Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Uwari wemeye kwica umwana yabihakaniye imbere y’abaturage n’abacamanza ngo yabyemejwe n’inkoni

radiotv10by radiotv10
15/07/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Uwari wemeye kwica umwana yabihakaniye imbere y’abaturage n’abacamanza ngo yabyemejwe n’inkoni
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana w’aho yakoraga mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo, wari wemeye ko yakoze iki cyaha, yaburanishirijwe mu ruhame, arabihakana avuga ko yari yabyemeye kubera inkoni yakubiswe.

Nyirangiruwonsanga Solange ukomoka mu Karere ka Kirehe, yaburanishirijwe mu ruhame ahabereye iki cyaha mu Mudugudu wa Karubibi, Akagari ka Cyaruzinge, Umurenge wa Ndera, mu Karere ka Gasabo kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Nyakanga 2022.

Uyu mugore usanzwe na we ari umubyeyi, yatawe muri yombi tariki 12 Kamena 2022 ubwo umwana witwa Rudasingwa Ihirwe Davis witabaga Imana bakamusanga aziritse mu mugozi ku byuma by’amadirishya aho yari yasigaranye n’uyu mukozi wo mu rugo.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwari rwatangaje ko iperereza ry’ibanze ryakozwe, ryagaragaje ko uregwa yemeye ko ari we wishe nyakwigendera ndetse ko na we ubwe yabyiyemereye.

Kuri uyu wa Gatanu ubwo yagezwaga imbere y’inteko y’urukiko rwamuburanishije mu mizi, Ubushinjacyaha bwavuze ko uyu mukozi wo mu rugo yishe nyakwigendera abanje kumushuka ngo aze bicunge, ubundi akamuhambiriza umugozi mu ijosi kuri grillage amuhagaritse ku ntebe, ubundi agahita akuraho iyi ntebe, agapfa.

Umushinjacyaha yavuze ko uyu mugore yahise yitanguranwa agahamagara umubyeyi wa nyakwigendera amubwira ko umwana we yiyahuye.

Ubushinjacyaha bwaboneyeho gusaba Urukiko guhamya icyaha uyu mugore, rukamukatira gufungwa burundu nkuko biteganywa n’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Uregwa ahawe umwanya ngo yisobanure, yahise atera utwatsi iki cyaha akurikiranyweho, anagaruka ku byo kuba yaremereye Ubugenzacyaha ko yishe nyakwigendera, avuga ko yari yabyemejwe n’inkoni yakubiswe ubwo yageraga muri RIB.

Ahakana iki cyaha akekwaho, Nyirangiruwonga Solange yongeye gutsindagira ko nyakwigendera yiyahuye, ikintu cyababaje abaturage bari baje gukurikirana uru rubanza, bagahita basakuriza icya rimwe bigaragara ko babajwe n’uko gushinyagura.

Uyu mugore wavugaga ko ahubwo Urukiko rukwiye kumurenganura, yavuze ko uriya mwana ashobora kuba yarimanitse mu mugozi kubera film z’abantu biyahura yakundaga kureba.

Naho ku gihano cyo gufungwa burundu yasabiwe n’Ubushinjacyaha, uregwa yavuze ko atari umunyamategeko ariko ko mu gihe Urukiko rwasanga ahamwa n’iki cyaha, rwazemeza iki gihano.

Urukiko rwahise rupfundikira urubanza, rwanzura ko icyemezo cyarwo kizasomwa tariki 25 Nyakanga 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − thirteen =

Previous Post

Avuga ko yasenyewe abwirwa ko inzu ye yazabasebya ubwo Perezida yari kuhanyura, ubuyobozi bukabihakana

Next Post

Ibirambuye ku nkuru y’urukundo rw’umubikira warongowe n’umushumba anaruta

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku nkuru y’urukundo rw’umubikira warongowe n’umushumba anaruta

Ibirambuye ku nkuru y’urukundo rw’umubikira warongowe n’umushumba anaruta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.