Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyobo kiri ku mupaka w’u Rwanda na DRC cyahitanye umukorodoniye aba uwa gatatu ukiguyemo

radiotv10by radiotv10
14/09/2022
in MU RWANDA
0
Icyobo kiri ku mupaka w’u Rwanda na DRC cyahitanye umukorodoniye aba uwa gatatu ukiguyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Icyobo kiri ku mupaka muto uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo giherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, cyasanzwemo umuntu wapfuye, aba uwa gatatu ukiguyemo.

Uyu muntu wasanzwe muri iki cyobo yapfuye, asanzwe akora akazi ko kudoda inkweto [abazi nka Korodoniye], akaba yitwa Musabyumugisha Jumapili.

Inkuru y’urupfu rwe yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Nzeri 2022 ubwo abaturage basangaga uyu nyakwigendera muri iki cyobo giherereye mu Mudugudu wa Gasutamo mu Kagari ka Mbugangari.

Amakuru yamenyekanye, avuga ko uyu nyakwigendera wapfuye afite imyaka 43, akaba akomoka mu Murenge wa Mushonyi mu Karere ka Rutsiro. Yari amaze imyaka 10 ashakishiriza imibereho mu Karere ka Rubavu.

Umurambo we wahise ujyanwa ku Bitaro bya Gisenyi kugira ngo ukorerwe isuzuma ubundi ugashyikirizwa umuryango we kugira umushyingure.

Iki cyobo kimaze umwaka hano, cyacukuwe bivugwa ko ari icyo gufata amazi aturuka mu bice binyuranye byo muri aka gace ariko abagicukuye baza kugisiga kirangaye kitanarangiye.

Abaturiye iki cyobo bakunze kugaragaza kenshi ko giteye impungenge, bagasaba ko niba icyo cyagenewe gukora kitakibaye gikwiye gusibwa.

Umwe yabwiye RADIOTV10 ko batumva impamvu ubuyobozi bukomeje kubima amatwi ku mpungenge batahwemye kugaragaza kubera iki cyobo.

Umwe yagize ati “Ubuyobozi bwacukuye iki cyobo, nyuma bugisiga kirangaye kituzuye. Niba cyarabananiye nibagisibe kitazatumaraho abantu.”

Iki cyobo kimaze kugwamo abantu batatu, barimo babiri bahasize ubuzima mu gihe undi umwe yajyanywe kwa muganga akavurwa agakira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Abanyarwanda batatu bafungiye mu Burundi bazira ibishyimbo

Next Post

Umugabo n’abagore be batatu babana mu nzu imwe kandi nta gufuha kubarangwaho

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
0

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Turere dutatu two mu Ntara y’Amajyepfo bahereweho mu gukosoza imyirondoro yabo kugira ngo bizabafashe kuzahabwa...

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko rufunze abagabo batatu bafatanywe amahembe y’inzovu yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bayatwaye mu...

IZIHERUKA

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu
IBYAMAMARE

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

04/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

04/11/2025
Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo n’abagore be batatu babana mu nzu imwe kandi nta gufuha kubarangwaho

Umugabo n’abagore be batatu babana mu nzu imwe kandi nta gufuha kubarangwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.