Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare babiri bakomeye muri FARDC barashinjwa guhunga umwanzi no guta imbunda

radiotv10by radiotv10
17/10/2022
in MU RWANDA
0
Abasirikare babiri bakomeye muri FARDC barashinjwa guhunga umwanzi no guta imbunda
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare babiri bo mu Gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bafite ipeti ryo ku rwego rwo hejuru rya Colonel, barashinjwa ibyaha byo kugira uruhare mu ifatwa ry’umujyi wa Bunagana birimo guhunga imbere y’umwanzi no guta imbunda.

Aba basirikare bafite ipeti rya Colonel mu gisirikare cya Congo, ni Colonel Désiré Lobo et Jean-Marie Diadia bari abayobozi ba regime ya 3 412 ndetse n’iya 3 307 zariho zirwana na M23 mu rugamba rwahuzaga uyu mutwe na FARDC.

Aba ba-Colonel bashinjwa ibyaha bine; guhunga umwanzi, guta imbunda n’amasasu, kurenga ku mabwiriza ndetse no kwiba imitungo y’abaturage.

Ubwo umujyi wa Bunagana wafatwaga na M23 muri Kamena uyu mwaka, ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’abasirikare ba FARDC bakizwa n’amaguru bahungira muri Uganda ndetse bataye ibimodoka bikoreshwa mu rugamba bizwi nk’ibifaru.

Aba basirikare bahoze ari abayobozi b’Ibikorwa bya gisirikare ubwo Umujyi wa Bunagana wafatwaga na M23 muri Kamena uyu mwaka, aho bari mu ntambara yaberaga mu bice bya Tchengerero na Bunagana.

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bubashinja kugira uruhare mu ifatwa rya Bunagana, aho bataye imbunda n’amasasu ndetse na zimwe mu modoka za FARDC bikajya mu maboko ya M23.

Mu iburanisha ryabaye ku wa Gatatu w’icyumweru gishize, abanyamategeko bunganira aba basirikare, basabye ko barekurwa by’agateganyo ku bw’impamvu z’ubuzima bwabo ngo kuko bombi bafite indwara zikomeye nkuko byemejwe na raporo ya muganga.

Aba basirikare batawe muri yombi kuva muri Nyakanga uyu mwaka wa 2022, babanje gufungirwa muri Gereza ya Munzenze ubundi baza koherezwa mu ya Gisirikare kugira ngo bakomeze gucungirwa bya hafi.

Iburanisha ritaha, ryimuriwe ku wa Gatatu w’iki cyumweru tariki 19 Ukwakira 2022 aho iburanisha rizingira muri dosiye nyirizina.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Hamenyekanye icyemezo cy’Urukiko mu rubanza rwarezwemo Nel Ngabo na Kina Music

Next Post

Perezida Ndayishimiye yarakariye uwatsindiye kubaka inyubako ya Leta ahita amuterefona amuha nyirantarengwa

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Ndayishimiye yarakariye uwatsindiye kubaka inyubako ya Leta ahita amuterefona amuha nyirantarengwa

Perezida Ndayishimiye yarakariye uwatsindiye kubaka inyubako ya Leta ahita amuterefona amuha nyirantarengwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.