Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hatahuwe ko Umu-Dj usigaje igihe gito cyo kubaho yafungiwe gufata ku ngufu none byazamuye impaka

radiotv10by radiotv10
01/07/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Hatahuwe ko Umu-Dj usigaje igihe gito cyo kubaho yafungiwe gufata ku ngufu none byazamuye impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Derrick Mutambuka uzwi nka DJ Dizzo wabwiwe ko asigaje igihe gito cyo kubaho kubera uburwayi afite, hatahuwe ko yigeze gukatirwa gufungwa imyaka 9 n’Inkiko zo mu Bwongereza kubera gufata ku ngufu, none byazamuye impaka.

Kuri uyu wa Kane tariki 30 Kamena 2022, ku mbuga nkoranyambaga ni bwo hatangiye gusakazwa inkuru zanditswe kuri uyu muvangamiziki w’Umunyarwanda, ubwo yari akiba mu Bwongereza zigaragaza ko yigeze gufungirwa mu Bwongereza.

Ibinyamakuru birimo Daily Maily biri mu bikomeye ku Isi, ndetse na Chronicle Live, byanditse kuri uyu musore w’Umunyarwanda uherutse kuza kurangiriza ubuzima bwe mu Rwanda.

Inkuru ya Chronicle Live yanditswe tariki 04 Kanama 2017, ifite umutwe ugira uti “Rapist jailed for more than nine years after brutally attacking woman in street” [tugenekereje ni ‘Ufata ku ngufu yafunzwe imyaka irenga icyenda nyuma yo kwibasira bikomeye umugore mu muhanda].

Iyi nkuru ivuga ko Derrick Mutambuka yatatse umugore mu muhanda mu mujyi wa Sunderland ubwo yari ari gutaha mu rukerera ubundi akamufata ku ngufu.

Inkuru ya Daily Mail yo ivuga ko uyu Derrick Mutambuka yongeye gufata ku ngufu undi mugore akanamutera ibikomere 34 ku mubiri.

Ubwo yaburanishwaga mu rukiko rwa Newcastle Crown, kuri iki cyaha, umunyamategeko we Ekwall Tiwana yavuze ko “nubwo ibi biremereye ariko ntakimenyetso kigaragaza uburemere bwabyo.”

Daily Mail yanditse kuri ibi birego byagiye biregwamo Mutambuka uzwi nka Dj Dizzo, yagiye igaruka ku byagiye bivugwa muri izi manza, aho Ubushinjacyaha bwasabaga Urukiko kumuhana rwihanukiriye kuko ngo uyu musore yari akomeje kuba ikibazo ku gitsinagore.

Iki kinyamakuru kivuga kandi ko abahirimbanira uburenganzira bw’Abagore, na bo bahagarutse basaba ko uyu Munyarwanda akanirwa urumukwiye ngo kuko abo yafashe ku ngufu yabasigiye ibikomere biremereye ku mutima.

Dj Dizzo aherutse kuza mu Rwanda aho bivugwa ko yaje kuharangiriza ubuzima kuko mu ntangiro za Mata 2022  yabwiwe ko asigaje amezi atatu yo kubaho kubera indwara ya Cancer afite.

Bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bagarutse kuri izi nkuru zitari nziza zimuvugwaho mu gihe yari yazamuye amarangamutima ya benshi, bavugaga ko babajwe no kuba uyu mujyambere agiye kuva mu mubiri.

Uwiyita Umwirabura kuri Twitter, yagize ati “Yego yarakosheje kandi cyane gusa kandi yarabihaniwe. Mumureke apfe neza ni ukuri.”

yego yarakosheje kdi cyane gusa kdi yarabihaniwe. Mumureke apfe neza nukuri💔😭 pic.twitter.com/RSq9Y7enGz

— ZZZTHANKS (@ZXZZZThanks) June 30, 2022

Uwitwa Mugisha Epimacye yagize ati “Ko muvuga gukosa ari rape [gufata ku ngufu] ubwo kwiba inyama mu nkono byaba ari iki?”

Uwitwa Fake Gee we ati “Ibi bintu ndabona ari ugushinyagura ku muntu pe.”

Uwitwa Nkundabyeri na we yagize ati “Sinzi Impamvu abantu muri rusange dukunda inkuru mbi, gusa tujye dusubiza amaso inyuma twibuke ibyo dukora ntibibonwe n’amaso y’abantu cyangwa ubutabera ntabagaciye urubanza kuko umunyabwenge avuga ko isaha yo gupfa n’iisaha yo kubaho ni iyi, rero ntawugena igihe azaberaho.”

Dj Dizzo yahoze ari umuvangamiziki ukomeye
Dj Dizzo yaje mu Rwanda kuharangiriza ubuzima

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + fifteen =

Previous Post

U Rwanda rwungutse Imbwa zitahura ibisasu zikoresheje uburyo budasanzwe n’Abapolisi bazi kuzikoresha

Next Post

Musanze: Ubuhinzi bwabo babugereranya n’urusimbi bati “Ni ugukina kazungu wagakina nabi ugataha amaramasa”

Related Posts

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
15/09/2025
0

Abasanzwe bafite amazina azwi mu myidagaduro mu Rwanda, basuye umuryango w’umuhanzi The Ben wakiriye umugore we Uwicyeza Pamella wibarukiye imfura...

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Abantu babiri mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi baherutse gutegera abageni mu nzira mu murenge wa Bushenge bakabakubita ndeste bakanabambura...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

by radiotv10
13/09/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by'amashuri 20 byo mu Ntara y'Amajyepfo byatumye...

IZIHERUKA

Muri Congo batangiye gukingira icyorezo cya Ebola hanatangwa n’umuburo
AMAHANGA

Muri Congo batangiye gukingira icyorezo cya Ebola hanatangwa n’umuburo

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

15/09/2025
Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

15/09/2025
DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Eng.: In a strong message Joseph Kabila reveals what he wants for the Congolese

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Ubuhinzi bwabo babugereranya n’urusimbi bati “Ni ugukina kazungu wagakina nabi ugataha amaramasa”

Musanze: Ubuhinzi bwabo babugereranya n’urusimbi bati “Ni ugukina kazungu wagakina nabi ugataha amaramasa”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Muri Congo batangiye gukingira icyorezo cya Ebola hanatangwa n’umuburo

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.