Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki wabuza abantu kuvuga iby’imibonano mpuzabitsina kandi bazagera igihe bakayikora?- Hon.Ntawukuriryayo

radiotv10by radiotv10
27/07/2022
in MU RWANDA
0
Kuki wabuza abantu kuvuga iby’imibonano mpuzabitsina kandi bazagera igihe bakayikora?- Hon.Ntawukuriryayo
Share on FacebookShare on Twitter
  • Yahishuye ko muri Kaminuza y’u Rwanda abasore benshi baharwariye imitezi na SIDA

Hon Dr Jean Damascene Ntawukuriryayo yagaragaje uko gukomeza kwanga kuvuga ku buzima bw’imyororokere byagiye bigira ingaruka mbi, avuga ko hakwiye kongerwa imbaraga mu kwigisha abato ibijyanye n’impinduka z’imibiri yabo n’uburyo bakwiye kwitwara mu gihe kwifata byabananiye.

Dr Jean Damascene Ntawukuriryayo wabaye Umusenateri muri Sena y’u Rwanda wanagize imyanya ikomeye muri Guverinoma y’u Rwanda, yabivuze kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nyakanga 2022 mu kiganiro Zinduka gitambuka kuri RADIO10.

Muri iki kiganiro cyagarukaga ku itumbagira ry’imibare y’abangavu baterwa inda zitateganyijwe, Dr Jean Damascene Ntawukurikiryayo wanabaye Minisitiri w’Ubuzima, yavuze ko kuba abantu bavuga ibyereke ubuzima bw’imyororokere atari ikibazo kuko biri muri bimwe mu byakunze gutiza umurindi izamuka ry’inda zitateganyijwe ndetse n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Ati “Muri ibi bihe turimo by’ibi bibazo dufite nk’u Rwanda kuba abaturage bavuga imibonano mpuzabitsina kandi bigera aho abantu bakayikora, amadini akaza akakubwira ko utagomba gukora imibonano mpuzabitsina, njye numva igikenewe ari uko urubyiruko rutozwa ko imibiri ihinduka, ababyeyi bakabigiramo uruhare.”

Dr Ntawukuriryayo avuga ko ikindi kiri kuzamura imibare y’abangavu baterwa inda, ari ukuba abantu bakuru batubaha abana.

Ati “Buriya n’icyo itegeko riba rivuga ni uko umuntu mukuru aba yatinyutse umwana, yamwambuye uburenganzira bwe.”

Avuga ko ikindi ari uko mu mashuri harushaho gutangwa inyigisho ku buzima bw’imyororokere, abarezi bakirinda kubica hejuru nkuko byahoze mu gihe cyabo kuko bo batigeraga banababwira uko bakwitwara mu gihe kwifata byaba byabananiye.

Ati “Abageraga muri za Kaminuza cyangwa mu kazi, ni bwo umuntu yavugaga ati ‘ndangije ayisumbuye mfite imyaka 19 sindahura n’umukobwa, ngiye kumushaka’ wamushaka nabi akaba aguteye ibirwara.”

Avuga ko muri ibyo bihe byo hambere, abasore benshi barwaraga indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina nk’imitezi.

Ati “Imitezi yari imeza nabi, njye nize i Butare [muri Kaminuza y’u Rwanda] habaga Serivisi zo kwa muganga ifasha abanyeshuri. Iyo wayirwaga ukajya kwa muganga [twari dufite laboratoire nziza y’i Butare] abaganga baguhaga imiti ugakira.”

Yakomeje agaragaza icyo gihe hahise haziramo na SIDA na yo yagiye yandurwa n’abanyeshuri benshi bo muri Kaminuza y’u Rwanda kubera gukurana ubumenyi bucye kubijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.

 

Kuki hari kuvugwa cyane inda zitateganyijwe hakirengagizwa indwara?

Dr Ntawukuriryayo wagarutse ku mibare igaragaza ko abangavu babariwa mu bihumbi 20 baterwa inda zitateganyijwe, yavuze ko hadakwiye gutekereza kuri izo nda gusa ngo hirengagizwe ku zindi ngaruka ziterwa n’icyatumye izo nda zibaho.

Ati “Umuntu yagasigaye yibaza akavuga ati ‘ese ubu nta ndwara zindurira mu mibonano mpuzabitsina zabonetsemo?’, ubwo icyo gihe bikaba bibaye ibibazo bibiri.”

Yanagarutse ku buryo bwashyizweho bufasha abana b’abakobwa kwirinda gusama nk’ibinini, avuga ko na bwo bukwiye kwitonderwa kuko bushobora gutera izindi ngaruka.

Ati “Hari nubwo tuvuga tuti ‘reka duhe abakobwa bacu akanini gatuma badasama’ ugasanga umukobw arasohotse agiye muri car free zone, araganiriye ati ‘njye ndaza gufata akanini gatuma inda itazinjira’ nyamara ntabwo ari wo muti cyane, kuko yibagiwe ko iyo mibonano ishobora kuvamo n’indwara zishobora kumufata.”

Dr Jean Damascene wumvikana nk’ushyigikiye cyane uburyo bw’agakingirizo, avuga ko abantu bakwiye kwicara bagatinyuka bakavuga ibintu mu mazina yabyo n’uburyo buboneye bwafasha abantu kwirinda izo nda ariko bukanabarinda kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi baravugwaho kwitegura kugaba ibitero simusiga ku Banyamulenge

Next Post

Umukobwa wa Rusesabagina arasobanurira USA ibyo kuba anekwa n’u Rwanda

Related Posts

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina
MU RWANDA

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukobwa wa Rusesabagina arasobanurira USA ibyo kuba anekwa n’u Rwanda

Umukobwa wa Rusesabagina arasobanurira USA ibyo kuba anekwa n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.