Wednesday, October 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Agahinda k’uwafashwe ku ngufu n’abambuzi akaba atwite inda y’amezi 4 atazi nyirayo

radiotv10by radiotv10
04/05/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi w’abana batatu ari mu gahinda nyuma yo gufatwa ku ngufu n’abagizi ba nabi bategera abantu mu gace ko mu Kagari ka Rungu mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, none akaba atwite inda y’amezi ane yaterewe aho yafatiwe ku ngufu.

Uyu mubyeyi umaze igihe gito atahutse avuye muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, yabwite RADIOTV10 ko yahuye n’uruva gusenya ubwo mu masaha y’igitondo cya kare yazindutse ajya gupagasa nyamara akaza guhurira n’abagizi ba nabi ahantu habaye indahiro kuri we kimwe n’abandi baturage batuye mu Mudugu wa Gatovu.

Agaragaza agahinda k’iri hohoterwa yakorewe, yagize ati “Nk’ubu nkanjye nta mugabo mfite, narazindutse ngo ngiye mu kiraka bamfata ku ngufu.”

Uyu mubyeyi akomeza avuga ko atihutiye kujya kwa muganga akimara guhohoterwa n’abo bagizi ba nabi gusa nyuma y’uko yumvise impinduka mu mubiri we yagiyeyo hashize amezi 3.

Ati “Natekereza ko baba baranteye uburwayi bwa SIDA, ngeze kwa muganga barambwira ngo ndi muzima, nyuma yaho ndavuga nti ‘none se ko nta SIDA ndwaye nkaba ntakibona imihango nk’abandi babyeyi’ nsubiyeyo barambwira ngo nagize inda [aratwite].”

Uyu muturage avuga ko yaguye mu kantu kuko atigeze agira umugabo baryamana babyumvikanyeho agahita yemeza ko yayitewe n’abo bamufashe ku ngufu kandi ko nta n’umwe azimo ku buryo umwana azibaruka yazamenya Se.

Anyuzamo akavugana ikiniga n’amarira agashoka, ati “Ubwo nahisemo kwemera ibyo Imana yakoze, navuka ari umwana muzima nzamurera nk’abandi. Guhora ni ukw’Imana ariko bakanabafata bakabafunga bakaguma muri Gereza nabo bakumva icyo gihano kuko na bo ntabwo bari gukora neza.”

Abaturage bo muri aka gace bagaragaza ko uyu mubyeyi atari we wa mbere ugiriye ikibazo cy’ihohoterwa aha hantu kuko hari n’abandi bagiye bahamburirwa.

Umwe yagize ati “Turifuza ko inzego z’umutekano zikaza umurego noneho hariya hantu bakahashyira irondo.”

Umuyobozi w’akarere ka Musanze, Lamuri Janvier avuga ko ikibazo cy’abategera abantu mu nzira bagihagurukiye ndetse bagiye gushyira ijisho muri uyu Mudugudu birenzeho.

Ati “Twari turimo kubigendamo neza muri aya mezi abiri ashize, niba ari umuntu ufite ikibazo yagize mu mezi atanu ashize nk’uwo watewe inda, ntabwo mpakana byaba byarabaye ariko muri iki gihe cya vuba twari turi kubihashya.”

Aha hantu habaye indahiro ku baturage bo muri uyu Mudugudu, bavuga ko hamaze imyaka iri hagati y’itatu n’ine nta mutekano uharangwa kuko n’iyo hagize ufatwa akekwaho ubwo bugizi bwa nabi ahita arekurwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + nineteen =

Previous Post

Hamenyekanye impamvu Miss Muheto amaze iminsi irenga 40 atarahabwa igihembo cy’imodoka

Next Post

Kamonyi: Polisi yafunze umuyobozi wo mu ishuri ry’Abapadiri wahanishije umunyeshuri inkoni akamukomeretsa

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyizeho Abasenateri bane nyuma yuko manda y’abo yari yashyizeho irangiye, barimo babiri bagarutse muri Sena...

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda iragira inama abantu bose bacuruza ibinyobwa byakozwe n’inganda zagaragaweho kutuzuza ubuziranenge byumwihariko urwa Salama rukora umutobe (Jus/Juice),...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

by radiotv10
21/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abasore batatu b’abanyamahanga biga mu Rwanda, bagaragaye basagarira abamotari, aho babakubise bakabakomeretsa....

Uwabaye umuyobozi ukomeye muri Minisiteri akurikiranyweho gusambanya abakobwa

Ibyamenyekanye ku rubanza ruregwamo uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda wahamijwe gusambanya umwana

by radiotv10
21/10/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire ruregwamo Antoine Ruvebana wabaye Umunyamabanga Uhoraho mu yahoze ari Minisiteri Ishinzwe Ibiza n'Impunzi wahamijwe icyaha cyo gusambanya...

Icyibanzweho mu biganiro byahuje Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Bufaransa ubwo hakirwaga Umujenerali wazo

Icyibanzweho mu biganiro byahuje Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Bufaransa ubwo hakirwaga Umujenerali wazo

by radiotv10
21/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo w’u Bufaransa Zirwanira ku Butaka, General Pierre Schill; yakiriwe n’Umugaba Mukuru w’iz’u Rwanda, General Mubarakh Muganga, ndetse...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

21/10/2025
Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

21/10/2025
Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

21/10/2025
Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

21/10/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

21/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Polisi yafunze umuyobozi wo mu ishuri ry’Abapadiri wahanishije umunyeshuri inkoni akamukomeretsa

Kamonyi: Polisi yafunze umuyobozi wo mu ishuri ry’Abapadiri wahanishije umunyeshuri inkoni akamukomeretsa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.