• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukino wo kwegeka ibibazo ku bandi ntiwatanga umuti w’ibibazo- P.Kagame ku bya DRCongo

radiotv10by radiotv10
21/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umukino wo kwegeka ibibazo ku bandi ntiwatanga umuti w’ibibazo- P.Kagame ku bya DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko kuba Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje kwegeka ibibazo byayo ku Rwanda, atari byo bizatanga umuti wabyo kuko iki Gihugu na cyo ubwacyo kizi umuzi wabyo.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabivuze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Nzeri 2022 mu Nteko Rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye.

Perezida Paul Kagame yatanze iyi mbwirwaruhame hashize amasaha macye, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi na we avugiye ijambo muri iyi Nteko yongeye gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23.

Umukuru w’u Rwanda, muri iri jambo, yatangiye avuga ko Isi yugarijwe n’ibibazo bikomeje kwiyongera birimo imihindagurikire y’ikirere, izamuka ry’ibiciro ku masoko, intambara ndetse n’ikibazo cy’abimukira.

Yavuze ko guhangana n’izi mbogamizi bisaba guhuriza hamwe imbaraga nubwo uburyo bwo gushyira hamwe ku rwego mpuzamahanga, bukirimo ibibazo bitewe no kuba Ibihugu by’ibihangane birushaho kureba ku nyungu zabyo bwite.

Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku bibazo by’umutekano mucye byakunze kugaragara mu buruasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byakunze kugerekwa ku Rwanda.

Perezida Paul Kagame yavuze ko uko iki kibazo cyari giteye mu myaka 20 ishize, bidatandukanye nuko kimeze ubu nyamara mu myaka 20 ishize Umuryango w’Abibumbye worohereje ingabo zawo mu butumwa bwo kugarura amahoro muri iki Gihugu, ndetse zikaba zimaze gushyirwamo ubushobozi butagira ingano.

Ati “Ibi byatumye Ibihugu by’ibituranyi [bya DRC] byumwihariko u Rwanda bihangana n’ibitero byambukiranya imipaka kandi byarashoboraga gukumirwa.”

Yakomeje avuga ko hari igikwiye kwihutirwa gukorwa nk’ubushake bwa politiki bushobora gutanga umuti w’umuzi w’ikibazo nyirizina gituma haba ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ati “Umukino wo kugereka ibibazo ku bandi ntabwo wakemura ibibazo. Ibi bibazo ntabwo byananirana kubishakira umuti kandi bishobora kubonerwa umuti bidatwaye ubushobozi buhanitse yaba ubw’amafaranga ndetse n’ubw’imbaraga za muntu.”

Yakomeje agaragaza urugero rwiza rwo kuba gushyira hamwe mu gushaka umuti w’ibibazo, bitanga umusaruro ushimishije, avuga nko mu rwego rw’ubuzima byagiye bifasha nko mu guhangana n’indwara zinyuranye zirimo SIDA, Malaria n’Igituntu, avuga ko ingamba zashyizweho zarokoye ubuzima bwa benshi yaba ku Mugabane wa Afurika ndetse n’ahandi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 8 =

Previous Post

Ntacyo naba ngikoreye u Rwanda kandi nkibishaka- Bamporiki avuga ku myaka 20 yasabiwe gufungwa

Next Post

Gisagara: Umugabo ariyemerera kwica mugenzi we bapfa umukobwa ukora mu kabari

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Gisagara: Umugabo ariyemerera kwica mugenzi we bapfa umukobwa ukora mu kabari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.