Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amagorofa batujwemo ntibumva uko inzu imwe bayitekeramo, bakayihereramo, bakanayogeramo

radiotv10by radiotv10
19/10/2022
in MU RWANDA
0
Amagorofa batujwemo ntibumva uko inzu imwe bayitekeramo, bakayihereramo, bakanayogeramo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage batujwe mu mudugudu w’inzu igeretse mu Murenge wa Rugabano mu Karere ka Karongi, bavuga ko imiterere y’izi nzu zabo, ikomeje kubatonda kuko iyo bayitekeramo imyotsi yuzura mu nzu, ndetse n’ubwiherero bwo mu nzu bukaba bwarabananiye.

Aba baturage bimuwe ahari hagiye gukorerwa ubuhinzi bw’icyayi muri uyu Murenge wa Rugabano, babwiye RADIOTV10 ko ikibahangayikishije kurusha ibindi muri izi nzu zabo, ari imyotso ikwiramo iyo hagize ucanye.

Umwe ati “Reba nk’aho ni mu gikoni urebe uko inzu imeze ni etaje ariko urebe salo ibangikanye n’igikoni, ni ugucana imyotsi yigira muri salo.”

Aba baturage bavuga ko bafite impungenge ko iyi myotsi izabatera indwara zifata imyanya y’ubuhumekero, bavuga ko abubatse iyi nzu ari bo babikoze nabi.

Undi yagize ati “Ibikoni babyubaka kuri salo, hanyuma twacana umwotsi ugakwira hose.”

Barateka imyotsi ikuzura mu nzu

Bavuga kandi ko n’ubwiherero bwo mu nzu bukomeje kubatonda kuko batari babumenyereye bityo ko no kubokorera isuku batazi aho biva n’aho bijya.

Undi yagize ati “Abakecuru bamwe ntibazi n’icyo ari cyo, nta karoso ko kuyogesha gahari, ubwo rero abenshi ntibanayijyamo. Nabayigiyemo haba hanuka nabi ku buryo ntawakongera kuyinjiramo.”

Undi yagize ati “Ubwo bwiherero burahari ariko igituma utajya kubwihereramo ni na ho hari ubwogero, umwe yaba ashaka koga undi akaba ashaka kwiherera, bagahurira aho hantu gute?”

Bavuga kandi ko ubwo bwiherero na bwo bwegereye uruganiriro ku buryo iyo hari ugiyemo, umwuka mubi usanga abari mu ruganiriro.

Iby’ubwiherero byo ngo byaranze

Banagaragaza kandi ko n’ibyumba by’izi nzu zabo ari bicye ku buryo bidahagije byumwihariko ku bafite umuryango mugari.

Undi muturage ati “Iyo bagira aho abana b’abakobwa bazarara n’ah’abahungu. None abana bazabyiruka ari ingimbi bararane mu buriri bumwe?”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Karongi ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Theophile Niragire yemereye RADIOTV10 ko habaye amakosa mu myubakire y’izi nyubako atuma umwotsi ukwira mu nzu mu gihe bacanye, gusa yagiriye inama aba baturage ku bagaya ubunini bw’inzu.

Ati “Tuvugishije ukuri inzu y’ibyumba bibiri na salo, icyumba kimwe abana b’abakobwa bakirayemo ikindi ababyeyi bakakiraramo, harya abana b’abahungu ntabwo bajya muri salo bagasasa bakaryama?”

Yakomeje agira ati “Ku bijyanye n’ibikoni, twemera koko habayemo agakosa ku bijyanye no kubaka biriya bikoni kuko hari uburyo imyotsi igaruka mu nzu kandi ntibikwiye, bikwiye kuba bikosoka.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 3 =

Previous Post

Abakozi ba Sosiyete y’Indege ya DRCongo bamaze amezi 19 badahembwa bakamejeje

Next Post

Moto asanzwe atwara yamuciriye inzira- Uko Miss Kalimpinya yisanze mu masiganwa y’imodoka

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Moto asanzwe atwara yamuciriye inzira- Uko Miss Kalimpinya yisanze mu masiganwa y’imodoka

Moto asanzwe atwara yamuciriye inzira- Uko Miss Kalimpinya yisanze mu masiganwa y’imodoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.