Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ijambo rya Kayibanda, Habyarimana na Bikindi ryaratwishe ariko iry’Inkotanyi ryaraturokoye- Sen.Dusingizemungu

radiotv10by radiotv10
01/07/2022
in MU RWANDA
0
Ijambo rya Kayibanda, Habyarimana na Bikindi ryaratwishe ariko iry’Inkotanyi ryaraturokoye- Sen.Dusingizemungu
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Prof Dusingizemungu Jean Pierre yavuze ko uretse kuba RPF-Inkotanyi yararokoye Abatutsi bariho bicwa muri Jenoside, yanomoye ibikomere Abanyarwanda bari barasigiwe n’ubutegetsi bubi bwabanje bwateguye bukanashyira mu bikorwa Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Prof Dusingizemungu Jean Pierre yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 30 Kamena 2022 mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatutsi, wabereye mu Biro bya Minisitiri w’Intebe.

Muri iki gikorwa kitabiriwe n’abakozi barimo abo mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, muri Minisiteri y’Ubutabera, aba Minisiteri y’Ibikorwa Remezo n’abo muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kuvugurura amategeko, hatanzwe ibiganiro byagarutse ku mateka yagejeje kuri Jenoside.

Prof Dusingizemungu Jean Pierre yavuze ko abanyapolitiki babi bo mu butegetsi bwa mbere y’ 1994 bagize uruhare rukomeye mu kubiba urwango Abahutu bagiriye Abatutsi, bikanatuma habaho Jenoside Yakorewe Abatutsi yahitanye inzirakarengane zirenga miliyoni imwe.

Ati “Ijambo rya Kayibanda ryaratwishe, ijambo rya Habyarimana riratwica, ijambo ry’abanyuramatwi riratwica, ijambo rya Bikindi riratwica ijambo ry’Abanyamakuru nka ba Bamwanga ni ryo ryishe Abatutsi i Bugesera mu za 94 na 93, ariko ijambo ry’Inkotanyi icyo gihe, adusobanurira icyo Inkirirahato rivuga n’impamvu tudakwiye kwihorera, iryo jambo ryabaye umusingi w’ibyagombaga gukurikira muri iki Gihugu.”

Abakozo b’ibi bigo na za Minisiteri babanje gusura urwibutso rwa Buhanda ruherereye mu Karere ka Gasabo, bunamira inzirakarengane zirenga ibihumbi 37 ziharuhukiye.

Eric Mwiseneza warokokeye muri aka gace, avuga ko habereye ubwicanyi bw’indengakamere kuko hari imiryango myinshi yari ihatuye yazimiye byumwihariko ahashyizwe uru rwibutso hahoze ari mu murima w’umugabo witwaga Sabasaba wishwe n’abe bose.

Ati “Hano hepfo i Gasagara hari imiryango hafi 49 yazimye, ntabwo nakwibuka amazina yose ariko iyo miryango yo ndayibuka.”

Mwiseneza avuga ko umutwaro ukiremereye abarokotse Jenoside ari ukuba hari abatarashyingura mu cyubahiro ababo kuko imibiri yabo itaraboneka kandi ababishe bazi amakuru y’aho babashyize, agasaba ko bahavuga kugira ngo na yo ishyingurwe.

Uyu muhango wayobowe na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 7 =

Previous Post

Musanze: Ubuhinzi bwabo babugereranya n’urusimbi bati “Ni ugukina kazungu wagakina nabi ugataha amaramasa”

Next Post

Perezida wa USA Joe Biden yizeje Tshisekedi wa DRC ubufasha mu by’umutekano

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa USA Joe Biden yizeje Tshisekedi wa DRC ubufasha mu by’umutekano

Perezida wa USA Joe Biden yizeje Tshisekedi wa DRC ubufasha mu by’umutekano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.