Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ngo hari abari batangiye gutekereza ibyo guhunga- Ibishashi byaturikijwe i Kigali byateye igishyika bamwe

radiotv10by radiotv10
06/07/2022
in Uncategorized
0
Ngo hari abari batangiye gutekereza ibyo guhunga- Ibishashi byaturikijwe i Kigali byateye igishyika bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko ibishashi by’ibyishimo byaturikijwe ku munsi wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 28 yo Kwibohora, byabakanze bakabanza kugira ngo ni amasasu, ndetse ko hari abari batangiye gutekereza ibyo guhunga.

Mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 04 Nyakanga 2022 ubwo Abanyarwanda bizihizaga isabukuru y’imyaka 28 yo kwibohora, haturikijwe ibishashi by’ibyishimo.

Ni ibishashi byaturikijwe ku misozi ya Kigali, Bumbogo no kuri stade ya Remera mu mujyi wa Kigali.

Bamwe mu Banyakigali biganjemo abari bageze mu buriri ubwo ibi bishashi byaturitswaga, babwiye RADIOTV10 ko byabateye igishyika kuko batari bazi amakuru yo guturitsa ibi bishashi.

Hari n’ababanje kugira ngo n’amasasu y’intambara ku buryo hari abatangiye gufata utwangushye ngo bahunge.

Umwe yagize ati “Nk’abantu dusanzwe tuzi ko bajya barasa umwaka, twabashije kubyihanganira ariko hari abandi bafata imyenda ngo barahunga kuko ntabyo bari bazi. Bumvaga ari nk’ibibunda biremereye cyane.”

Uyu muturage uvuga ko basanzwe bamenyereye ko ibi bishashi bituritswa mu gutangira umwaka, avuga ko nta makuru bigeze bamenyeshwa yerecyeye iby’ibi byaturikijwe ku munsi wo Kwibohora.

Ati “Iby’uyu munsi byadutunguye kuko bwari bwo bwa mbere. Ntabwo byari byamenyekanishijwe.”

Itangazo ry’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali rimenyesha ko muri uyu murwa mukuru w’u Rwanda haturitswa ibishashi, ryasohotse mu masaha ya nyuma ya saa sita ku ya 04 Nyakanga 2022 habura amasaha macye ngo iki gikorwa kibe.

Bamwe bemeza ko iki gikorwa cyatinze kumenyekanishwa ndetse ko hatakoreshejwe uburyo buhagije bwo kukimenyekanisha kuko hasohotse itangazo rikanyuzwa kuri Twitter y’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali mu gihe bavuga ko atari buri wese ubasha kugera kuri uru rubuga nkoranyambaga.

Undi muturage wo mu Mujyi wa Kigali, avuga ko umubyeyi we basanzwe babana, acyumva ituritswa ry’ibi bishashi yabanje kwikanga ko ari abagizi ba nabi.

Ati “Byamuhungabanyije aravuga ati ‘ibi bintu ko bibaye nk’ibyo twari turi kumva ejobundi barasa ya modoka za Gikongoro, none n’i Kigali birahageze?’ ariko ku bw’amahirwe nari ntararyama ndasohoka ndebye nsanga ni bya bishashi bari kurasa, ndamubwira nti ‘Humura’.”

Aba baturage bavuga ko mu gihe hateganyijwe ibikorwa nk’ibi, byajya bimenyekanishwa mbere y’igihe kandi hagakoreshwa uburyo bwatuma abantu benshi babasha kubimenya kuko mu gihe bibaye batabizi bikura umutima benshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + two =

Previous Post

M23 yagaragaje uduce 15 yafashe ibanje kurwana inkundura na FARDC ikaba itugenzura byuzuye

Next Post

Paris: Minisitiri yatanze ubuhamya mu rubanza rwa Bucyibaruta ahishura amateka atari azwi ya Jenoside

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
France: Mu rubanza rwa Bucyibaruta uregwa Jenoside hategerejwemo abatangabuhamya 115

Paris: Minisitiri yatanze ubuhamya mu rubanza rwa Bucyibaruta ahishura amateka atari azwi ya Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.