• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye ikindi cyemezo cyafatiwe Umushinwa wakatiwe imyaka 20 kubera iyicarubozo yakoreye Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
11/07/2022
in MU RWANDA
0
Hamenyekanye ikindi cyemezo cyafatiwe Umushinwa wakatiwe imyaka 20 kubera iyicarubozo yakoreye Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rukuru-Urugereko rwa Rusizi rwatesheje agaciro ikirego cy’umugabo w’Umushinwa wakatiwe gufungwa imyaka 20 nyuma yo guhamwa n’icyaha cy’ubufatanyacyaha bw’icyaha cy’iyicarubozo yakoreye Abanyarwanda babiri, wifuzaga ko rutesha agaciro icyemezo cyatumye ahita afatwa agafungwa.

Uyu mugabo witwa Shujun Sun yamenyekanye cyane mu mashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga mu mpera za Kanama 2021 akubita Abanyarwanda yabasirikiye ku giti gikoze nk’umusaraba abaziza ko bamwibye amabuye y’agaciro.

Ibi Byabereye mu Kagari ka Kagano mu Murenge wa Mukura, mu Karere ka Rutsiro ahacukurwa amabuye y’agaciro n’ikigo cya ALI GROUP HOLDING LTD cyari gikurwe n’uyu mugabo.

Nyuma y’aya mashusho, Umushinwa witwa Shujun Sun yatawe muri yombi ndetse n’abandi banyarwanda barimo Renzaho Alexis wari ushinzwe iby’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro na Nsanzimana Leonidas wari ushinzwe Umutekano muri iyi kompanyi, ariko baza kurekurwa.

Ubushinjacyaha bwavuze ko uyu mushinwa nyuma yo kwibwa amabuye y’agaciro i Nyamasheke, yaje gukeka bamwe mu bakozi bamukoreraga akazi ko mu rugo  harimo umuzamu ndetse n’uwamutekeraga, abazana mu Karere ka Rutsiro abazirikira ku giti kimeze nk’umusaraba yari yarashinzeyo, abakubita  inkoni nyinshi afatanyije na Renzaho Alexis.

Tariki 30 Werurwe 2022, Urukiko Rwisumbuye rwa Karongi rwahamije uyu mushinwa igihano cy’igifungo cy’imyaka makumyabiri (20) ndetse ruhanisha n’Umunyarwanda witwa Renzaho Alexis igihano cy’igifungo cy’imyaka cumi n’ibiri (12) runategekako ko bahita bafatwa bagafungwa kabone n’iyo urubanza rwajuririrwa.

Aba bagabo bombi bahise banajurire Urukiko Rukuru Urugereko rwa Rusizi, rwaburanishije ubujurire bwabo, aho barusabaga gutesha agaciro iki cyemezo cyafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Karongi.

Muri iki kirego cyabo cy’ubujurire batanze nk’ikirego kihutirwa, basabaga uru Rukiko Rukuru Urugereko rwa Rusizi ko icyo cyemezo cyo guhita bafatwa bagafungwa cyavanwaho kuko Urukiko Rwisumbuye rwa Karongi rwabitegetse kandi bitari byarasabwe n’Ubushinjacyaha.

Urukiko Rukuru Urugereko rwa Rusizi, rwanzuye ko iki kirego cy’uyu Mushinwa Shujun Sun n’Umunyarwanda Renzaho Alexis, nta shingiro gifite ndetse rutegeka ko icyo cyemezo bari bafatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Karongi gikomeza guhabwa agaciro bagakomeza gufungwa.

Ni icyemezo cyasomwe mu cyumweru gishize tariki 05 Nyakanga 2022, aho uru Rukiko Rukuru Urugereko rwa Rusizi, rwagaragaje ko ibyategetswe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Karongi, bisanzwe biteganywa n’Itegeko kandi ko ibyo rwashingiyeho bifite ishingiro.

Shujun Sun yakatiwe gufungwa imyaka 20

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − thirteen =

Previous Post

Umunyamakuru wa RBA wasezeye hamenyekanye aho yerecyeje asanzeyo undi bakoranaga

Next Post

Byasaba ko Itegeko Nshingo ryongera guhindurwa- Dr.Habineza yavuze ku byatangajwe na Kagame

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Byasaba ko Itegeko Nshingo ryongera guhindurwa- Dr.Habineza yavuze ku byatangajwe na Kagame

Byasaba ko Itegeko Nshingo ryongera guhindurwa- Dr.Habineza yavuze ku byatangajwe na Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.