Thursday, April 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Odinga ngo icyemezo cy’Urw’Ikirenga yagifashe nk’igitekerezo cyarwo ati “Ntibirangiriye aha”

radiotv10by radiotv10
06/09/2022
in MU RWANDA
0
Odinga ngo icyemezo cy’Urw’Ikirenga yagifashe nk’igitekerezo cyarwo ati “Ntibirangiriye aha”
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Urukiko rw’Ikirenga ruteshereje agaciro ikirego cya Raila Odinga, rukemeza ko ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu bifite ishingiro, uyu munyapolitiki yatangaje ko bubashye igitekerezo cy’Urukiko ariko ko batemeranya n’iki cyemezo cyarwo.

Kuri uyu wa Mbere tariki 05 Nzeri 2022, ni umunsi wari utegerejwe na benshi muri Kenya ndetse no muri Afurika y’Iburasirazuba ubwo hari hategerejwe icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga rwaburanishije ikirego cya Raila Odinga.

Uyu munyapolitiki umaze gutsindwa amatora y’Umukuru w’Igihugu ubugiragatanu, yari yaregeye uru rukiko rusumba izindi muri Kenya, arusaba gutesha agaciro ibyavuye mu matora yo ku ya 09 Kanama 2022.

Raila Odinga yavugaga ko mu kubarura amajwi habayemo uburiganya mu buryo bw’ikoranabuhanga, bwanatumye William Ruto atsindira umwanya w’Umukuru w’Igihugu.

Perezida w’Urukiko rw’ikirenga wasomye iki cyemezo ku wa Mbere, yavuze ko uwareze atagaragaraje ibimenyetso bifatika, yemeza ko ibyavuye mu matora bifite ishingiro.

Raila Odinga yahise ashyira hanze itangazo, avuga ko iki cyemezo bakimenye, ati “Kuva cyera twakomeje kurwanira iyubahirizwa ry’ihame ryo kugendera ku mategeko n’itegeko Nshinga. Kuri iyi nshuro turubaha igiterekerezo cy’Urukiko kabone nubwo tutemeranya n’icyemezo cy’uyu munsi.”

Yakomeje avuga ko abanyamategeko bo ku ruhande rwe bagiye gukusanya ibimenyetso simusiga biri ku ruhande rwabo kabone nubwo abacamanza babibonye ariko ngo bakabyirengagiza.

Yavuze ko iki cyemezo cy’Urukiko kidashyize iherezo ku byo bamaranira ahubwo ko kibongereye imbaraga mu rugendo rwabo rwo kuvugurura Igihugu cyabo kikaba ikigendera ku mahame ya Demokarasi “aho Umunyakenwa wese azibanamo Igihugu cye.”

Yasoje iri tangazo rye ashimira abamushyigikiye ndetse n’Abanyakenya bose . ati “Mu gihe gito kiri imbere tuzatangaza imigambi yacu yo gukomeza urugamba rwo guharanira gukorera mu mucyo, kubazwa inshingano na Demokarasi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

UK yabonye Minisitiri w’Intebe mushya ubaye umugore wa gatatu uyoboye iki Gihugu

Next Post

Mushikiwabachou- Mushikiwabo ijambo yungukiye mu Rwanda yamaze kurisanisha n’izina rye

Related Posts

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida Paul Kagame uri i Brazzaville muri Repubulika ya Congo, yahuye na mugenzi we Denis Sassou Nguesso wongeye gutorerwa kuyobora...

Hygiene tips for full-time employees

Hygiene tips for full-time employees

by radiotv10
16/04/2026
0

Long workdays can leave anyone feeling drained, sweaty, and uncomfortable. Whether you’re in an office, on your feet all day,...

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

Ukekwaho kwiba mudasobwa z’Ikigo cy’Ubuzima wagaragaye mu mashusho ya camera z’umutekano yafashwe

by radiotv10
15/04/2026
0

Ukekwaho kwiba mudasobwa ebyiri z’Ikigo cy’Ubuzima cya Buyoga mu Murenge wa Buyoga mu Karere ka Rulindo wagaragaye mu mashusho yafashwe...

Perezida Kagame ni Umuyobozi w’Ikirenga: Iby’ingenzi ku buyobozi bwa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda

Perezida Kagame ni Umuyobozi w’Ikirenga: Iby’ingenzi ku buyobozi bwa Kaminuza Nshya y’Igisirikare mu Rwanda

by radiotv10
15/04/2026
0

Itegeko rishyiraho Kaminuza ya Gisirikare y’u Rwanda (National Defence University-Rwanda/NDU-R), riteganya ko Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u...

Umunyarwanda wamamaye ku mbuga nkoranyambaga wirukanywe muri America bwa mbere arigaragaje

Breaking News: Charges Announced Against Eric Semuhungu

by radiotv10
15/04/2026
0

The Rwanda Investigation Bureau (RIB) has announced that Eric Semuhungu, who was recently arrested, is being investigated for three crimes,...

IZIHERUKA

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

16/04/2026
Amakipe yose yageze muri 1/2 mu irushanwa ry’i Burayi UEFA Champions Leauge akorana n’u Rwanda

Amakipe yose yageze muri 1/2 mu irushanwa ry’i Burayi UEFA Champions Leauge akorana n’u Rwanda

16/04/2026
Hygiene tips for full-time employees

Hygiene tips for full-time employees

16/04/2026
AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

15/04/2026
Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

15/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mushikiwabachou- Mushikiwabo ijambo yungukiye mu Rwanda yamaze kurisanisha n’izina rye

Mushikiwabachou- Mushikiwabo ijambo yungukiye mu Rwanda yamaze kurisanisha n’izina rye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

Amakipe yose yageze muri 1/2 mu irushanwa ry’i Burayi UEFA Champions Leauge akorana n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.