• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

DRCongo: Abapolisi 750 batorokanye imbunda bajya gushinga umutwe w’abambuzi

radiotv10by radiotv10
05/05/2022
in Uncategorized
0
DRCongo: Abapolisi 750 batorokanye imbunda bajya gushinga umutwe w’abambuzi
Share on FacebookShare on Twitter

I Lubumbashi mu Ntara ya Haut-Katanga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, haravugwa ibikorwa by’umutekano mucye by’abantu bambura abaturage ibyabo, bivugwa ko bikorwa n’abapolisi 756 batorotse Igipolisi muri Grand Kasaï ubundi bashinga umutwe w’ubwambuzi.

Byatangajwe na Guveneri w’Intara Haut-Katanga, Jacques Kyabula Katwe mu kiganiro yagiranye n’Itanganzamakuru cyagarukaga ku bibazo bihuriweho n’Intara ya Katanga na Kasaï.

Jacques Kyabula Katwe yavuze ko ibikorwa b’umutekano mucye bimaze iminsi bivugwa muri Haut-Katanga, bikorwa n’abahoze mu Gipolisi cy’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Ku byerekeye ikibazo cy’umutekano, twamenye ko hari umutwe ugizwe n’abantu benshi uturuka mu Ntara ya Kasaï baza mu Ntara ya Katanga kandi ni abapolisi baza mu baturage.”

Yakomeje agira ati “Muri Haut-Katanga twamenye ko hari abapolisi barenga 750 baza ubwabo baturutse muri Katanda bafite intwaro. Kandi iyo baje ntibabona aho kurara cyangwa icyo kurya, ni bwo batangira guteza umutekano mucye. Ni yo mpamvu mwakomeje kubona ibibazo by’umutekano tutabashaga kumenya intandaro yabyo kugeza uyu munsi.”

Jacques Kyabula Katwe yavuze ko nyuma y’uko intandaro y’iki kibazo imenyekaniye, ubu hari gukorwa uburyo bwo kukirandura.

Raporo y’Inama mpuzantara ya Katanga-Kasaï yatangajwe na 7SUR7.CD, ivuga ko abapolisi barenga 1 000 batorotse muri Kasaï bagatorokana imbunda zabo bakaba barimo 756 bari muri Haut-Katanga mu gihe abandi 300 bari i Lualaba ndetse na 220 bari muri Kasaï Tanganyika.

Src: Acturdc

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + five =

Previous Post

RIB yemeje ko yafuze Padiri uyobora ishuri ryakubitwemo abanyeshuri inkoni zikishushanya

Next Post

Hamenyekanye umubare w’Abasirikare b’u Burundi baguye mu gitero cya Al-Shabab

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Hamenyekanye umubare w’Abasirikare b’u Burundi baguye mu gitero cya Al-Shabab

Hamenyekanye umubare w’Abasirikare b’u Burundi baguye mu gitero cya Al-Shabab

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.