Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byamenyekanye ko Protais Mpiranya washakishwaga cyane amaze imyaka 16 yarapfuye

radiotv10by radiotv10
12/05/2022
in MU RWANDA
0
Byamenyekanye ko Protais Mpiranya washakishwaga cyane amaze imyaka 16 yarapfuye
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), rwemeje ko Protais Mpiranya wari mu bakekwaho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside washakishwaga, yapfuye muri 2006.

Itangazo ryasohowe na IRMCT ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 12 Gicurasi 2022, rivuga ko uyu mugabo uri mu ba ruharwa bakekwagaho uruhare mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi, yapfuye, ubu akaba atakiri mu bagomba kuburanishwa n’uru rwego.

Umushinjacyaha mukuru wa IRMCT, Serge Brammertz yatangiye avuga ko gucira urubanza Protais Mpiranya byari kuba biri mu ntambwe nziza yo guha ubutabera abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Ati “Ku barokotse ibyaha yakoze, Mpiranya yari umwe mu bashakishwaga bakomeye, uwari umuyobozi w’urwego rwarindaga Perezida mu gihe cya Jenoside akaba n’umukomanda wo ku rwego rwo hejuru wa FDLR.”

Serge Brammertz yakomeje avuga ko kwemeza urupfu rwa Protais Mpiranya bisobanuye ko gukomeza kumukurikirana bihagaze.

Uyu Mushinjacyaha wa IRMCT yakomeje avuga ko mu myaka ishize, ibiro bye byakomeje gushakisha aba ba ruharwa aho ubu ruri kuburana urubanza ruregwamo Kabuga Felicien.

Protais Mpiranya yatangiye gukurikiranwa na ICTR muri 2000, biza gutangazwa ku mugaragaro muri 2002, akaba yari akurikiranyweho ibyaha umunani birimo bya Jenoside, ubufatanyacyaha muri Jenoside, ibyaha by’ubwicani nk’ibyibasiye inyokomuntu ndetse n’ibyaha by’intambara.

Iperereza ryakozwe, ryagaragaje ko Mpiranya yapfute tariki 05 Gicurasi 2006 aho yapfiriye i Harare muri Zimbabwe, gusa bikaba byari bigikurikiranwa kugira ngo byemezwe kuko hari abatangaza ko abantu nk’aba bapfuye bagamije kuyobya ubutabera.

Nyuma y’uko ICTR itangaje ko iri gushakisha uyu Mpiranya, yahungiye muri Zimbabwe muri 2002 aho yabaga kugeza ahapfiriye muri 2006.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 11 =

Previous Post

Nyamasheke: Umukecuru w’imyaka 87 yaguye mu cyobo cy’umuturanyi yari yasuye amushyiriye 100Frw

Next Post

UPDF na RDF bakomeje guhamya ubumwe: Muhoozi yakiriye Nyakarundi ushinzwe iperereza

Related Posts

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Eng.-President Kagame and First Lady host Senior U.S Officials including Senior Advisor to the White House

by radiotv10
07/11/2025
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted senior officials from the United States of America, including Paula White-Cain,...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDF na RDF bakomeje guhamya ubumwe: Muhoozi yakiriye Nyakarundi ushinzwe iperereza

UPDF na RDF bakomeje guhamya ubumwe: Muhoozi yakiriye Nyakarundi ushinzwe iperereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.