Friday, October 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Hatahuwe ibisasu byari bitabye mu gace kigeze kubonekamo ibindi 50

radiotv10by radiotv10
29/09/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Hatahuwe ibisasu byari bitabye mu gace kigeze kubonekamo ibindi 50
Share on FacebookShare on Twitter

Ahari gukorwa umuhanda uva mu Murenge wa Rugerero ujya mu wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, habonetse ibisasu bitandatu mu gace kigeze kubonekamo ibindi bisasu 50.

Ibi bisasu byabonetse mu Mudugudu wa Gafuku mu Kagari ka Byahi mu Murenge wa Rubavu, ahari gukorwa uyu muhanda uva Rugerero werecyeza Byahi.

Muri uyu Mudugudu wa Gafuku kandi; muri 2018 hari habonetse ibindi bisasu birenga 50, byahasizwe n’ingabo zahoze ari izo ku wa Habyarima zakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Abatuye muri aka gace n’abazi amateka yaho, bavuga ko mu 1994 ubwo Jenoside Yakorewe Abatutsi yabaga, ingabo zatsinzwe, zari zifite ibirindiro muri aka gace.

Ubwo imashini ikora uyu muhanda, yari mu mirimo yayo kuri uyu wa Kane tariki 29 Nzeri 2022, yongeye kubona ibindi bisasu bitandatu.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, yavuze ko aha habonetse ibisasu, hahise hafungwa, hagashyirwa ibimenyetso kugira ngo hatagira abahagera bikaba byabagiraho ingaruka kugira ngo inzego z’umutekano zibanze zibihakure.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurerenge wa Rubavu, Blaise Harerimana yemeje ko habonetse ibisasu bitandanu.

Ati “Ariko hagaragaye n’ibindi bitaratabururwa bigaragara ko birenze kimwe.”

Uyu muyobozi yavuze ko inzego ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwahise bumenyesha inzego z’umutekano zikihutira kuhagera ubu zikaba ziri gushaka uburyo ibi bisasu byahakurwa.

Ibi bisasu byabonetse agari gukorwa umuhanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Mvukiyehe wayoboye Kiyovu ayizeza igikombe yayamanitse ati “Ndabona ntazagera ku ntego”

Next Post

BREAKING: Ndimbati agizwe umwere urukiko rutegetse ko afungurwa

Related Posts

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

by radiotv10
31/10/2025
1

Bamwe mu bo mu Mirenge ya Murama na Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko amazi aturuka mu muhanda w'amakamyo...

Mental Health first: Addressing anxiety and depression among Rwanda’s working youth

Mental Health first: Addressing anxiety and depression among Rwanda’s working youth

by radiotv10
31/10/2025
0

In recent years, Rwanda’s youth workforce has grown remarkably, fueled by a rising gig economy, digital entrepreneurship, and an expanding...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

by radiotv10
30/10/2025
0

Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare, yatangaje ko mu myaka 24 (kuva muri 2001), abahoze...

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

by radiotv10
30/10/2025
0

The Rwanda Demobilization and Reintegration Commission (RDRC) has announced that over the past 24 years (since 2001), more than 12,000...

IZIHERUKA

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo
FOOTBALL

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

by radiotv10
31/10/2025
0

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

31/10/2025
Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

31/10/2025
Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

31/10/2025
Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

31/10/2025
Mental Health first: Addressing anxiety and depression among Rwanda’s working youth

Mental Health first: Addressing anxiety and depression among Rwanda’s working youth

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Ndimbati agizwe umwere urukiko rutegetse ko afungurwa

BREAKING: Ndimbati agizwe umwere urukiko rutegetse ko afungurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.