Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Museveni yahishuye impamvu yazamuye Muhoozi akimara kwibasira Kenya

radiotv10by radiotv10
06/10/2022
in MU RWANDA
0
Museveni yahishuye impamvu yazamuye Muhoozi akimara kwibasira Kenya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yasabye imbabazi Abanyakenya ku bw’ubutumwa bwatangajwe na General Muhoozi Kainerugaba bwibasira Kenya, anavuga impamvu uyu muhungu we yahawe ipeti rya General kandi yari amaze gukora ayo makosa.

Muhoozi muri iki cyumweru yibasiye Kenya mu butumwa burimo ubuvuga ko Uhuru Kenyatta atari akwiye kuva ku butegetsi ndetse ko igisirikare cya Uganda cyafata Kenya mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri.

Ubutumwa bwa General Muhoozi, bwatambutse kuri Twitter ye ku wa Mbere w’iki cyumweru, bwazamuye impaka ndende, aho bamwe mu Banyakenya banenze uyu musirikare kwishongora no kwigerezaho.

Nyuma y’umunsi umwe atangaje ubu butumwa, ku wa Kabiri tariki 04 Ukwakira 2022, Muhoozi yahise akurwa ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, azamurwa mu mapeti ahita ahabwa ipeti rya General.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Ukwakira, Perezida Yoweri Kaguta Museveni yasabye imbabazi Abanyakenya n’abatuye mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bose.

Muri ubu butumwa, Perezida Museveni yatangiye yongera gushimira Perezida William Ruto watorewe kuyobora Kenya.

Museveni, yakomeje agira ati “Ndasaba imbabazi abavandimwe bacu b’Abanyakenya ku bwa tweet yoherejwe na General Muhoozi wahoze ari Umuhagaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka hano ku birebana n’amatora muri icyo Gihugu cyiza.”

Mu butumwa Museveni yanyujije ku rubuga rwe, yakomeje avuga ko bidakwiye kuba umuyobozi yaba uwo mu gisirikare cyangwa mu nzego za gisivile yakwivanga muri gahunda z’ikindi Gihugu cy’ikivandimwe, ngo azitangeho ibitekerezo atanyuze mu nzira zisanzwe zemewe.

Ati “Inzira zemewe zo kubigaragarizamo ni Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe cyangwa uwa Afurika y’Iburasira.”

Iyi nyandiko yanashyizweho umukono na Museveni, ikomeza isa nk’igaruka ku bibaza impamvu Muhoozi yaba yarazamuwe mu mapeti akagirwa General nyuma yo gutangaza biriya bitekerezo bidakwiye, iti “Nubwo bimeze gutyo, hari n’undi musanzu mwiza munini yatanze mu rwego rwa Leta kandi agikomeje gutanga.”

Museveni agakomeza agira ati “Dusabye imbabazi cyane, nshuti zacu z’Abanyakenya namwe Banya-Uganda bababajwe n’ibyo yatangaje.”

Museveni yasoje avuga ko abizi neza ko General Muhoozi ari umwe mu bafite umuhate mwinshi wo gukunda Afurika, ariko ko akwiye kubigaragariza mu nzira ziboneye.

Muhoozi nyuma y’ubutumwa bwe yari yashyize kuri Twitter, bugaruka kuri Kenya, yongeye gushyiraho ubundi, avuga ko yaganiriye n’umubyeyi we Museveni akamusaba kutibasira Kenya. Ati “Rero Abanyakenya nimuhumure.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Bwa mbere Gatabazi yavuze ku mashusho yagarutsweho cyane akururwa n’urinda Perezida

Next Post

Nyamasheke: Barashinja umuyobozi kubatoteza, we ati “harimo abameze nk’abarwaye mu mutwe”

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi
IBYAMAMARE

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Barashinja umuyobozi kubatoteza, we ati “harimo abameze nk’abarwaye mu mutwe”

Nyamasheke: Barashinja umuyobozi kubatoteza, we ati “harimo abameze nk’abarwaye mu mutwe”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.