Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Matela bahawe zarashaje none barara ku mashara, ubuyobozi buti “ntitwabasasira buri mwaka”

radiotv10by radiotv10
17/08/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Matela bahawe zarashaje none barara ku mashara, ubuyobozi buti “ntitwabasasira buri mwaka”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko matela bahawe na na Leta zashaje none bakaba basigaye barara ku mashara, mu gihe ubuyobozi buvuga ko butakwishingira kubaha isaso buri mwaka.

Umunyamakuru wa RADIOTV10, wasuye aba baturage, banze kugira aho bamukinga bamwereka uburiri bararaho, bwinshi buriho ibyatsi, ubundi buriho amashara mu gihe n’abagifite izo matela bahawe zashaje cyane.

Umwe muri aba baturage avuga ko izi matela bahawe, zari zoroshye ndetse ko ari byo byatumye zihita zisaza.

Uyu muturage werekaga umunyamakuru uko matela yahawe yashaje, yagize ati “Twazirayeho kabiri, inshuro ya gatatu zahise zicika turajugunya.”

Akomeza avuga ko bahise basubira kuri nyakatsi yo ku buriri mu gihe bari bahawe izi matela mu rwego yo kuyica.

Ati “Ni ukurara mu ivu twigaragura, imbaragasa ziturya n’inda zose hamwe, sinamenya uko mbivuga mbese, ubu twaragowe ntiwareba.”

Aba baturage bavuga ko iki kibazo bagihuriyeho ari benshi, bavuga ko buri rugo rwari rwahawe matela imwe mu gihe umuryango uba ugizwe n’abantu benshi.

Undi muturage ati “Bivuga ngo abana n’ubundi aho bari bandagaye mu ivu ni ho bacyandagaye, natwe wumva ngo bari bazifashije, zarashaje nubundi twasubiye muri nyakatsi.”

Bavuga ko ibi byabateye umwanda mwinshi ku buryo bugarijwe n’indwara ziterwa n’umwanda nk’amavunja nubundi yakunze kuba muri aka gace batuyemo.

Nabo ngo ntibishimiye iyi mibereho mibi babayemo ariko ko nta bushobozi bafite bwo kwigurira matela, ndetse ko abayobozi bo mu nzego z’ibanze bahishira iki kibazo ntibatume abayobozi bo hejuru bahagera ngo babibone.

Undi ati “Abayobozi bara baza kudusura bakabategera mu muhanda ntibatume Gitifu agera hano.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Dukuzumuremyi Anne Marie avuga ko aba baturage bakwiye kujya bafata neza inkunga bahabwa.

Ati “Buri mwaka tugiye duhanga amaso umuntu umwe kubera kwangiza ibyo yakorewe ntabwo byaba ari byo. Turabakangurira guhinduka bakagira imyumvire mizima no gufata neza inkunga baba bahawe.”

Uyu muyobozi avuga ko hari na bamwe muri aba baturage bagurishije matela bari bahawe kuko baba bizeye ko bazahabwa ibindi, akavuga ko hari byinshi biba bikenewe gukorwa ku buryo ubuyobozi butahora bufasha abantu bamwe.

Ubu barara ku mashara
Matela bahawe ngo zashaje zitamaze kabiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 18 =

Previous Post

Amafaranga yose ari mu mabanki yavuye kuri Miliyari 4.600 agera kuri Miliyari 5.400Frw mu mwaka umwe

Next Post

Byatahuwe ko Umukaridinali ukomeye i Vatican aherutse gushinjwa ibyaha by’ubusambanyi

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku kirego u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya ku kirego u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

by radiotv10
27/01/2026
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted international philanthropists Bill and Joyce Cummings, along with key actors in...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya ku kirego u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku kirego u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

27/01/2026
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byatahuwe ko Umukaridinali ukomeye i Vatican aherutse gushinjwa ibyaha by’ubusambanyi

Byatahuwe ko Umukaridinali ukomeye i Vatican aherutse gushinjwa ibyaha by’ubusambanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku kirego u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.