abana be bihebeye Rayon

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ambasaderi w’Umuryango w’u Burayi yatunguye benshi agaragaza ko we n’abana be bihebeye Rayon

Ambasaderi w’Umuryango w’u Burayi yatunguye benshi agaragaza ko we n’abana be bihebeye Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.