• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuganye kuri telefone n’Umwami w’u Bwongereza Charles III

radiotv10by radiotv10
15/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuganye kuri telefone n’Umwami w’u Bwongereza Charles III
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko yagiranye ikiganiro n’Umwami w’u Bwongereza, Charles III, akongera kumufata mu mugongo ku bwo kubura umubyeyi we Queen Elizabeth II watanze mu cyumweru gishize.

Hashize icyumweru Umwamikazi Elizabeth II atanze. Ku mugoroba wo ku wa Kane w’icyumweru gishize tariki 08 Nzeri 2022, ni bwo inkuru y’incamugongo yasakaye ku Isi yose ko Queen Elizabeth II yatanze.

Nyuma y’itanga rya Queen Elizabeth II, yahise asimburwa n’umuhungu we King Charles III ubu wamaze kuba Umwami w’u Bwongereza.

Kuri uyu wa Kane tariki 15 Nzeri 2022, Perezida Paul Kagame yatangaje ko yagiranye ikiganiro kuri telefone n’Umwami King Charles III.

Perezida Paul Kagame yavuze ko yongeye “kwihanganisha Umwami Charles III ku bw’itanga ry’umubyeyi we Nyiricyubahiro Umwamikazi Elizabeth II.”

Umukuru w’u Rwanda, yavuze ko u Rwanda ruzakomeza gukorana n’Umwami Charles III mu nzira zigamije kugera ku ntego z’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth).

Perezida Paul Kagame kandi ni we uyoboye uyu muryango wa Commonwealth kuva muri Kamena uyu mwaka; inshingano yahawe ubwo mu Rwanda haberaga inama ya CHOGM ihuza abakuru b’Ibihugu bigize uyu muryango.

Ni inama yitabiriwe n’Umwami Charles III ubwo yari akiri Igikomangoma, yaje ahagarariye umubyeyi we nyakwigendera Queen Elizabeth III.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Umuhanzikazi w’uburanga yateranye amagambo n’uwamukangishije kugaragaza amashusho ari gukora iby’abakuru

Next Post

Urubyiruko 40.000 rumaze gufashwa mu mushinga wa Buruse zitangwa na Mastercard Foundation

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Urubyiruko 40.000 rumaze gufashwa mu mushinga wa Buruse zitangwa na Mastercard Foundation

Urubyiruko 40.000 rumaze gufashwa mu mushinga wa Buruse zitangwa na Mastercard Foundation

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.