Thursday, August 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

M23 ntikozwa ibyo yategekewe i Luanda byo kumanika amaboko no kurekura ibice yafashe

radiotv10by radiotv10
07/07/2022
in Uncategorized
0
DRC: M23 yafashe utundi duce dushobora kuyifungurira amarembo yo gufata Rutshuru yose
Share on FacebookShare on Twitter

Maj Willy Ngoma avuga ko abarwanyi b’umutwe wa M23 abereye Umuvugizi, badashobora kuva mu bice biri mu maboko yabo kuko batakongera gusubira mu buhungiro. Aha yasubizaga ku myanzuro y’i Luanda yasabye uyu mutwe gushyira hasi intwaro ukava mu birindiro byawo.

Atangaje ibi nyuma y’inama yahuje umukuru w’u Rwanda, uwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’uwa Angoka byabereye i Luanda muri Angola kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Nyakanga 2022.

Itangazo ry’ibiro by’umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rivuga ko muri iyi nama hafatiwemo imyanzuro isaba Ibihugu byombi, guhagarika umwuka mubi umaze iminsi uhari.

Iri tangazo kandi rivuga ko umutwe wa M23 ugomba “guhagarika imirwano vuba na bwangu ikarekura ibice iri kugenzura kandi nta mananiza.”

Ibi byasabwe M23, si ubwa mbere ibisabwe kuko n’inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bamaze guterana inshuro eshatu, basabye uyu mutwe guhagarika imirwano ukayoboka ibiganiro biwuhuza na Leta ya Congo.

Umuvugizi wa M23, Major Willy Ngoma avuga ko ibi bongeye gusabwa, batabikozwa kuko badashobora kuva mu birindiro byabo.

Yavuze ko nubwo bari mu birindiro, ariko biri mu Gihugu cyabo, bityo ko badashobora kubivamo ngo basubire mu buhungiro.

Yagize ati “Twebwe turi Abanye-Congo, muragira ngo tubeho nta gihugu tugira?”

Maj Willy Ngoma avuga ko M23 ifite icyo irwanira kandi ko cyumvikana kikaba kinazwi n’ubutegetsi bwa DRCongo ariko bukaba bwaranze kucyubahiriza aho bwangiye gushyira mu bikorwa amasezerano asanzwe ari hagati y’impande zombi.

Abasesenguzi bamwe babwiye RADIOTV10 ko batumva impamvu inama y’i Luanda yafatiwemo umwanzuro ureba uyu mutwe wa M23 nyamara utari uri muri ibi biganiro.

Umwe yavuze ko ikibazo cya M23 atari icyo kujya kwigira mu zindi nama ahubwo ko kireba ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nkuko byanagiye binagarukwaho na Leta y’u Rwanda.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na RBA muri iki cyumweru, yavuze ko ikibazo cya M23 atari icya none ahubwo ko gifite imizi kuva cyera kandi ko kireba ubuyobozi bwa Congo.

Perezida Paul Kagame kandi yabwiye RBA abategetsi batandukanye bo muri Congo bagiye baza mu Rwanda inshuro nyinshi kuganira na bamwe mu barwanyi ba M23 bahahungiye babizeza gushyira mu bikorwa ibyo bumvikanyeho ariko ko bitigeze bishyirwa mu bikorwa.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwakunze kugaragariza Congo ndetse n’imiryango yiyemeje kuyifasha kurandura ibi bibazo, ko bikeneye inzira ya Politiki kurusha iya gisirikare.

Yavuze kandi ko ubwo uyu mutwe wa M23 wari ugiye kubura imirwano, u Rwanda rwari rwaburiye Congo ko rukurikije amakuru rwari rufite, byariho bitutumba, rukayisaba kugira icyo ikora ariko ikinangira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + nineteen =

Previous Post

DJ Dizzo uvugwaho kubeshya Abanyarwanda icya Semuhanuka yavuze ku gifungo cy’imyaka 9 yakatiwe

Next Post

Nyanza: Umugabo ukurikiranyweho gusambanya umwana we yavuze icyabimuteye

Related Posts

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

IZIHERUKA

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki
AMAHANGA

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

by radiotv10
14/08/2025
0

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

14/08/2025
Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

14/08/2025
Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

14/08/2025
Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

14/08/2025
Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Eng.-Minister Mukazayire’s message to a talented American basketball player before his departure

14/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Umugabo ukurikiranyweho gusambanya umwana we yavuze icyabimuteye

Nyanza: Umugabo ukurikiranyweho gusambanya umwana we yavuze icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.