Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Matela bahawe zarashaje none barara ku mashara, ubuyobozi buti “ntitwabasasira buri mwaka”

radiotv10by radiotv10
17/08/2022
in MU RWANDA
0
Rusizi: Matela bahawe zarashaje none barara ku mashara, ubuyobozi buti “ntitwabasasira buri mwaka”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko matela bahawe na na Leta zashaje none bakaba basigaye barara ku mashara, mu gihe ubuyobozi buvuga ko butakwishingira kubaha isaso buri mwaka.

Umunyamakuru wa RADIOTV10, wasuye aba baturage, banze kugira aho bamukinga bamwereka uburiri bararaho, bwinshi buriho ibyatsi, ubundi buriho amashara mu gihe n’abagifite izo matela bahawe zashaje cyane.

Umwe muri aba baturage avuga ko izi matela bahawe, zari zoroshye ndetse ko ari byo byatumye zihita zisaza.

Uyu muturage werekaga umunyamakuru uko matela yahawe yashaje, yagize ati “Twazirayeho kabiri, inshuro ya gatatu zahise zicika turajugunya.”

Akomeza avuga ko bahise basubira kuri nyakatsi yo ku buriri mu gihe bari bahawe izi matela mu rwego yo kuyica.

Ati “Ni ukurara mu ivu twigaragura, imbaragasa ziturya n’inda zose hamwe, sinamenya uko mbivuga mbese, ubu twaragowe ntiwareba.”

Aba baturage bavuga ko iki kibazo bagihuriyeho ari benshi, bavuga ko buri rugo rwari rwahawe matela imwe mu gihe umuryango uba ugizwe n’abantu benshi.

Undi muturage ati “Bivuga ngo abana n’ubundi aho bari bandagaye mu ivu ni ho bacyandagaye, natwe wumva ngo bari bazifashije, zarashaje nubundi twasubiye muri nyakatsi.”

Bavuga ko ibi byabateye umwanda mwinshi ku buryo bugarijwe n’indwara ziterwa n’umwanda nk’amavunja nubundi yakunze kuba muri aka gace batuyemo.

Nabo ngo ntibishimiye iyi mibereho mibi babayemo ariko ko nta bushobozi bafite bwo kwigurira matela, ndetse ko abayobozi bo mu nzego z’ibanze bahishira iki kibazo ntibatume abayobozi bo hejuru bahagera ngo babibone.

Undi ati “Abayobozi bara baza kudusura bakabategera mu muhanda ntibatume Gitifu agera hano.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Dukuzumuremyi Anne Marie avuga ko aba baturage bakwiye kujya bafata neza inkunga bahabwa.

Ati “Buri mwaka tugiye duhanga amaso umuntu umwe kubera kwangiza ibyo yakorewe ntabwo byaba ari byo. Turabakangurira guhinduka bakagira imyumvire mizima no gufata neza inkunga baba bahawe.”

Uyu muyobozi avuga ko hari na bamwe muri aba baturage bagurishije matela bari bahawe kuko baba bizeye ko bazahabwa ibindi, akavuga ko hari byinshi biba bikenewe gukorwa ku buryo ubuyobozi butahora bufasha abantu bamwe.

Ubu barara ku mashara
Matela bahawe ngo zashaje zitamaze kabiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 7 =

Previous Post

Amafaranga yose ari mu mabanki yavuye kuri Miliyari 4.600 agera kuri Miliyari 5.400Frw mu mwaka umwe

Next Post

Byatahuwe ko Umukaridinali ukomeye i Vatican aherutse gushinjwa ibyaha by’ubusambanyi

Related Posts

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina
MU RWANDA

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Byatahuwe ko Umukaridinali ukomeye i Vatican aherutse gushinjwa ibyaha by’ubusambanyi

Byatahuwe ko Umukaridinali ukomeye i Vatican aherutse gushinjwa ibyaha by’ubusambanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.