Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Buravan urembye yibukije abantu kumva indirimbo ye nshya baterurira rimwe bamwifuriza gukira vuba

radiotv10by radiotv10
22/07/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Buravan urembye yibukije abantu kumva indirimbo ye nshya baterurira rimwe bamwifuriza gukira vuba
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Yvan Buravan uvugwaho kuba arembye, yibukije abantu gukomeza kumva indirimbo ye nshya, bamubwira ko bamwifuriza gukira vuba ubundi akaza bakayishimana.

Uyu muhanzi uherutse gusohora indirimbo yise Big Time iri mu zigezweho muri iyi minsi kubera uburyohe bwayo, aravugwaho kuba arembeye muri Kenya aho yagiye kwivuriza indwara y’amayobera.

Buravan umaze iminsi adashyira ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ze, kuri uyu wa Kane yashyize agace k’amwe mu mashusho y’iyi ndirimbo ye Big Time, ntiyagira ubutumwa ashyiraho uretse kwandikaho izina ry’iyi ndirimbo gusa.

Bamwe mu bamukurikira, bahise bamubwira ko bishimiye iyi ndirimbo kubera uburyo bwayo ariko ko banamwifuriza gukira vuba.

Uwitwa Leon Pierre Muhire yagize ati “Ukire vuba Burabyo. Nyagasani aguhe kumera neza ubundi dukomeze kwishimira Big Time.”
Uwitwa Allan Mutoni na we yagize ati “Muvandimwe twizere ko uza kumererwa neza ariko.”

Uwitwa Dina Olive na we yagize ati “None se Yvan warakize? Gusa imana ikomeze kukorohereza.”

Benshi mu batanze ibitekerezo kuri iyi ndirimbo, bifurizaga uyu muhanzi gukira, abandi bakagaragaza ko iyi ndirimbo ye ikoranye ubuhanga budasanzwe ku buryo igiye gutuma Buravan yongera kwigarurira imitima y’abatari bacye.

Uyu muhanzi uvugwaho kuba yaragiye kwivuriza muri Kenya, bivugwa ko yabanje kwivuriza mu Rwanda indwara y’igifu ndetse akaza koroherwa ariko nyuma akaza gufatwa n’ubundi burwayi bwatumaga atagira icyo ashyira mu nda ngo kihatinde ari na byo byanatumye ajya kwivuriza muri iki Gihugu cya Kenya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 13 =

Previous Post

Ni nk’abanyeshuri babiri batsinda ariko umwe yabanje kurara amajoro-Knowless agereranya Messi na Cristiano

Next Post

Umuyobozi ukomeye mu Burusiya wa hafi ya Putin arasura Ibihugu birimo Uganda na Congo

Related Posts

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
1

Abanyamakuru Nduwayezu Ndibyariye Jean de Dieu wamamaye nka Jado Max na Kwikiriza William uzwi nka William Kadu bazwi mu biganiro...

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

by radiotv10
31/07/2025
0

As the world enters deeper into the digital era and economic uncertainty continues to loom in many parts of the...

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we
SIPORO

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

by radiotv10
31/07/2025
0

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

31/07/2025
Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi ukomeye mu Burusiya wa hafi ya Putin arasura Ibihugu birimo Uganda na Congo

Umuyobozi ukomeye mu Burusiya wa hafi ya Putin arasura Ibihugu birimo Uganda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.