Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Umugore yibye telefone ayihisha mu ikariso bayihamagaye isoneramo bamuha urw’amenyo

radiotv10by radiotv10
28/09/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Umugore yibye telefone ayihisha mu ikariso bayihamagaye isoneramo bamuha urw’amenyo

Ifoto ni iyifashishijwe ntaho ihuriye n'ibivugwa mu nkuru

Share on FacebookShare on Twitter

Mu Mujyi wa Kigali, abantu bahaye urw’amenyo umugore wahakanaga ko yibye telefone, bamuhamagara igasonera mu mwenda w’imbere wo hasi (bakunze kwita ikariso).

Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri ubwo umugore wari mu nzira yigendera mu Mujyi wa Kigali akaza kunyura ku basabiriza ku Muhima ari na ubwo umwe mu bakora umwuga wo gusabiriza yamwibaga telefone ya Tecno.

Uyu mugore yibwe na mugenzi we nyuma yuko abagore babiri basabiriza babanje kumuyobya ubwo bamusabaga, akaza kwikomereza urugendo ariko ageze imbere abona isakoshi ye irafunguye.

Akimara kubibona, yahise asubira inyuma avuga ko yibwe ndetse abashinzwe umutekano bahita batangira kumufasha kuko yababwiraga ko ashobora kuba yibwe n’abo bagore.

Abo bagore basabiriza, bahise bafatwa ariko bombi bararahira baratsemba ko nta telefone bamwibye, ariko umwe muri bo akanga ko babasaka.

Umwe mu bari aha, avuga ko nyuma yo kwanga ko babasaka, bahise bahamagara iyo telefone, iza gusonera mu kenda k’imbere k’uwo wangaga ko babasaka.

Uyu muturage wari ahabereye izi mpaka, yagize ati “Bayihamagaye irasona ariko gacye ku buryo ntawari gupfa kumenya aho iri gusonera, ariko tumvise neza, twumva iri gusonera mu ikariso, twese abari aho dukubitwa n’inkuba, bamwe baranaseka.”

Uwibwe we akimara kubona telefone ye, yahise akomeza rugendo ndetse avuga ko nta kirego yajya gutangira uyu wari wamwibye kuko telefone ye yayibonye.

Uyu muturage wabibonye, akomeza avuga ko nubwo ku ruhande rumwe byari bibabaje kubona umubyeyi yiba mugenzi we, ariko nanone ntawahita amucira urubanza kuko aba yabitewe n’imibereho igoye iri aha hanze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 4 =

Previous Post

Umwe yavuze Akarere ka ‘Butare’: Rwatubyaye na E.Bayisenge mu mukino nkarishyabumenyi usekeje

Next Post

Amavubi agiye kuva muri Maroc atazi uko intsinzi isa yasangiye na Ambasaderi (AMAFOTO)

Related Posts

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi agiye kuva muri Maroc atazi uko intsinzi isa yasangiye na Ambasaderi (AMAFOTO)

Amavubi agiye kuva muri Maroc atazi uko intsinzi isa yasangiye na Ambasaderi (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.