Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

USA yavuze ku mwuka uri hagati y’u Rwanda na DRC, igira icyo isaba Perezidansi zombi

radiotv10by radiotv10
13/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
USA yavuze ku mwuka uri hagati y’u Rwanda na DRC, igira icyo isaba Perezidansi zombi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe za America bwavuze ko butewe impungenge n’ibibazo by’umutekano biri hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, bugira icyo busaba Perezidansi z’Ibihugu byombi.

Itangazo ryasohowe n’Ibiro bya Leta Zunze Ubumwe za America bishinzwe ububanyi n’Amahanga muri Afurika, rivuga ko rihangayikishijwe n’ibikorwa bihingabanya umutekano ku mipaka hagati y’u Rwanda na DRC.

Iri tangazo rigira riti “Duhangayikishijwe na Raporo z’ibitero byambukiranya imipaka hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda bikomeje kugwamo inzirakarengane.”

Iri tangazo rikomeza rigira icyo risaba ibiro by’Abakuru b’Ibihugu byombi, riti “Twizeye ko habaho uruhare rw’imiyoborere yubaka hagati ya Perezidansi ya DRC na Village Urugwiro [Perezidansi y’u Rwanda].”

We are alarmed by reports of cross-border attacks between the DRC and Rwanda resulting in loss of life. We look for responsible, constructive leadership from 🇨🇩 @Presidence_RDC and 🇷🇼 @UrugwiroVillage.

— Bureau of African Affairs (@AsstSecStateAF) June 11, 2022

Mu ntangiro z’uku kwezi, Umunyamabanga wa Leta wa USA, Anthony Blinken yakiriye itsinda ry’abayobozi bari baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryari riyobowe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Christophe Lutundula.

Izi ntumwa zoherejwe na Perezida Félix Tshisekedi, zakiriwe i Washington, zaganiriye n’uyu mukuru wa Dipolomasi muri USA, ku ngingo zinyuranye zirimo ibibazo by’umutekano mucye bikomeje kugaragara mu burasirazuba bwa DRC ndetse ngo n’ububafasha buturuka mu Bihugu by’abaturanyi ngo bitera inkunga imitwe irwanya ubutegetsi bwa DRC.

Mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa, Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zarashe mu Rwanda ibisasu biremereye birimo ibyakomereje abaturage ndetse bikanangiza ibikorwa bya bamwe.

Ibisasu biheruka guterwa mu Rwanda, ni ibyarashwe ku wa Gatanu w’icyumweru twaraye dusoje, byaguye mu mirima y’abaturage mu Murenge wa Kinigi ariko ntibyagira uwo bikomeretsa mu gihe ibyatewe tariki 23 Gicurasi byo byakomerekeje bamwe.

Ku wa Gatanu tariki 10 Kamena 2022 ibi bisasu byongeraga kuraswa mu Rwanda, ubuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda bwasohoye itangazo bwemeza ko byarashwe na FARDC mu gihe iki gisirikare cya DRC na cyo cyahise gisohora irindi tangazo kihunza ibi bisasu, kivuga ko itangazo rya RDF ari uguhumya uburari ngo kuko ahubwo ari yo yarashe mu duce twa Kabaya na Biruma muri Teritwa ya Rutshuru, bigahitana abana babiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − two =

Previous Post

Hamenyekanye impamvu yatumye imikino ya ½ ya shampiyona y’ikiciro cya kabiri isubikwa

Next Post

Majoro muri FARDC yahitanywe na M23, Umujenerali yarindaga ararusimbuka

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Majoro muri FARDC yahitanywe na M23, Umujenerali yarindaga ararusimbuka

Majoro muri FARDC yahitanywe na M23, Umujenerali yarindaga ararusimbuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.