Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Miss Naomie yasekeje abantu baratembagara ubwo yashimaga Imana mu rusengero akanyuzamo agakubita akavugirizo

radiotv10by radiotv10
28/07/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Miss Naomie yasekeje abantu baratembagara ubwo yashimaga Imana mu rusengero akanyuzamo agakubita akavugirizo
Share on FacebookShare on Twitter

Amashusho agaragaza Miss Nishimwe Naomie ari gushima Imana mu itorero, anyuzamo akabatera urwenya akanakubita akavugirizo, akomeje guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga.

Agace k’amashusho yafatiwe mu rusengero, kagaragaza Miss Naomie ari ku ruhimbi imbere y’abakristu ashima Imana.

Muri uko gushimana Imana, avuga ko yagiye imukorera ibitangaza bidasanzwe kuko yabaga afite inshingano nyinshi zamusabaga ubushobozi bw’amafaranga ariko ku bw’amahirwe akayabona.

Ati “Nishyuriraga umuntu amafaranga y’ishuri kandi mu byukuri sinzi ahantu nakuraga amafaranga, kuko iyo umuntu ahembwe agira utuntu twinshi, akishyuraaa agasanga asigaranye amafaranga angahe …byuuuuu [akubita akavugirizo agaragaza ko amafaranga ahita ashira].”

Abakritsu bari bateraniye mu rusengero bahise basekera icyarimwe, na we akomeza agira ati “kuri njye ntabwo nzi ahantu nakuraga amafaranga, ariko Imana yaranshoboje akaba yararangije muri uyu mwaka.”

Uyu mukobwa watsindiye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, akomeza ashima Imana nubundi akoresheje imvugo zuzuye urwenya.

Nyampinga w’u Rwanda wa 2020 Nishimwe Naomie wabatijwe muri Werurwe mu itorero rya Noble Family Church, riyobowe na Apôtre Mignone Kabera. Avuga ko gutanga Amaturo ndetse na Kimwe mu icumi (1/10) bigora cyane Urubyiruko. pic.twitter.com/G64yvU3vsK

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) July 28, 2022

Akomeza avuga ko no mu bizwi nko gutanga icyacumi, na bwo yagiye ahura n’imbogamizi kuko mu mushahara yabonaga yibazaga ukuntu akuramo iryo turo ry’Imana akanuzuza izindi nshingano zimusaba amafaranga, bikamushobera.

Ati “Ariko njyewe nabonaga amafanga, umhuuuu [nabwo abakristu barongera baraseka] nkabwira Imana ngo ‘Mana nawe urabibona ibivamo, amafaranga arashize, agiye he?’…nkabwira Imana nti ‘reka nguheho macye [bongera guseka] ukundi kwezi nzayongeraho noneho nyakube’ muri macye nkiguriza nkabwira Imana nti ‘nguriza amafaranga’.”

Yakomeje avuga ko hari n’irindi jwi ryazaga rigasa nk’aho rimuca intege ku gutanga icya cumi, ati “noneho nkumva umutima urambwiye ngo ‘ese uzi ko aya mafaranga ubona ari akazi Imana yaguhaye ngo ujye ubasha gukemura utubazo twawe?’.”

Aya masengesho, yari yitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye, birimo Ntarindwa Diogène uzwi nka Atome, umuhanzi Rugamba Yves uzwi nka Yverry ndetse n’umukinnyi wa ruhago Danny Usengimana, yari yabereye mu rusengero rw’itorero Noble Family Church riyoborwa n’umupasiteri umaze kubaka izina Apotre Migone Kabera.

Agace k’amashusho yafatiwe muri aya masengesho, kagaragaza Miss Naomie ari gushima Imana, gakomeje gushyirwa ku mbuga nkoranyambaga za bamwe bashimishijwe n’uburyo uyu mukobwa yakoreshaga imvugo zisekeje ari no gutanga ubutumwa bukomeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Hamenyekanye ikizazana umuyobozi ukomeye muri America uzagenderera u Rwanda na DRCongo

Next Post

Vava ukomeje kwamamara kubera indirimbo “Dore imbogo,…” yari yabihanuriwe n’Umunyamakuru

Related Posts

Small Health Habits That Are Quietly Costing You More Than You Think

Small Health Habits That Are Quietly Costing You More Than You Think

by radiotv10
25/05/2026
0

Most people think about health and money as two separate conversations. Health is about what you eat, how much you...

DJ Pinky wagaragaye mu ifoto nkorano ateruye abanyamakuru KNC na Mutabaruka yasekewe n’amahirwe

DJ Pinky wagaragaye mu ifoto nkorano ateruye abanyamakuru KNC na Mutabaruka yasekewe n’amahirwe

by radiotv10
23/05/2026
0

Umuvangamiziki DJ Pinky uri mu bagezweho mu Rwanda, nyuma yo kugaragara mu ifoto nkorano ateruye abanyamakuru KNC na Mutabaruka, yagizwe...

The Difference Between Resting and Wasting Your Weekend

The Difference Between Resting and Wasting Your Weekend

by radiotv10
23/05/2026
0

Not all time off is rest. Sometimes a whole weekend passes, and you still feel tired, not because you were...

Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

by radiotv10
22/05/2026
0

Kwizera Emelyne wamamaye nka ‘Ishanga’ wamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga, yatangaje ko yari yarabaswe n’ingeso zirimo ubusambanyi, ariko ubu yamaze...

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

Impamvu urubanza rwa Eric Semuhungu rwashyizwe mu muhezo

by radiotv10
21/05/2026
0

Urubanza rw’ubujurire ku ifungwa rya Eric Semuhungu ukurikiranyweho ibyaha bishingiye ku gusambanya abahungu bagenzi be, rwashyizwe mu muhezo ku mpamvu...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Vava ukomeje kwamamara kubera indirimbo “Dore imbogo,…” yari yabihanuriwe n’Umunyamakuru

Vava ukomeje kwamamara kubera indirimbo “Dore imbogo,…” yari yabihanuriwe n’Umunyamakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.