Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Paris: Bucyibaruta yakatiwe gufungwa imyaka 20, Abanyamategeko be bahita bijima mu maso

radiotv10by radiotv10
13/07/2022
in Uncategorized
0
Paris: Bucyibaruta yakatiwe gufungwa imyaka 20, Abanyamategeko be bahita bijima mu maso
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda Bucyibaruta Laurent wabaye Perefe w’icyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, uri kuburanishirizwa i Paris mu Bufaransa ku byaha bya Jenoside, yakatiwe gufungwa imyaka 20, ariko Abamwunganira mu mategeko bagaragara nk’abatishimiye icyemezo cy’Urukiko.

Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris rwakatiye Bucyibaruta iki gifungo nyuma yo kumuhamya icyaha cy’ubufatanyacyaha mu gukora icyaha cya Jenoside, nkuko bikubiye mu cyemezo cyasomwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Nyakanga 2022.

Umwe mu bari i Paris wakurikiranye uru rubanza kuva rwatangira, yabwiye RADIOTV10 ko ubwo Urukiko rwari rumaze guhamya Bucyibaruta iki cyaha, abanyamategeko bamwunganira bagaragaye nk’abababaye ndetse Itangazamakuru ryashaka kubegera ngo bagire icyo bavuga kuri iki gihano, bakaryima amatwi.

Uyu wari i Paris, yagize ati “Birashoboka ko bakekaga ko cyangwa banifuza ko umukiliya wabo agirwa umwere ku byaha akekwaho.”

Ku rundi ruhande kandi, abanyamategeko baregera indishyi na bo bagaragaye nk’abatishimiye iki gihano cyakatiwe Bucyibaruta dore ko yari yasabiwe gufungwa Burundu.

Bucyibaruta yasomewe iki cyemezo nyuma y’amasaha macye agize icyo avuga ku gihano cyo gufungwa burundi yari yarasabiwe n’Ubushinjacyaha, aho yavuze ko atigeze na rimwe yifuza ko abo mu bwo bw’Abatutsi bababara.

Uyu mugabo ukurikiranyweho kugira uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi ahantu hatandukanye harimo i Murambi, i Kibeho, i Kaduha no ku Cyanika, ubwo yariho avuga ijambo rya nyuma kuri uru rubanza rwe, yagaragaye nk’uwicuza.

Yagize ati “Nagira ngo mbwire abacitse ku icumu ko bitigeze binjyamo mu kubatererana ku bicanyi, nahoraga nibaza nti ‘nabafasha nte?’ Ni ibibazo no kwicuza  bimporamo muri iyi myaka 28.”

Mu iburanisha ryabaye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 08 Nyakanga ubwo Ubushinjacyaha bwasabiraga Bucyibaruta gufungwa burundu, bwari bwabanje kumara amasaha akabakaba umunani bugaragaza uruhare rw’uyu mugabo muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Kuri uwo munsi, Abashinjacyaha Sophie Havard na Celine Viguier baburanye uru rubanza, babwiye Urukiko ko nubwo uyu mugabo atafashe umuhoro ngo ajye kwica Abatutsi, ariko yarebereye bakicwa mu cyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro ahaguye abarenga ibihumbi 20 mu gihe ari we wari ushinzwe kubarinda.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko Bucyibaruta nk’umuntu wari umuyobozi wo ku rwego rwo hejuru nka Perefegitura yashobora kugira icyo akora bariya Batutsi ntibicwe ariko ko we yabirengagaho ahubwo agatanga raporo ku bamukuriye ko abari kwicwa ari abanzi b’Igihugu.

Martin NIYONKURU
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − ten =

Previous Post

DRCongo: Umudepite abona Leta ishyira abaturage mu rwijiji ku byayo na M23

Next Post

Sri Lanka: Perezida nyuma yo kweguzwa n’abaturage yuriye rutemikirere mu gicuku arahunga

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sri Lanka: Perezida nyuma yo kweguzwa n’abaturage yuriye rutemikirere mu gicuku arahunga

Sri Lanka: Perezida nyuma yo kweguzwa n’abaturage yuriye rutemikirere mu gicuku arahunga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.