Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Uwari wemeye kwica umwana yabihakaniye imbere y’abaturage n’abacamanza ngo yabyemejwe n’inkoni

radiotv10by radiotv10
15/07/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Uwari wemeye kwica umwana yabihakaniye imbere y’abaturage n’abacamanza ngo yabyemejwe n’inkoni
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana w’aho yakoraga mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo, wari wemeye ko yakoze iki cyaha, yaburanishirijwe mu ruhame, arabihakana avuga ko yari yabyemeye kubera inkoni yakubiswe.

Nyirangiruwonsanga Solange ukomoka mu Karere ka Kirehe, yaburanishirijwe mu ruhame ahabereye iki cyaha mu Mudugudu wa Karubibi, Akagari ka Cyaruzinge, Umurenge wa Ndera, mu Karere ka Gasabo kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Nyakanga 2022.

Uyu mugore usanzwe na we ari umubyeyi, yatawe muri yombi tariki 12 Kamena 2022 ubwo umwana witwa Rudasingwa Ihirwe Davis witabaga Imana bakamusanga aziritse mu mugozi ku byuma by’amadirishya aho yari yasigaranye n’uyu mukozi wo mu rugo.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwari rwatangaje ko iperereza ry’ibanze ryakozwe, ryagaragaje ko uregwa yemeye ko ari we wishe nyakwigendera ndetse ko na we ubwe yabyiyemereye.

Kuri uyu wa Gatanu ubwo yagezwaga imbere y’inteko y’urukiko rwamuburanishije mu mizi, Ubushinjacyaha bwavuze ko uyu mukozi wo mu rugo yishe nyakwigendera abanje kumushuka ngo aze bicunge, ubundi akamuhambiriza umugozi mu ijosi kuri grillage amuhagaritse ku ntebe, ubundi agahita akuraho iyi ntebe, agapfa.

Umushinjacyaha yavuze ko uyu mugore yahise yitanguranwa agahamagara umubyeyi wa nyakwigendera amubwira ko umwana we yiyahuye.

Ubushinjacyaha bwaboneyeho gusaba Urukiko guhamya icyaha uyu mugore, rukamukatira gufungwa burundu nkuko biteganywa n’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Uregwa ahawe umwanya ngo yisobanure, yahise atera utwatsi iki cyaha akurikiranyweho, anagaruka ku byo kuba yaremereye Ubugenzacyaha ko yishe nyakwigendera, avuga ko yari yabyemejwe n’inkoni yakubiswe ubwo yageraga muri RIB.

Ahakana iki cyaha akekwaho, Nyirangiruwonga Solange yongeye gutsindagira ko nyakwigendera yiyahuye, ikintu cyababaje abaturage bari baje gukurikirana uru rubanza, bagahita basakuriza icya rimwe bigaragara ko babajwe n’uko gushinyagura.

Uyu mugore wavugaga ko ahubwo Urukiko rukwiye kumurenganura, yavuze ko uriya mwana ashobora kuba yarimanitse mu mugozi kubera film z’abantu biyahura yakundaga kureba.

Naho ku gihano cyo gufungwa burundu yasabiwe n’Ubushinjacyaha, uregwa yavuze ko atari umunyamategeko ariko ko mu gihe Urukiko rwasanga ahamwa n’iki cyaha, rwazemeza iki gihano.

Urukiko rwahise rupfundikira urubanza, rwanzura ko icyemezo cyarwo kizasomwa tariki 25 Nyakanga 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Avuga ko yasenyewe abwirwa ko inzu ye yazabasebya ubwo Perezida yari kuhanyura, ubuyobozi bukabihakana

Next Post

Ibirambuye ku nkuru y’urukundo rw’umubikira warongowe n’umushumba anaruta

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku nkuru y’urukundo rw’umubikira warongowe n’umushumba anaruta

Ibirambuye ku nkuru y’urukundo rw’umubikira warongowe n’umushumba anaruta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.