Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hamenyekanye icyemezo cy’Urukiko mu rubanza rwarezwemo Nel Ngabo na Kina Music

radiotv10by radiotv10
18/10/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Hamenyekanye icyemezo cy’Urukiko mu rubanza rwarezwemo Nel Ngabo na Kina Music
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza rw’Ubujurire rwaregwagamo Kina Music Ltd iyoborwa na Ishimwe Clement ndetse n’umuhanzi Nel Ngabo ufashwa n’iyi kompanyi, Urukiko rwanzuye ko uwabareze yabashoye mu manza bitari ngombwa, rutegeka kubishyura ibihumbi 500 Frw kuri buri umwe.

Iki kirego gishingiye ku mashusho y’indirimbo ‘Sawa’ ya Rwangabo Byusa Nelson uzwi nka Nel Ngabo usanzwe afashwa na Kina Music, aho uwitwa Kwizera Elysee yareze iyi Kina Music na Nel Ngabo ko mu mashusho yayo bakoresheje ibihangano bye by’ibishushanyo.

Amashusho y’iyi ndirimbo yafatiwe muri Hotel izwi nka Eagle View Hotel, babanje gusaba uburenganzira ubuyobozi bw’iyi hotel, akaba yaragaragayemo ibyo bishushanyo by’uwitwa Kwizera Elysee.

Uyu Kwizera Elysee yareze aba bombi (Kina Music na Nel Ngabo) ko bakoresheje ibihangano bye mu nyungu zabo nyamara atabibahereye uburenganzira.

Urega waburanye yunganiwe na Me Ntigurirwa Francois, yavugaga ko biriya bishushanyo n’ibibumbano bye yabijyanye muri iriya hotel mu rwego rwo kubimurika ariko akaza kubona byagaragaye mu mashusho y’indirimbo atazi uko byahageze.

Yabanje kuregera Urukiko rw’Ubucuruzi, ariko ruza kwanzura ko uruhande rw’abaregwa nta kosa rwakoze, aza kujuririra mu Rukiko Rukuru w’Ubucuruzi, asaba kurenganurwa agahabwa indishyi ya miliyoni 30 Frw.

Uruhande rw’abaregwa rwari rwunganiwe na Me Uwera Zeno ndetse na Me Habakurama Francois Xavier, rwasobanuriye Urukiko ko bajya gufata ariya mashusho, basabye uburenganzira iriya hotel ndetse bakanayishyura.

Mu kuburana, Me Habakurama, yavuze ko ubuyobozi bw’iriya hotel butigeze bushyiraho imbago ngo bugire icyo bubuza Kina Music n’Umuhanzi, gufata mu mashusho yabo.

Uyu munyamategeko wasabaga Urukiko gutesha agaciro ikirego cy’urega, yavuze ko uwareze atigeze agaragaza icyabuzaga biriya bihangano bye gufatwa mu mashusho kandi ko nta n’icyagaragazaga ko atari ibya Hotel.

Icyemezo cy’Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi cyasomwe mu kwezi gushize, tariki 23 Nzeri 2022, rwanzuye ko ikirego cy’uregwa kidafite ishingiro, rutegeka ko hakomeza kubahirizwa icyemezo cyafashwe n’Urukiko rwakijije urubanza bwa mbere.

Urukiko rwategetse ko urega yishyura indishyi y’ibihumbi 500 Frw kuri buri umwe (Kina Music na Nel Ngabo) ku bwo kubashora mu manza bitari ngombwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 17 =

Previous Post

Uganda: Uturere tubiri twashyizwe muri ‘GumaMuKarere’, insengero n’ibitaramo byaho birafungwa

Next Post

Abasirikare babiri bakomeye muri FARDC barashinjwa guhunga umwanzi no guta imbunda

Related Posts

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare babiri bakomeye muri FARDC barashinjwa guhunga umwanzi no guta imbunda

Abasirikare babiri bakomeye muri FARDC barashinjwa guhunga umwanzi no guta imbunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.