• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Gakenke: Umuyobozi yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana

radiotv10by radiotv10
09/05/2022
in Uncategorized
0
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa kamwe mu Tugari two mu Murenge wa Minazi mu Karere ka Gakenke, ukekwaho gusambanya umwana w’umukobwa.

Uyu muyobozi witwa Bangankira Jean Bosco wayoboraga Akagari ya Gasiho, yatawe muri yombi mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje tariki 07 Gicurasi 2022.

Umwana akekwaho gusambanya, afite imyaka 16 wiga mu Rwunge rw’amashuri rwa Congole Ruli aho bikekwa ko ibi akekwaho byabaye mu bihe bitandukanye.

Bangankira Jean Bosco ubu ufungiye kuri station ya RIB ya Ruli, ari gukorwaho iperereza kugira ngo dosiye ye ishyikirizwe Ubushinjacyaha buzamuregere Urukiko.

Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, Nizeyimana Jean Marie Vianey yemeje ko uyu muyobozi ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho cyaha cyo gusambanya umwana w’umunyeshuri.

Uyu muyobozi w’Akarere yaboneyeho kugenera ubutumwa abayobozi bagenzi be, abasaba kwirinda ingeso mbi kuko ari bo baba bakwiye kubera urugero abandi.

Yagize ati “iyo wanakoze ibyaha nk’ibyo baba bangije isura y’ubuyobozi kandi banatesheje agaciro urwego ruba rwarabagiriye icyizere, turabasaba kugira imyitwarire myiza, ntibiyandarike, ntibakore ibyaha ibyo ari byo byose.”

Umwana w’umukobwa ukekwaho gusambanywa mu bihe binyuranye, ameze neza ndetse ari gukomeza amashuri n’abandi banyeshuri mu gihe ukekwaho kumusambanya ari gukorwaho iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Miss Iradukunda ari mu maboko ya RIB

Next Post

Uwasinye inyandiko ya Miss Elsa nka Noteri na we yatawe muri yombi

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Uwasinye inyandiko ya Miss Elsa nka Noteri na we yatawe muri yombi

Uwasinye inyandiko ya Miss Elsa nka Noteri na we yatawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.