Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

radiotv10by radiotv10
15/06/2021
in MU RWANDA
0
RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
Share on FacebookShare on Twitter

Buri tariki 14 Kamena isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga wo gutanga amaraso. Uyu munsi ku rwego rw’igihugu wijihirijwe mu karere ka Ruhango aho wanizihijwe n’ubundi hakorwa ibikorwa byo gutanga amaraso ku bushacye. Bamwe mu bijyeze kugobokwa n’amaraso yatanzwe n’abandi , ubu gufashisha amaraso babigize umuco.  Dr  Muyombo Thomas ukuriye ishami ryo gutanga amaraso mu kigo cy’igihugu RBC yo yavuze ko amaraso atangirwa ubuntu kuko abaye agurwa Atari buri muturage wapfa kuyigondera.

Bamwe mu baturage bigeze guhabwa ababo bagahabwa amaraso usanga igikorwa cyo gutanga amaraso ku bushake bakigira icyabo.

Uwambaye Olive utuye mu karere ka Ruhango avuga ko yigeze kurwaza Umwana mu mwaka wi 1992 nyuma yahabwa amaraso arazanzamuka , bityo ngo guhera ubwo kugeza ubu gutanga amaraso yabigize ibye.

Yagize ati” Jye nahisemo kujya ntanga amaraso kuko ari byiza kandi mbikunda. Muri za 92 hariho za Malaria nyinshi cyane, ku buryo abana babaga bakiri bato bahuraga na Malaria cyane, ubwo rero najyanye umwana mu bitaro I Nyanza bamuha amaraso yarembye yayabuze, nagize amahirwe mbona umuntu witanze atanga amaraso bayamuteye aramuhembura.”

Nyanzira Epiphanie na we wigeze kujyana murumuna we kwa muganga bakamwongerera amaraso yitabira ibikorwa byo gufashisha amaraso ngo na we aye azafashe abandi.

Si aba batanga amaraso kuko nabo ay’abandi yigeze kubagoboka gusa ahubwo hari n’abayatanga kuko baba bazi neza ko nabo bashobora kuzayakenera.

Dr Muyombo Thomas ukuriye ishami ryo gutanga amaraso mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima RBC yabwiye Radio Tv10 ko  umurwayi ukeneye amaraso ayahabwa ku buntu gusa ngo  icyo umurwayi akora ni ukwishyura izindi service nk’uko nubundi bisanzwe bijyenda.

Yagize ati” Twe rero ikiguzi cy’amaraso ni ubuntu iyo service yo kuyaguha ibitaro biyaguhaye bishobora kuyikwishyuza kandi icyo kiguzi ntabwo twe tukijyena, kuko umurwayi ntabwo ajya kwa muganga ngo aterwe amaraso gusa ahubwo aba ari mu bitaro cyangwa hari ibindi bizami yakoresheje. Utwo ni utuntu duto twivangamo ariko tutakwitwa ikiguzi cyo gutanga maraso.”

Nubwo ababa batanze amaraso bayatangira ubuntu, ariko kuyitaho, abayapima ibikoresho biyasuzuma, abayasuzuma bose barishyurwa. Bityo bituma abariwe mu mafaranga yagira igiciro cyiri hejuru kuburyo Atari buri muturage Wabasha kuyigondera kandi ayakeneye,  kuko ishashi imwe imaze gutunganywa iba ifite agaciro k’asaga ibihumbi 80 by’amafaranga y’urwanda nk’uko Dr Muyombo Thomas  yabihamirije RadioTv10.

Isanganyamatsiko y’umunsi wo gutanga amaraso muri uyu mwaka ni Tanga amaraso ahabwa abarwayi, abatuye isi bakomeze bagire ubuzima.

YUSSUF SINDIHEBA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Haringingo Francis yahagaritswe mu kazi ko gutoza Police FC

Next Post

Rayon Sports irakira APR FC kuri uyu wa Gatatu, Bisengimana arahura na Police FC

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe
AMAHANGA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon Sports irakira APR FC kuri uyu wa Gatatu, Bisengimana arahura na Police FC

Rayon Sports irakira APR FC kuri uyu wa Gatatu, Bisengimana arahura na Police FC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.