• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nta byacitse, twari tubyiteze- Mukuralinda avuga ku ihagarikwa ritunguranye ry’indege y’abimukira

radiotv10by radiotv10
16/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nta byacitse, twari tubyiteze- Mukuralinda avuga ku ihagarikwa ritunguranye ry’indege y’abimukira
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko icyemezo cyahagaritse indege yagombaga kuzana abimukira ba mbere baturutse mu Bwongereza, kitatunguye Guverinoma y’u Rwanda kuko yari izi ko hatanzwe ikirego cyarogoye iyi gahunda.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Kamena 2022, abimukira n’abashaka ubuhungiro ba mbere bagomba kuzaturuka mu Bwongereza bazanwa mu Rwanda, bagombaga gusesekara i Kigali ariko urugendo rwabo ruza guhagarikwa ku munota wa nyuma.

Indege yagombaga kuzana aba bimukira yahagaritswe habura iminoya micye ngo ifate ikirere nyuma y’icyemezo cyafashwe n’Urukiko Nyaburayi rushinzwe Uburenganzira bwa Muntu rwavuze ko rukwiye kubanza gusuzuma ikirego cy’ubujurire cyatanzwe n’umwe muri aba bimukira uvuga ko ashobora kuzagirirwa nabi igihe azaba ageze mu Rwanda.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko iki cyemezo cyafashwe n’uru rukiko, gishingiye ku mategeko.

Ati “Ni icyemezo cy’agateganyo gifatwa vuba, kuko Umucamanza aba abona ko atagifashe hakagira ibikorwa bishobora kutazabasha gusubira inyuma, noneho akavuga ati ‘gahunda yari ihari nibe ihagaze noneho tubisuzume noneho nitwemeza ko umuntu atagenda’ ubwo bizaba birangiye, ‘nitwemeza ko amasezerano yakomeza agashyira mu bikorwa’ noneho agakomeza.”

Mu kiganiro Guverinoma y’u Rwanda yagiranye n’Itangazamakuru ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 14 Kamena cyagarukaga ku myiteguro yo kwakira bariya bimukira, Mukuralinda nubundi yari yavuze ko impaka zabaye muri aya masezerano, zitatunguranye, gusa avuga ko igihe cy’impaka cyarangiye ahubwo hakurikiyeho icyo gushyira mu bikorwa umugambi w’u Rwanda n’u Bwongereza.

Nyuma yuko urugendo rw’aba bimukira rusubitswe ku munota wa nyuma, Mukuralinda yavuze ko kuba rwahagaritswe atari igitangaza.

Yagize ati “Nta gitangaza kirimo, nta byacitse byabaye, twari tubyiteze, impaka twari tuziteze, zarabaye nubu zirakomeza.”

Avuga ko Guverinoma y’u Rwanda itigeze itungurwa n’iki cyemezo “kuko n’ejo turi mu nama, abanu baratubazaga bati ‘harya haraza abantu bangahe?’. Twanze kwerura umubare kuko tutari tuwuzi kuko byagendaga bihindagurika. Twari tuzi neza ko biri mu nkiko, ni muri urwo rwego rero kiriya cyemezo cyafashwe.”

Mukuralinda usanzwe ari umuhanga mu by’amategeko akaba yaranabaye Umushinjacyaha ku rwego rw’Igihugu, avuga ko kuba Umucamaza wa ruriya rukiko yarafashe kiriya cyemezo, ari ububasha ahabwa n’amategeko kuko atari kwemera ko bariya bimukira baza kandi afite urubanza rwabo rutarafatwaho icyemezo.

Ati “Turi [u Rwanda] muri ruriya rukiko, yabareka [abimukira] bakaza kuko yavuga ati ‘igihe naba mbakenereye kubera ko mfite ubushobozi ku Rwanda, narutegeka rukabagarura’ ariko tutarimo, aravuga ati ‘oya, bishoboka ko baramutse bagiye u Rwanda rutabagarura, kuko nta bubasha mfite ku Rwanda’.”

Mukuralinda agaruka ku byatangajwe na Guverinoma y’u Bwongereza, yahise itangaza ko igiye gutegura urugendo rw’indi ndege izazana abimukira, avuga ko iyi gahunda ikomeje.

Ati “Gahunda irakomeje cyeretse nibiza kugaragara mu rwego rw’amategeko [kuko ibintu biri mu rukiko byose birashoboka] ko hari ibyo u Bwongereza butubahirije cyangwa se bwanyuranyije n’amategeko.”

Mukuralinda avuga ko mbere yuko amasezerano hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza ashyiwaho umukono, habanje gusuzumwa amategeko yose ku buryo abantu bagira icyizere ko nta kizaburizamo iyi gahunda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Kigali: Hamenyekanye amakuru mashya ku mukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana washenguye benshi

Next Post

Mu mashusho atera benshi ishyari Miss Igisabo yifurije isabukuru nziza umukunzi we

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Nta byacitse, twari tubyiteze- Mukuralinda avuga ku ihagarikwa ritunguranye ry’indege y’abimukira

Mu mashusho atera benshi ishyari Miss Igisabo yifurije isabukuru nziza umukunzi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.