Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Odinga ngo icyemezo cy’Urw’Ikirenga yagifashe nk’igitekerezo cyarwo ati “Ntibirangiriye aha”

radiotv10by radiotv10
06/09/2022
in MU RWANDA
0
Odinga ngo icyemezo cy’Urw’Ikirenga yagifashe nk’igitekerezo cyarwo ati “Ntibirangiriye aha”
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Urukiko rw’Ikirenga ruteshereje agaciro ikirego cya Raila Odinga, rukemeza ko ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu bifite ishingiro, uyu munyapolitiki yatangaje ko bubashye igitekerezo cy’Urukiko ariko ko batemeranya n’iki cyemezo cyarwo.

Kuri uyu wa Mbere tariki 05 Nzeri 2022, ni umunsi wari utegerejwe na benshi muri Kenya ndetse no muri Afurika y’Iburasirazuba ubwo hari hategerejwe icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga rwaburanishije ikirego cya Raila Odinga.

Uyu munyapolitiki umaze gutsindwa amatora y’Umukuru w’Igihugu ubugiragatanu, yari yaregeye uru rukiko rusumba izindi muri Kenya, arusaba gutesha agaciro ibyavuye mu matora yo ku ya 09 Kanama 2022.

Raila Odinga yavugaga ko mu kubarura amajwi habayemo uburiganya mu buryo bw’ikoranabuhanga, bwanatumye William Ruto atsindira umwanya w’Umukuru w’Igihugu.

Perezida w’Urukiko rw’ikirenga wasomye iki cyemezo ku wa Mbere, yavuze ko uwareze atagaragaraje ibimenyetso bifatika, yemeza ko ibyavuye mu matora bifite ishingiro.

Raila Odinga yahise ashyira hanze itangazo, avuga ko iki cyemezo bakimenye, ati “Kuva cyera twakomeje kurwanira iyubahirizwa ry’ihame ryo kugendera ku mategeko n’itegeko Nshinga. Kuri iyi nshuro turubaha igiterekerezo cy’Urukiko kabone nubwo tutemeranya n’icyemezo cy’uyu munsi.”

Yakomeje avuga ko abanyamategeko bo ku ruhande rwe bagiye gukusanya ibimenyetso simusiga biri ku ruhande rwabo kabone nubwo abacamanza babibonye ariko ngo bakabyirengagiza.

Yavuze ko iki cyemezo cy’Urukiko kidashyize iherezo ku byo bamaranira ahubwo ko kibongereye imbaraga mu rugendo rwabo rwo kuvugurura Igihugu cyabo kikaba ikigendera ku mahame ya Demokarasi “aho Umunyakenwa wese azibanamo Igihugu cye.”

Yasoje iri tangazo rye ashimira abamushyigikiye ndetse n’Abanyakenya bose . ati “Mu gihe gito kiri imbere tuzatangaza imigambi yacu yo gukomeza urugamba rwo guharanira gukorera mu mucyo, kubazwa inshingano na Demokarasi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + four =

Previous Post

UK yabonye Minisitiri w’Intebe mushya ubaye umugore wa gatatu uyoboye iki Gihugu

Next Post

Mushikiwabachou- Mushikiwabo ijambo yungukiye mu Rwanda yamaze kurisanisha n’izina rye

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mushikiwabachou- Mushikiwabo ijambo yungukiye mu Rwanda yamaze kurisanisha n’izina rye

Mushikiwabachou- Mushikiwabo ijambo yungukiye mu Rwanda yamaze kurisanisha n’izina rye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.