Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukino wo kwegeka ibibazo ku bandi ntiwatanga umuti w’ibibazo- P.Kagame ku bya DRCongo

radiotv10by radiotv10
21/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umukino wo kwegeka ibibazo ku bandi ntiwatanga umuti w’ibibazo- P.Kagame ku bya DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko kuba Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje kwegeka ibibazo byayo ku Rwanda, atari byo bizatanga umuti wabyo kuko iki Gihugu na cyo ubwacyo kizi umuzi wabyo.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabivuze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Nzeri 2022 mu Nteko Rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye.

Perezida Paul Kagame yatanze iyi mbwirwaruhame hashize amasaha macye, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi na we avugiye ijambo muri iyi Nteko yongeye gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23.

Umukuru w’u Rwanda, muri iri jambo, yatangiye avuga ko Isi yugarijwe n’ibibazo bikomeje kwiyongera birimo imihindagurikire y’ikirere, izamuka ry’ibiciro ku masoko, intambara ndetse n’ikibazo cy’abimukira.

Yavuze ko guhangana n’izi mbogamizi bisaba guhuriza hamwe imbaraga nubwo uburyo bwo gushyira hamwe ku rwego mpuzamahanga, bukirimo ibibazo bitewe no kuba Ibihugu by’ibihangane birushaho kureba ku nyungu zabyo bwite.

Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku bibazo by’umutekano mucye byakunze kugaragara mu buruasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byakunze kugerekwa ku Rwanda.

Perezida Paul Kagame yavuze ko uko iki kibazo cyari giteye mu myaka 20 ishize, bidatandukanye nuko kimeze ubu nyamara mu myaka 20 ishize Umuryango w’Abibumbye worohereje ingabo zawo mu butumwa bwo kugarura amahoro muri iki Gihugu, ndetse zikaba zimaze gushyirwamo ubushobozi butagira ingano.

Ati “Ibi byatumye Ibihugu by’ibituranyi [bya DRC] byumwihariko u Rwanda bihangana n’ibitero byambukiranya imipaka kandi byarashoboraga gukumirwa.”

Yakomeje avuga ko hari igikwiye kwihutirwa gukorwa nk’ubushake bwa politiki bushobora gutanga umuti w’umuzi w’ikibazo nyirizina gituma haba ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ati “Umukino wo kugereka ibibazo ku bandi ntabwo wakemura ibibazo. Ibi bibazo ntabwo byananirana kubishakira umuti kandi bishobora kubonerwa umuti bidatwaye ubushobozi buhanitse yaba ubw’amafaranga ndetse n’ubw’imbaraga za muntu.”

Yakomeje agaragaza urugero rwiza rwo kuba gushyira hamwe mu gushaka umuti w’ibibazo, bitanga umusaruro ushimishije, avuga nko mu rwego rw’ubuzima byagiye bifasha nko mu guhangana n’indwara zinyuranye zirimo SIDA, Malaria n’Igituntu, avuga ko ingamba zashyizweho zarokoye ubuzima bwa benshi yaba ku Mugabane wa Afurika ndetse n’ahandi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + twenty =

Previous Post

Ntacyo naba ngikoreye u Rwanda kandi nkibishaka- Bamporiki avuga ku myaka 20 yasabiwe gufungwa

Next Post

Gisagara: Umugabo ariyemerera kwica mugenzi we bapfa umukobwa ukora mu kabari

Related Posts

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yagenewe igihembo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ku bw’uruhare rwe mu miyoborere ishyira imbere ubuvugizi...

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, haravugwa umusore ukekwaho kwica umubyeyi we (Nyina) amuhoye kuba yamubuzaga gutereta umugore...

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

11/07/2025
Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Gisagara: Umugabo ariyemerera kwica mugenzi we bapfa umukobwa ukora mu kabari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.