Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi yagaragaje ababa abayobozi EAC ibaye Igihugu…Kagame na Museveni yavuze imyanya bagira

radiotv10by radiotv10
05/10/2022
in MU RWANDA
0
Muhoozi yagaragaje ababa abayobozi EAC ibaye Igihugu…Kagame na Museveni yavuze imyanya bagira
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko EAC iramutse ibaye Igihugu, Museveni yaba Perezida, Ruto akaba Visi Perezida, Paul Kagame akaba Minisitiri w’Ingabo akanaba Perezida wa EAC akurikiye Museveni.

Muhoozi Kainerugaba usanzwe azwiho kwisanzura mu gutanga ibitekerezo ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Ukwakira 2022, yavuze ko yabwiye umubyeyi we Perezida Museveni ko urubyiruko rwo muri Afurika y’Iburasirazuba bemeje ko uyu muryango wazaba Igihugu.

Ati “Kandi nta mbogamizi n’imwe igomba kudukoma mu nkokora kugera kuri iyo ntego.”

Yifashishije ikarita y’Ibihugu bya EAC, Muhoozi yakomeje avuga ko nyuma yuko uyu muryango waba umaze kuba Igihugu kimwe, “Perezida Museveni yazaba Perezida, Afande Ruto akaba Visi Perezida, umuvandimwe wanjye Uhuru akaba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga. Njye ndashaka kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Afurika y’Iburasirazuba.”

Yakomereje kuri Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, akunze kwita Se wabo, ati “Data wacu Paul nakwifuza ko aba Minisitiri w’Ingabo muri Guverinoma ya Afurika y’Iburasirazuba. Ndizera ko njye na we twabasha gushyira ku murongo Abanya-Afurika y’Iburasirazuba.”

Yahise yongera ashyiraho ubundi butumwa agira ati “Ariko nyuma ya Muzehe Museveni, uwamukurikira ku mwanya wa Perezida, birumvikana ni Afande Kagame.”

Ubu butumwa yabushyize kuri Twitter nyuma yuko ku wa Mbere tariki 03 Ukwakira ashyizeho ubundi bwateje sakwesakwe aho yavugaga ko yafata Kenya mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri.

Ni ubutumwa bwahagurukije Abanya-Kenya batari bacye, bavuga ko Muhoozi yarengereye ndetse ko igisirikare cya Uganda kidashobora gutsinda icya Kenya.

Nyuma yongeye gushyiraho ubundi butumwa agira ati “Sinteze kurwana n’Igisirikare cya Kenya kuko Data yambwiye ngo sinzigera na rimwe mbikinisha. Rero Abanya-Kenya nimutuze.”

Yakomeje avuga ko Uganda na Kenya ari abavandimwe ndetse ko n’imipaka bashyiriweho n’abakoloni idakwiye gutuma batiyumvanamo nk’abavandimwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 8 =

Previous Post

Hari n’abaturana mu nzu imwe- Hahishuwe gatanya z’abasirimu zitamenyekana

Next Post

Umuganga wa kane yishwe na Ebola muri Uganda

Related Posts

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’umuceri bahinga mu gishanga cya Rwasave, giherereye mu Karere ka Gisagara gihana imbibi n’aka Huye, baravuga ko...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuganga wa kane yishwe na Ebola muri Uganda

Umuganga wa kane yishwe na Ebola muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe imbuto nshya bayitezeho umusaruro utubutse none ngo irarutwa n’iya mbere

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.