• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mugisha Samuel Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda mu magare yaburiye muri USA

radiotv10by radiotv10
05/09/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Mugisha Samuel Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda mu magare yaburiye muri USA
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’umukino w’Amagare, Mugisha Samuel ukinira ikipe ya Pro Touch yo muri Afurika y’Epfo, akaba ari na Kapiteni wa Team Rwanda, aravugwaho kuba yabuzwe n’ikipe ye muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho bikekwa ko yatorotse.

Nkuko byemejwe n’Ubuyobozi bwa Pro Touch, mu butumwa bwanyujije kuri Twitter, bwemeje ko “Samuel Mugisha yageze muri Leta Zunze Ubumwe za America ku wa Gatatu tariki 31 Kanama aho yari agiye kwitegura irushanwa.”

Ubuyobozi bw’iyi kipe, bukomeza buvuga ko Mugisha Samuel atigeze abonana n’abagombaga kumwakirira ku Kibuga cy’Indege ndetse ntanagere kuri Hoteli yagombaga gucumbikirwamo we na bagenzi be.

Buti “Mugisha Samuel ntiyigeze agera aho ikipe icumvitse ndetse ntiyitabiriye irushanwa ryabaye ejo hashize.”

Ubuyobozi bw’iyi kipe buvuga ko yaba bwo ndetse n’abateguye iri rushanwa ryari ryitabiriwe n’uyu Munyarwanda, bamenyesheje ubuyobozi amakuru y’ibura rye.

UPDATE ON @samuelmugisha97 – @Protouch_Team confirms that Samuel Mugisha arrived in the United States on Wednesday 31 August as per booked flight plan. He did not make his way to arranged transfer to hotel but instead made arrangements to be collected at the airport.

— THE PODIUM PURSUIT – ProTouch Africa 🌍 (@Podium_Pursuit) September 5, 2022

Mugisha Samuel yari asanzwe ari kapiteni w’ikipe y’Igihugu y’amagare izwi nka Team Rwanda.

Uyu musore wagaragaje impano idasanzwe mu mukino w’amagare, yegukanye Tour du Rwanda ya 2018 akaba ari na we Munyarwanda uheruka kwegukana iri rushanwa ryamaze kuzamurwa ku rundi rwego.

Mu kwezi w’Ukwakira 2021, Mugisha Samuel yari yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho gukubita no gukomeretsa umumotari bari bashyamiranye.

Biravugwa ko Mugisa Samuel yaba yatorokeye muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahabayo abandi bakanyujijeho mu mukino w’amagare mu Rwanda nka Hadi Janvier, Bonaventure Uwizeye na Valens Ndayisenga na we wigeze kwegukana Tour du Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 10 =

Previous Post

Kigali: Uko byagendekeye uwakekwagaho kwica Sebuja wagiye kwerekana uko yabigenje agashaka gutoroka

Next Post

Kenya: Urw’Ikirenga rwemeje ko Raila Odinga atsinzwe, ruhamya ko William Ruto yatsinze amatora

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Kenya: Urw’Ikirenga rwemeje ko Raila Odinga atsinzwe, ruhamya ko William Ruto yatsinze amatora

Kenya: Urw’Ikirenga rwemeje ko Raila Odinga atsinzwe, ruhamya ko William Ruto yatsinze amatora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.