Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hatahuwe ko Umu-Dj usigaje igihe gito cyo kubaho yafungiwe gufata ku ngufu none byazamuye impaka

radiotv10by radiotv10
01/07/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Hatahuwe ko Umu-Dj usigaje igihe gito cyo kubaho yafungiwe gufata ku ngufu none byazamuye impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Derrick Mutambuka uzwi nka DJ Dizzo wabwiwe ko asigaje igihe gito cyo kubaho kubera uburwayi afite, hatahuwe ko yigeze gukatirwa gufungwa imyaka 9 n’Inkiko zo mu Bwongereza kubera gufata ku ngufu, none byazamuye impaka.

Kuri uyu wa Kane tariki 30 Kamena 2022, ku mbuga nkoranyambaga ni bwo hatangiye gusakazwa inkuru zanditswe kuri uyu muvangamiziki w’Umunyarwanda, ubwo yari akiba mu Bwongereza zigaragaza ko yigeze gufungirwa mu Bwongereza.

Ibinyamakuru birimo Daily Maily biri mu bikomeye ku Isi, ndetse na Chronicle Live, byanditse kuri uyu musore w’Umunyarwanda uherutse kuza kurangiriza ubuzima bwe mu Rwanda.

Inkuru ya Chronicle Live yanditswe tariki 04 Kanama 2017, ifite umutwe ugira uti “Rapist jailed for more than nine years after brutally attacking woman in street” [tugenekereje ni ‘Ufata ku ngufu yafunzwe imyaka irenga icyenda nyuma yo kwibasira bikomeye umugore mu muhanda].

Iyi nkuru ivuga ko Derrick Mutambuka yatatse umugore mu muhanda mu mujyi wa Sunderland ubwo yari ari gutaha mu rukerera ubundi akamufata ku ngufu.

Inkuru ya Daily Mail yo ivuga ko uyu Derrick Mutambuka yongeye gufata ku ngufu undi mugore akanamutera ibikomere 34 ku mubiri.

Ubwo yaburanishwaga mu rukiko rwa Newcastle Crown, kuri iki cyaha, umunyamategeko we Ekwall Tiwana yavuze ko “nubwo ibi biremereye ariko ntakimenyetso kigaragaza uburemere bwabyo.”

Daily Mail yanditse kuri ibi birego byagiye biregwamo Mutambuka uzwi nka Dj Dizzo, yagiye igaruka ku byagiye bivugwa muri izi manza, aho Ubushinjacyaha bwasabaga Urukiko kumuhana rwihanukiriye kuko ngo uyu musore yari akomeje kuba ikibazo ku gitsinagore.

Iki kinyamakuru kivuga kandi ko abahirimbanira uburenganzira bw’Abagore, na bo bahagarutse basaba ko uyu Munyarwanda akanirwa urumukwiye ngo kuko abo yafashe ku ngufu yabasigiye ibikomere biremereye ku mutima.

Dj Dizzo aherutse kuza mu Rwanda aho bivugwa ko yaje kuharangiriza ubuzima kuko mu ntangiro za Mata 2022  yabwiwe ko asigaje amezi atatu yo kubaho kubera indwara ya Cancer afite.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bagarutse kuri izi nkuru zitari nziza zimuvugwaho mu gihe yari yazamuye amarangamutima ya benshi, bavugaga ko babajwe no kuba uyu mujyambere agiye kuva mu mubiri.

Uwiyita Umwirabura kuri Twitter, yagize ati “Yego yarakosheje kandi cyane gusa kandi yarabihaniwe. Mumureke apfe neza ni ukuri.”

yego yarakosheje kdi cyane gusa kdi yarabihaniwe. Mumureke apfe neza nukuri💔😭 pic.twitter.com/RSq9Y7enGz

— ZZZTHANKS (@ZXZZZThanks) June 30, 2022

Uwitwa Mugisha Epimacye yagize ati “Ko muvuga gukosa ari rape [gufata ku ngufu] ubwo kwiba inyama mu nkono byaba ari iki?”

Uwitwa Fake Gee we ati “Ibi bintu ndabona ari ugushinyagura ku muntu pe.”

Uwitwa Nkundabyeri na we yagize ati “Sinzi Impamvu abantu muri rusange dukunda inkuru mbi, gusa tujye dusubiza amaso inyuma twibuke ibyo dukora ntibibonwe n’amaso y’abantu cyangwa ubutabera ntabagaciye urubanza kuko umunyabwenge avuga ko isaha yo gupfa n’iisaha yo kubaho ni iyi, rero ntawugena igihe azaberaho.”

Dj Dizzo yahoze ari umuvangamiziki ukomeye
Dj Dizzo yaje mu Rwanda kuharangiriza ubuzima

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

U Rwanda rwungutse Imbwa zitahura ibisasu zikoresheje uburyo budasanzwe n’Abapolisi bazi kuzikoresha

Next Post

Musanze: Ubuhinzi bwabo babugereranya n’urusimbi bati “Ni ugukina kazungu wagakina nabi ugataha amaramasa”

Related Posts

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

by radiotv10
28/07/2025
0

Uruganda rwa BRALIRWA rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, rwungutse miliyari 18,4 Frw...

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

by radiotv10
28/07/2025
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi, yasabye abitabiriye irushanwa rya Miss Burundi, kutazarangazwa n'ubwiza ngo bazahore babumurika bibagirwe...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

by radiotv10
28/07/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré uri gusoza inshingano ze nk’uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yagaragaje ko yishimira kuba aherutse gusura Inka z’Inyambo...

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

by radiotv10
28/07/2025
0

In many African households, the topic of sex remains taboo, a subject shrouded in silence, discomfort, and often shame. For...

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

by radiotv10
28/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bavuga ko abafite amatungo bayashumura mu mirima yabo akona...

IZIHERUKA

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%
MU RWANDA

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

by radiotv10
28/07/2025
0

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

28/07/2025
Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

28/07/2025
Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Ubuhinzi bwabo babugereranya n’urusimbi bati “Ni ugukina kazungu wagakina nabi ugataha amaramasa”

Musanze: Ubuhinzi bwabo babugereranya n’urusimbi bati “Ni ugukina kazungu wagakina nabi ugataha amaramasa”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.